Diamond Platnumz agiye kwiyongeza Aslay

1 month ago
by

Diamond Platnumz ari mu biganiro byanyuma n’umuhanzi Aslay kugira ngo amusinyishe muri WCB Wasafi asangemo ; Zuchu , Mbosso na D Voice ukiri ku ibere.

 

Umuyobozi mukuru wa Wasafi Mkubwa Fella wahoze afashe Aslya mu bya muzika nk’umujyanama we  ubwo yari muri Yamoto Band yahishuye ko WCB ifite gahunda yo gusinyisha uyu muhanzi wamamaye mu ndirimbo zitandukanye zirimo ‘Naenda kusema’ imaze imyaka 9.

 

Fella yafashije Aslay nabagenzi bari bahuriye mu itsinda Yamoto Band, mu kiganiro yagiriye kuri Wasafi FM, uyu mugabo yasobanuye ko hari gahunda yo gufasha Aslay agasinya muri Lebal ikomeye muri Afurika y’Iburasirazuba.

 

Uyu mugabo yagize ati:”Ubwo Mbosso yagendaga akava muri Yamoto Bandi akajya muri WCB Wasafi narinsa n’ubonye umugisha wanjye wose, na cyane ko Diamond yabaye icyamamare mbere akaba arinawe umwakira.

 

Ubu rero ndimo kuvugana na Naseeb [Diamond Platnum], Imana n’ibyemera nawe azajyayo kuko , ASlay ni umwana ufite impano ikomeye”.

Aya magambo y’uwareze akanakuza Aslay muri Yamoto Band akaza kuyivamo, aje nyuma y’aho uyu muhanzi anyomoreje amagambo yavugaga ko yinjiye muri WCB.

 

Ubwo yagaraniraga na Clouds FM, mu kiganiro kiyoborwa na Millard Ayo, Aslay yavuze ko atigeze ajya muri WCB ya Diamond Platnumz ahubwo yemeza ko azajya muri Rockstar yo muri Afurika y’Epfo.Yagize ati:

 

”Diamond Platnumz ni umuhanzi mukuru , afite byose igihe abishakiye ariko kunsunikira muri Wasafi byo oya.Ubu mfite gahunda y’ibintu byanjye nshaka gukora kandi namaze kubitegura”.

 

Leave a Reply

Your email address will not be published.


Previous Story

Harmonize ari mu myiteguro yo kurera umwana we wenyine

Next Story

The Ben yashyize hanze amashusho y’indirimbo Ni Forever – VIDEO

Latest from Uncategorized

RIB yihanangirije Sam Karenzi na Regis

Murangira B Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yaburiye abanyamakuru babiri b’imikino Regis na Sam Karenzi agaragaza ko ibyo bavuga biganisha ku gukora icyaha.
Go toTop