“Amafaranga nakoreye Mu gikombe cy’isi nayashinzemo Ishuri” umukobwa w’umuhanga uvuye muri Qatar Aratangaje !

1 month ago
by

Ni umubare munini w’abakobwa n’abahungu buriye indege bagiye gutanga serivice mu gikombe cy’isi 2022 giherutse kubera Mu gihugu cya Qatar ,icyakora ni umubare mucye w’abamenye kubyaza umusaruro amafaranga bahakuye.

Muri aba basore n’inkumi bari muri Qatari baturutse imihanda yose mu bihugu binyuranye ,abenshi ubabajije icyo bahakuye usanga ari iPhone igezweho no gutembera igihugu cya Qatar cyane ko benshi bumvaga bazahaguma.

Phoibe Mukeshimana ni umukobwa ukiri muto uri mubakubutse muri Qatar witangiye ubuhamya bw’uko yageze yo n’icyo yavanyeyo bimwumvikanisha nk’umukobwa uzi ubwenge kandi utakereza kure.

 

Phoibe aganira n’itangazamakuru yavuze ko agira impano yo gutekereza kure akamenya ibizaba n’ubwo atabimenya ijana kw’ijana ariko bimufasha kwirinda ingaruka z’ahazaza.

Yagize ati; “Nagize amahirwe yo kuba mumubare w’abantu bacye batoranirijwe kujya muri Qatari kandi nyine byarangiye ngiyeyo ,gusa sinajyezeyo ngo numve ko nzahaba iteka natekereje ko byanze bikunze igihe kizagera tugataha.

Nahise ntekereza icyo nakora ngo umusaruro nzahavana uzangirire akamaro no mugihe kizaza niko gukora umushinga wo Gushinga ikigo cyigisha Imyuga ngo mfatanye n’igihu cyange kubaka ejo hazaza h’abanyarwanda”.

Phoibe avuga ko uko yabonaga udufaranga yaguraga ibikoresho bucye bucye ibintu byamufashije kuba afite ikigo cyirimo ibikoresho binyuranye.

Iri shuri ryigisha imyuga igezweho nka Audio Production ,Video production, Kudoda , gucuranga, kuririmba n’ibindi.

Abakobwa batwaye inda zitateganyijwe na bo yabatekerejeho kuko ubu biga kubuntu ngo kuko biba bigoye kubona amafaranga y’ishuri.

Iri shuri ryitwa VISATA riri kabeza. Uyu mukobwa ntagushidikanya imitekerereze ye iramutse Iri mubakobwa bose bo mu Rwanda abasore babona abagore bazima ,umuryango nyarwanda ugatera imbere byihuse.

 

UWANDITSI /Shalomi Rwanda

Leave a Reply

Your email address will not be published.


Previous Story

Umugabo ufite abana 102 n’abagore 12 yavuze impamvu agiye guhagarika gukomeza kubyara abana benshi

Next Story

“Ese abakobwa banini twe nti turi abantu?” ! Dede akomeje kababazwa n’abatoranya abakinnyi bajya muri Filime zo mu Rwanda bafata abakobwa babyibushye nk’abadafite impano ahubwo bakabakinisha ari abagore buri gihe

Latest from Uncategorized

RIB yihanangirije Sam Karenzi na Regis

Murangira B Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yaburiye abanyamakuru babiri b’imikino Regis na Sam Karenzi agaragaza ko ibyo bavuga biganisha ku gukora icyaha.
Go toTop