Nyiramana wamamaye muri Seburikoko yashyinguwe mu marira n’agahinda kenshi ku nshuti ze n’umuryango – AMAFOTO

1 month ago
by

Nyuma y’inkuru y’inshamugongo y’uko Nyiramana wamamaye muri Seburikoko yapfuye, byabaye agahinda gakomeye ndetse benshi mubakunzi ba Cinema Nyarwanda bemeza ko asize icyuho muri uyu mwuga bigendanye nuko yari amaze kumenyana.

 

 

Nk’uko bagaragajwe kuri gahunda yo kumuherekeza uyu munsi niho habaye umuhango nyirizina wo kumushyingura , abantu kwifata birabananira.Ni umuhango witabiriwe na Papa Sava , Clapton Kibongi n’abandi batandukanye.Abitabiriye uyu muhango babanje kurusengero Umusozi w’Ibyiringiro nyuma berekeza ku irimbi aho baruhukirije umurambo wa Nyakwigendera.

 

Uyu muhango wo kururutsa umubiri wa Nyakwigendera Nyakubyara Chantal  wayobowe n’umukuru w’Itorero Umusozi w’Ibyiringiro wabanje isengesho nyuma akurikiza ijambo ry’Imana, yibutsa abitabiriye umuhango ko Imana izahanagura amarira yose kumaso yabo ndetse ko urupfu rutazabaho ukundi.Yakomeje avuga ko ibyambere bishira umuntu akiri muzima agikora gusa yamara gupfa akaba agiye gutegereza impanda.

 

 

Nyuma y’icyigisho cy’uyu mukuru w’Itorero Umusozi w’Ibyiringiro , hakurikiyeho umuhango wo kururutsa umubiri wa Nyakwigendera , umuhango waranzwe n’amarira ndets n’agahinda gakomeye ubwo baririmbaga indirimbo zo mu gitabo kuba kiriristo, by’umwihariko bibanda kundirimbo zigaragaza ibyiringiro Abizera bagira byo kuzongera kubona ababo mu gihe cy’umuzoko.

 

 

Nyuma y’uyu muhango, umukuru ‘Itorero Umusozi w’Ibyiringiro’ yongye gusengera abari aho bose, hakurikiraho gusabira umugisha abantu bose bifatanyije n’umuryango ndetse n’inshuti za Nyakwigendera wamamaye nka Nyiramana ubundi hakurikiraho umuhango wo gushyira indabo kumva ye , umuhango wabanjirijwe n’abana asize ndetse na nyina umubyara , abavandimwe be , abo mu muryango wo kwa se umubyara nabo bashyizeho ururabo,ndetse hakurikiraho inshuti n’abo bakinanaga muri filime zitandukanye.

Imana imwakire mubayo

Leave a Reply

Your email address will not be published.


Previous Story

“Ndashaka kumwitaho” ! Selena Gomez yagaragaje ko agiye gusazwa n’umunya Nigeria Rema basubiranyemo indirimbo ‘Calm Down’

Next Story

Zari Hassani w’abana 5 yaguze amenyo mashya yishyirishaho na Dimples kumatama ye arangije yishongora kubanzi be

Latest from Uncategorized

RIB yihanangirije Sam Karenzi na Regis

Murangira B Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yaburiye abanyamakuru babiri b’imikino Regis na Sam Karenzi agaragaza ko ibyo bavuga biganisha ku gukora icyaha.
Go toTop