Ukoresheje igi ushobora kwita ku ruhu rufite amavuta menshi

1 month ago
by

Uruhu rw’amavuta rukunze kugorana kuko rugira uduheri twinshi, ndetse niyo umuntu yisize amavuta usanga ayaga cyane, yakisiga poudre akamera nk’utayisize nyuma y’igihe gito. Kugirango rero ibyo bibazo byose bishire ushobora gukoresha igi ku buryo bukurikira.

Fata amagi 5 y’amanyarwanda ukuremo umuhondo wayo uwukoroge
Wushyire ku isahani irambuye

Bishyire ku zuba buri munsi kugeza byumwe neza, irinde kuba washyiramo umweru w’amagi mu gihe uri gukoraga kuko byazajya kuma byaranutse kuko umuhondo gusa utajya unuka nabi.

Bimaze kuma neza fata ayo magi mu ntoki uyavungure ukoresheje ibinganza kugeza abaye agafu korohereye nka poudre

Iyo fu y’amagi uzajya uyisiga buri munsi mbere yo gukaraba
Yisige usa nkuri gukuba cyane ukoresheje eponge cyangwa se agatambaro.
Bimarane iminota 15 ubone kubikaraba

Jya ubikora buri munsi kugeza aho uboneye ko uruhu rwawe rwumutse neza amavuta aturuka ku binure atakirimo.

Umwanditsi:BONHEUR Yves

Leave a Reply

Your email address will not be published.


Previous Story

Uganda yohereje abakomando bo kurinda Perezida wa Sudan y’Epfo

Next Story

Ukoresheje indimu ushobora kwivura ibyuya byo mu kwaha

Latest from Uncategorized

RIB yihanangirije Sam Karenzi na Regis

Murangira B Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yaburiye abanyamakuru babiri b’imikino Regis na Sam Karenzi agaragaza ko ibyo bavuga biganisha ku gukora icyaha.
Go toTop