Bishop Harerimana yahamijwe ubuhemu no kugurisha ikintu cy’undi
Imyidagaduro

Bishop Harerimana yahamijwe ubuhemu no kugurisha ikintu cy’undi

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 230 byayeho5 min gusoma
Bishop Harerimana yahamijwe ubuhemu no kugurisha ikintu cy’undi
Sanga:

Urukiko rw’Ibanze rwa Gasabo rwahamije Bishop Harerimana Jean Bosco wayoboraga Itorero Zeraphat Holy Church ibyaha by’ubuhemu no kugurisha ikintu cy’undi cyangwa kugitangaho ingwate, rumuhanisha igifungo cy’imyaka ine isubitswe mu gihe cy’imyaka ibiri n’ihazabu ya miliyoni 1 Frw.

Bishop Harerimana kandi yategetswe kwishyura Monique Nyiratuza Rudacogora indishyi za miliyoni 2,5 Frw ndetse na miliyoni 24 Frw z’agaciro k’imodoka ye yagurishije.

Ubushinjacyaha bwagaragaje ko Nyiratuza Monique yahaye Bishop Harerimana ibibanza bibiri biri mu Karere ka Rubavu n’ikibanza kimwe kiri mu Karere ka Gasabo i Gasogi. Nyiratuza yaje gusanga uwo mutungo waranditswe ku Itorero rya Zeraphat Holy Church, bityo ntiyongera kuwugiraho uburenganzira.

Yanamusigiye imodoka yo mu bwoko bwa Fortuna, ariko ngo yaje kuyigurisha atabizi, aguramo indi modoka yo mu bwoko bwa Vigo.

Ubushinjacyaha bwamureze ibyaha by’ubuhemu no kugurisha ikintu cy’undi cyangwa kugitangaho ingwate, busaba Urukiko kubimuhamya no kumuhanisha ibihano bitandukanye birimo igifungo n’ihazabu. Bwanasabye ko habaho guteranya ibihano bitewe n’impurirane mbonezamugambi, agahanishwa igifungo cy’imyaka itanu n’ihazabu ya miliyoni 1,5 Frw.

Ku ruhande rwa Nyiratuza Monique Rudacogora, yisunze Ubushinjacyaha asaba indishyi zisaga miliyoni 400 Frw, ashingiye ku mutungo we uvugwaho kunyerezwa.

Urukiko rwemeje ko Bishop Harerimana ahamwa n’icyaha cy’ubuhemu ku bibanza bibiri byo mu Karere ka Rubavu, ariko ko atagihamwa ku kibanza kiri i Kigali. Rwanamuhamije icyaha cyo kugurisha ikintu cy’undi cyangwa kugitangaho ingwate.

Rwahise rumuhanisha igifungo cy’imyaka ine isubitswe mu gihe cy’imyaka ibiri n’ihazabu ya miliyoni 1 Frw. Nanone rwemeje ko Nyiratuza agomba guhabwa indishyi zingana na miliyoni 2,5 Frw, ndetse agasubizwa agaciro k’imodoka ye ya Fortuna kangana na miliyoni 24 Frw.

Ku mitungo iherereye mu Karere ka Rubavu, nta cyemezo cyafashweho kuko yanditswe ku Itorero rya Zeraphat Holy Church.

Bishop Harerimana Jean Bosco afite n’urundi rubanza mu Rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro, akurikiranyweho ibyaha bitatu birimo kwihesha ikintu cy’undi hakoreshejwe uburiganya, gukangisha gusebanya no gukwirakwiza amafoto y’imikoreshereze y’ibitsina. Uru rubanza arureganwamo n’umugore we, aho Ubushinjacyaha bwamusabiye igifungo cy’imyaka irindwi, naho umugore we agasabirwa igifungo cy’imyaka itatu.

Icyemezo kuri uru rubanza kizatangazwa ku wa 14 Gicurasi 2026.

bishop_harerimana_bosco_ni_umwe_mu_banyabitangaza_bahagurukanye_imbaraga_zo_gukora_ibikomeye-41a45-3e6c8.jpg

whatsapp_image_2024-10-24_at_10.40_46_1_-e89c7-2-00b3c.jpg

Inkuru zerekeye