Umusore yabenze umukobwa bari bakundanye umwaka amuziza ko yanze kumumesera imyenda

1 month ago
by

Umusore wo muri Nigeria yasezereye umukunzi we bari bamaranye umwaka wose amuhoye ko yanze kumumesera imyenda ye yo kwambara.Ibi uyu musore yabikoze mbere y’uko bombi bakora ubukwe.

Ni mu butumwa bwanyujijwe kuri X aho uyu musore yagaragaje iyi mpamvu nk’icyamurakaje kigatuma afata umwanzuro kuko ngo umukunzi we yari amaze igihe amuhakaniye ko atakora ikosa ryo kumumesera imyenda.

Ngo uyu mukobwa yavuze ko atigeze abona nyina amesera se imyenda ngo yavuka bityo ngo bikaba bigoye ko yafata umwanya akamesera umukunzi we kandi nyamara ngo batari banakora ubukwe ndetse ngo uyu mukobwa nawe yafashe umwanzuro nk’uwo wa nyina arahira ko atazigera amesera umugabo we.

Benshi bavuze ko uyu mugabo atari akwiriye guhita yihutira gufata uwo mwanzuro ahubwo ko yari akwiriye ngo kubanza kwitonda na cyane ko ngo batari barashaka acyakora abandi bakemeza ko uwo mukobwa yagize umubyeyi mubi utaramuhaye urugero rwiza.

Leave a Reply

Your email address will not be published.


Previous Story

Ni iki gituma uzana amabara y’umukara ku myanya y’ibanga yawe! Dore icyo inzobere zibivugaho

Next Story

MU MAFOTO; Rayon sports yihanangirije Vision FC

Latest from Uncategorized

RIB yihanangirije Sam Karenzi na Regis

Murangira B Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yaburiye abanyamakuru babiri b’imikino Regis na Sam Karenzi agaragaza ko ibyo bavuga biganisha ku gukora icyaha.
Go toTop