RDF yihanganishije umuryango n’inshuti z’Umusirikare wa RDF warasiwe muri Centrafrique

1 month ago
by

Nyuma y’urupfu rw’Umusirikare w’u Rwanda wari mu butumwa bw’Amahoro bwa Loni muri Centrafrique mu gitero cyagabwe n’abitwaje intwaro, ubuyobozi bw’ingabo z’u Rwanda bwatangaje ko bwababajwe cyane n’iyi nkuru y’inca mugongo.

Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 10 Nyakanga 2023 nibwo Umusirikare w’u Rwanda yarasiwe mu gitero cyagabwe n’abitwaje intwaro ubwo yari kuburinzi we nabagenzi be bari kuburinzi mu butumwa bw’Amahoro hafi y’agace ka Sam- Ouandja mu Ntara ya Haute- Kotto yo mu Majyaruguru ashyira ashyira uburasirazuba bwa Centrafrique.

Itangazo ry’ubuyobozi bw’Ingabo z’u Rwanda ryasohotse mu gitondo cyo kuri uyu wa Kabiri tariki 11 Nyakanga 2023 rivuga ko “RDF ibabajwe cyane n’urupfu rw’Umusirikare w’u Rwanda wari butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye muri Repubulika ya Centrafrique (MINUSCA).

Iri tangazo rikomeza rigira riti:” RDF yamaganye iki gitero kandi irihanganisha ingabo byimazeyo inshuti n’Umuryango wa nyakwigendera”.

RDF ivuga ko abasirikare bayo bari mu butumwa bw’Amahoro bazakomeza kurindira umutekano abasivile mu butumwa bwa MINUSCA ndetse n’ahandi hose ingabo z’u Rwanda zifite abasirikare bari mu butumwa bw’Amahoro.

Src: UMURYANGO.COM

Leave a Reply

Your email address will not be published.


Previous Story

“Namushatse kuberako yari afite amafaranga mukunda nyuma arakena” ! Munyana Solange yavuze ku bukene bwabituye hejuru akimara kubana n’umugabo wari umukire

Next Story

“Iyo anciye inyuma duhita dutana” ! Zari ugiye kurongorwa ubugira 4 yavuze impamvu ahinduranya abagabo

Latest from Uncategorized

RIB yihanangirije Sam Karenzi na Regis

Murangira B Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yaburiye abanyamakuru babiri b’imikino Regis na Sam Karenzi agaragaza ko ibyo bavuga biganisha ku gukora icyaha.
Go toTop