Itsinda rya Saut Sol bagiye gukora ibitaramo by’anyuma mbere yuko batandukana

1 month ago
by

Itsinda ry’abaririmbyi Saut Sol bo muri Kenya batangaje ko bagiye gukora ibitaramo by’anyuma nk’itsinda mbere y’uko batandukana.

 

Mu buryo butunguranye nyuma y’imyaka igera kuri 18, itsinda ry’abaririmbyi Saut Sol bo muri Kenya batangaje ko bagiye gutandukana buri wese akigira muri gahunda ze ariko umubano ukaba uzagumaho.

 

Kuri uyu 20, Gicurasi 2023, nibwo aba basore bagize itsinda rya Saut Sol bashishimuye inyandiko ndende bashyira ku rukuta rwabo rwa Instagram batangaza ko bagiye gutandukana.

 

Iri tsinda Saut Sol rigizwe n’abasore bane:

Biene-Aimé Baraza, Willis Chimano, Savara Mudigi, na Polycarp Otieno. Kuva muri 2005 bakora nk’itsinda.

 

Aba bamenyekanye mu ndirimbo nka Suzana yakozwe n’umutunganya majwi w’Umunyarwanda uzwi nka Bob Pro, Sura Yako, Unconditional love, nizindi nyinshi. Bakaba bemeje ko Kandi bagiye gukora Album ya 6 ikaba arinayo yanyuma azakora nk’itsinda.

 

Tugarutse gato ku nyandiko banyujije kuri Instagram, bakaba bavuze ko bafite ibitaramo by’anyuma mu bihugu byo mu burayi, USA ndetse na Canada.

 

Bakaba batangaje ko ibyo bitaramo bagiye gukora bizasorezwa I Nairobi muri Kenya kuri 16 Ukuboza 2023, buri gitaramo kizaba ari umwimerere w’abahungu banyu mwakunze.

 

Umwanditsi: Byukuri Dominique

Source: Instagram Saut Sol

Leave a Reply

Your email address will not be published.


Previous Story

Umukecuru w’imyaka 77 y’amavuko yarambiwe kuba wenyine ahitamo kwisezeranya wenyine murusengero ntamugabo uhari bitangaza benshi

Next Story

“Mama umbyara atahana abagabo yasinze mu ijoro bakaryamana ndeba “ ! Umukobwa yatanze ubuhamya buteye agahinda

Latest from Uncategorized

RIB yihanangirije Sam Karenzi na Regis

Murangira B Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yaburiye abanyamakuru babiri b’imikino Regis na Sam Karenzi agaragaza ko ibyo bavuga biganisha ku gukora icyaha.
Go toTop