Umutoza w’Amavubi yanenze abatoza bo mu Rwanda

1 month ago
by

Umutoza w’Ikipe y’Ighugu Amavubi Torsten Frank Spittler , yanenze abatoza b’Abanyawanda badaha abakinnyi b’Abanyarwanda iby’ibanze.Kuri uyu wa Kane tariki 25 Mutarama 2024 ku Cyicaro cy’Umupira w’amaguru mu Rwanda FERWAFA, habereye ikiganiro cyahuje abanyamakuru b’imikino ,n’abatoza b’Amavubi barimo na Torsten Frank na Jimmy Mulisa wungirije.

 

Mu byagarutsweho harimo uko ikipe y’Igihugu Amavubi imaze iminsi yitwara mu mikino Mpuzamahanga iheruka gukina.Frank utoza Amavubi, yagarutse ku bibazo bimaze iminsi bigarukwaho mu itangazamakuru birimo uko abakinnyi bahamagarwa no kubatarahamagawe ku mikino ibiri iheruka ya Zimbabwe na Afurika y’Epfo.

 

Agaruka ku bushobozi bw’abakinnyi b’Abanyarwanda, yavuze ko hari bimwe by’ibanze badafite ariko ko atabarenganya kuko abenshi baciye mu maboko y’abatoza batabashije kubafasha uko bikwiye.Yagize ati:”Sinagaya abakinnyi kuba badafite cyangwa batazi iby’ibanze ahubwo nagaya abatoza babatoje mbere”.Kuva yafata inshingano zo gutoza Amavubi, Frank afite amanota 4 yakuye kuri Afurika y’Epfo yatsinze ibitego 2 : 0 i Huye na Zimbabwe banganyije 1:1.

Leave a Reply

Your email address will not be published.


Previous Story

Perezida Kagame yagize icyo avuga ku marozi ari mu mupira

Next Story

Diamond Platinumz yanyishyuye million 17 kugira ngo ankoreho mu ndirimbo ye ! Zuwena

Latest from Uncategorized

RIB yihanangirije Sam Karenzi na Regis

Murangira B Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yaburiye abanyamakuru babiri b’imikino Regis na Sam Karenzi agaragaza ko ibyo bavuga biganisha ku gukora icyaha.
Go toTop