Yari yambaye nk’umusitari ! Ese amafoto agaragaza papa Fransisko yambaye ikoti ryera rya puffer ni impimbano?

1 month ago
by

Umukuru wa kiliziya gaturika ku isi yagaragaye yambaye imyambaro y’abastari , bamwe bavuga ko yatandukiriye.Bamwe mubagerageje kubona aya mashusho n’amafoto bavuze ko yakorewe dit bizwi nka Photoshop.

Ku mbugankoranyambaga hakomeje gukwirakwizwa amafoto ya papa Francisco yambaye nk’abasitari(stars),aka ya mvugo “bamwe barabyemeza abandi bakabihakana” ko yabyambaye bigakekwa ko yaba ari editing yakozwe.

Wabonye iyo foto ya Papa Fransisko yambaye ikote rinini ryera? Yagiye ahagaragara kurubuga rusange nka Twitter n’izindi mbuga zitandukanye mu minsi yashize. Ariko ni impimbano rwose.Ishusho yakozwe hifashishijwe Midjourney, igikoresho cy’ubwenge n’ubukorikori gishobora kubyara amashusho y’impimbano atangaje. Ishusho yahise isangirwa ku mbugankoranyambaga zirimo na Twitter mu mpera z’icyumweru cyo kuwa 26 aho abantu benshi basaga nk’aho batekereza ko ari ukuri.

Vuba aha, Midjourney yakoreshejwe mu gukora amashusho yerekana amafoto y’uwahoze ari perezida Donald Trump apfukamye kugira ngo asenge. Urebye neza, amashusho yose asa nk’aho ashobora kuba amafoto ya nyayo. Ariko bose ni mudasobwa yabikoze.

Ishusho ya Papa y’impimbano yashutse abantu benshi, barimo Ian Miles Cheong n’abandi benshi bashyize ibitekerezo munsi y’iyo foto bamutaka banamuvugaho ibintu bitandukanye bigaragara ko babona ari ifoto y’ukuri. Uyu Ian yagize ati:”Papa yubahwe”.Ariko kandi icyatumye benshi bumva ko ari Papa ni uko uwashyizeho amafoto yashyizemo n’ayanyayo bityo bikamworohera kujijisha ariko iriya myambaro imugaragaza yambaye nk’abatsaperi (drips) ni impimbano rwose.

Leave a Reply

Your email address will not be published.


Previous Story

“Namuterese Imyaka 3 yaranyanze anyemereye Tubana hashize imyaka 13” Ubuhamya bwa Masamba washatse umugore abantu batangarira.

Next Story

Umunya-Ghana Ahoufe wamamaye kuri Tik Tok nka Tupac yapfuye

Latest from Uncategorized

RIB yihanangirije Sam Karenzi na Regis

Murangira B Thierry, Umuvugizi w’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, yaburiye abanyamakuru babiri b’imikino Regis na Sam Karenzi agaragaza ko ibyo bavuga biganisha ku gukora icyaha.
Go toTop