Rutsiro: Udushya twabaye mu muhango wo kwizihiza #Umuganura 

1 month ago
by

Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr Ildephonse Musafiri wari uhagarariye Umukuru w’Igihugu mu birori byo kwizihiza Umuganura ku rwego rw’Igihugu mu Karere ka Rutsiro, yaganuje abaturage b’aka Karere hazirikanwa abagizweho ingaruka n’ibiza.

Dr Musafiri yagabiye inka, atanga imbuto zo gutera ku miryango imwe n’imwe yagizweho ingaruka n’ibiza byibasiye aka Karere muri Gicurasi.

Hanahembwe kandi imiryango, imirenge n’utugari n’abandi bitwaye neza mu mihigo mu rwego rwo kwishimira ibyagezweho.

Naho mu Karere ka Nyagatare,mu Murenge wa Rwimiyaga mu Kagali ka Gacundezi, niho hizihirijwe umunsi mukuru w’Umuganura ku rwego rw’Akarere.

Ni umunsi wizihijwe hishimirwa ko kuri hegitari 77, 258 z’ubuso bwahinzweho ibihingwa byatoranijwe birimo Soya, Ibigori, Imyumbati, Umuceri n’ibishyimbo hasaruwe umusaruro ungana na toni 229,148.

Leave a Reply

Your email address will not be published.


Previous Story

kore iki? : Umugabo wanjye yamfatiye mu buriri ndikumwe n’umukozi wacu yigira nk’utatubonye

Next Story

Hamenyekanye igishobora gutuma umusozi umwe wo mu Rwanda uhora waka umuriro w’amayobera

Latest from Uncategorized

RIB yihanangirije Sam Karenzi na Regis

Murangira B Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yaburiye abanyamakuru babiri b’imikino Regis na Sam Karenzi agaragaza ko ibyo bavuga biganisha ku gukora icyaha.
Go toTop