“Umusore yanshukishije Fanta yayiroze nshiduka ndi kuburiri bwe aransambanya antera inda aranta” – VIDEO

1 month ago
by

Agahinda k’umukobwa wasindishijwe n’umusore wamubwiraga ko amukunda bikarangira amuteye inda akamuta.

Mu kiganiro UMUNSI.COM twagiranye na Myirabunani Julienne umukobwa wo mu Karere ka Nyabihu Umurenge wa Mukamira , Akagari ka Kamenyo , Umudugudu wa Rugeshi yavuze ko yababajwe cyane n’umusore wamubwiraga ko amukunda akaza kumuha fanta yashyizemo ibindi bintu bigatuma asinda agasambanywa.

https://youtu.be/FW0mTCfGvrQ?si=DLgOgCBL041c5-9M

Mu kiganiro nawe , yavuze ko uku kumutera inda afite imyaka 16 y’amavuko, byatumye agira ihungabana , ava no muri Korali yaririmbagamo acika no mu rusengero gutyo.

Mu magambo ye yagize ati:” Umusore yaranshutse , ampa fanta ntazi ko hari ibyo yashyizemo birangira ndi kuburiri bwe antera inda.Uwo musore yakoraga mukabare nanjye nkora akazi ko murugo”.

Yakomeje avuga ko kugeza ubu afite abana babiri yabyariye iwabo , akaba akora akazi ko gukubura k’umuhanda no kumesera abaturage basanzwe.

Julienne, yagiriye inama bagenzi be abasaba kujya bamenya kwifata no kwitondera abasore kuko ngo bagira imico mibi cyakora asaba abakobwa babyariye iwabo kwiyitaho bagashaka imirimo abandi bakaba bamugana.

REBA HANO IKIGANIRO TWAGIRANYE

https://youtu.be/FW0mTCfGvrQ?si=DLgOgCBL041c5-9M

Leave a Reply

Your email address will not be published.


Previous Story

Byinshi wamenya kumuramyi Noella wihebeye Aline Gahongayire – VIDEO

Next Story

Bruce Melodie yaciye amarenga yo kongera gukorana na Shaggy

Latest from Uncategorized

RIB yihanangirije Sam Karenzi na Regis

Murangira B Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yaburiye abanyamakuru babiri b’imikino Regis na Sam Karenzi agaragaza ko ibyo bavuga biganisha ku gukora icyaha.
Go toTop