Congo yahagaritse kugurisha hanze amabuye y’agaciro ya Cobalt

1 month ago
by

Abashinzwe kugenzura isoko n’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Congo (ARECOMS), bafashe umwanzuro wo guhagarika kugurisha amabuye y’agaciro ya Cobalt mu gihe cy’amezi ane kubera ko isoko risa n’iryangiritse.

Munama bakoze kuri uyu wa Gatandatu, ARECOMS, bahamije ko ku isoko ryo hanze ahagurishirizwa amabuye yo mu bwoko bwa Cobalt, yabaye menshi bityo bigatuma batekereza kuba bahagaritse kuyagurisha.

Bagize ati:”Bigendanye no kuringaniza isoko rya Cobalt biradusaba kuba dufashe ingamba zo guhagarika ubucuruzi bwayo hanze kugira ngo duhangane n’ubwinshi bwayo”.

Ubu butumwa babugeneye abacukura amabuye y’agaciro ya Cobalt bose mu Gihugu , haba inganda nini , into n’abikorera ku giti cyabo.

Bavuze ko bihaye igihe cy’atatu bitewe n’uko isoko rihagaze aho ngo bashobora kongera igihe cyangwa bakakigabanya.

Leave a Reply

Your email address will not be published.


Previous Story

Grand P yasubije abatunga urutoki umukunzi we

Next Story

Soraya Hakuziyaremye yagizwe Guverineri wa Banki Nkuru y’u Rwanda

Latest from Uncategorized

RIB yihanangirije Sam Karenzi na Regis

Murangira B Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yaburiye abanyamakuru babiri b’imikino Regis na Sam Karenzi agaragaza ko ibyo bavuga biganisha ku gukora icyaha.
Go toTop