RUBAVU: Chris Eazy na Ish Kevin bagiye guhurira mu gitaramo

1 month ago
by

Abahanzi barimo Chris Eazy na Ish Kevin bagiye guhurira mu gitaramo kizabera mu Karere ka Rubavu.Ni igitaramo cyiswe Toxic Xperience gifite intero ya ‘Visit Rubavu’.Iki gitaramo cyateguwe na Dj Toxxyk usanzwe mu ruganda rw’imyidagaduro by’umwihariko mu bitaramo bitandukanye.

Biteganyijwe ko iki gitaramo cya Dj Toxxyk wamamaye mu Rwanda no hanze ndetse agacuranga mu gitaramo cya Kendrick Lamar i Kigali, kizaba tariki 29 Kamena 2024 ku nkengero z’Ikiyaga cya Kivu.Iki gitaramo azagifatanyamo na Dj Marnaud umaze kubaka izina mu mwuga wo kuvanga umuziki, Dj Pyfo, The Drammer n’abandi.

Uretse aba ba Dj kandi hategerejwe Chris Eazy na mugenzi we Ish Kevin wamamaye mu njyana ya Trapp.Abategura iki gitaramo kigiye kuba bwa mbere , bavuga ko andi makuru ajyanye nacyo bazayatangaza mu gihe kidatinze.

Leave a Reply

Your email address will not be published.


Previous Story

The Ben yavuze ku ndirimbo afitanye na Israel Mbonyi na Diamond Platnumz

Next Story

Kenya: Pasiteri yasabye abakirisitu be kugendera kure urubuga rwa Tiktok

Latest from Uncategorized

RIB yihanangirije Sam Karenzi na Regis

Murangira B Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yaburiye abanyamakuru babiri b’imikino Regis na Sam Karenzi agaragaza ko ibyo bavuga biganisha ku gukora icyaha.
Go toTop