Ikipe ya APR FC yerekeje muri Tanzania

1 month ago
by

Ikipe ya APR FC yerekeje muri Tanzania gukina na Simba mu birori bya Simba Day bizaba tariki 03 Kanama 2024 muri iki Gihugu.Ni urugendo iyi kipe y’Ingabo z’Igihugu yafashe mu masaha y’Ijoro ryo kuri uyu 01 Kanama 2024 iyobowe na Chairman wayo Col Karasira Richard.

Uyu mukino uzaba ku munsi w’ibirori bya Simba ‘Simba Day’ uzaba kuri uyu wa Gatandatu tariki 03 Kanama kuri Benjamin Mkapa Stadium ku isaha ya Saa Kumi n’ebyiri z’Umugoroba, iyi Stade ikaba ijyamo abantu barenga ibumbi 60.

Mu mikino ya Caf Champions League, APR FC izahagararira u Rwanda, yatomboye ikipe ya Azam FC yo muri Tanzania mu ijonjora rya mbere.Mu rwego rwo kwitegura iyi mikino APR FC yamaze gusinyisha abakinnyi b’Abanyamahanga barimo babiri bo muri Nigeria aribo Chidiebere Johnson Nwobodo, na Odibo Godwin wakiniraga Sporting Lagos yo muri Nigeria.

APR FC kandi yaguze abakinnyi bo muri Ghana barimo Richmond Lamptey na Seidu Dauda Yassif Aliou Souane wo muri Senegal na Mamadou Sy wo muri Mauritian ndetse n’undi wo muri Mali.

Aba baje biyongera ku bandi bakinnyi bo mu Rwanda barimo Mugiraneza Froduard , Olivier Dushimimana , Tuyisenge Arsene na Byiringiro Gilbert naho Umunyezamu Ivan Ruhamyankiko azamurwa mu ikipe ya Mbere.

Leave a Reply

Your email address will not be published.


Previous Story

Dore urutonde rw’ibihugu 10 biza ku isonga mu kwanduza ikirere

Next Story

Rayon Sports bayikubise urushyi ku matama , APR FC ipfukamira Simba SC

Latest from Uncategorized

RIB yihanangirije Sam Karenzi na Regis

Murangira B Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yaburiye abanyamakuru babiri b’imikino Regis na Sam Karenzi agaragaza ko ibyo bavuga biganisha ku gukora icyaha.
Go toTop