Tshisekedi yavuze uburyo Jose Kabila ari we wihishe inyuma y’imbaraga za M23

1 month ago
by

Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo Felix Tshisekedi Tshilombo yongeye gushinja Joseph Kabila yasimbuye ku Butegetsi kuba inyuma y’imbaraga M23 ifite kugeza ubu.

Ubwo yagarukaga ku cyo yita ubugambanyi bwa Joseph Kabila, Felix Tshisekedi Tshilombo yagize ati:”Umuntu ushyigikiye abo duhanganye akabikora rwihishwa afatanyije n’u Rwanda ni Joseph Kabila. Ntabwo ajya abyemera cyangwa ngo yemere kwirengera ingaruko z’ibikorwa bye”.

Perezida Felix Tshisekedi yatangaje ibi , nyuma y’aho M23 ikomeje kugaragariza imbaraga ikigarurira Umujyi wa Bukavu Umujyi w’Intara y’Amajyepfo n’ikibuga cy’indege cya Kavumu bivugwa ko Ingabo za Leta zahunze mbere y’uko M23 ihagera.

Si ubwa mbere Perezida Felix Tshisekedi avuga ko Kabila yasimbuye ari we uri inyuma ya M23 kuko mu mwaka washize yigeze kuvuga ko KABILA ari inyuma ya AFC ubu ibarizwamo M23.

Muri ibyo byose bivugwa Joseph Kabila ntabwo yigeze asubiza kuko yavuye mu Gihugu avuze ko agiye mu Bushakashatsi buzamufasha kurangiza amashuri ye.

Felix Tshisekedi yasabye kandi ko u Rwanda rwahanwa n’Amahanga. Ati:”Ibi ntabwo tuzarebera biba, tuzafata inshingano”.

Leave a Reply

Your email address will not be published.


Previous Story

Hamisa Mobetto yatangaje ubukwe n’umukunzi we mushya

Next Story

DRC: Abihaye Imana bavuga ko Tshisekedi ari we wabatumye guhura n’abarimo Perezida Paul Kagame

Latest from Uncategorized

RIB yihanangirije Sam Karenzi na Regis

Murangira B Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yaburiye abanyamakuru babiri b’imikino Regis na Sam Karenzi agaragaza ko ibyo bavuga biganisha ku gukora icyaha.
Go toTop