Umunsi.com
Taylor Swift yasohoje inzozi zo mu bwana bwe, yandikira indirimbo filime ya ‘Toy Story 5’
Imyidagaduro

Taylor Swift yasohoje inzozi zo mu bwana bwe, yandikira indirimbo filime ya ‘Toy Story 5’

Editor User2026 Kamena 24 min gusoma
Taylor Swift yasohoje inzozi zo mu bwana bwe, yandikira indirimbo filime ya ‘Toy Story 5’

Umuhanzikazi Taylor Swift yatangaje ko yandikiye indirimbo y'umwimerere filime itegerejwe na benshi, Toy Story 5, izasohoka muri uku kwezi kwa Kamena.

Iyi ndirimbo yise “I Knew It, I Knew You” izajya ku rutonde rw'indirimbo zigize amajwi (soundtrack) y'iyi filime ya gatanu mu ruhererekane rwa Toy Story, ikaba iteganyijwe gusohokana na filime ku wa 19 Kamena 2026.

Mu butumwa yashyize ku rubuga rwa Instagram, Swift yagaragaje ibyishimo byo kuba yagize uruhare muri iyi filime yakuranye akunda.

Yagize ati: “Nahoraga nifuza cyane kuzabona amahiwe yo kwandika kuri aba bantu nakundaga cyane nkiri muto, kuva nkiri umwana w’imyaka 5 ndeba filime ya mbere ya TOY STORY.”

Yakomeje avuga ko nyuma yo kubona imwe mu myiteguro ya mbere y'iyi filime, yahise aterwa ishyaka ryo kuyandikira indirimbo.

Ati: “Nagize amahirwe yo kureba Toy Story 5 ikiri mu ntangiriro z'itunganywa ryayo, kandi nahise nyikunda cyane. Maze ngeze mu rugo nyuma yo kuyireba, nahise nandika iyi ndirimbo.”

Yongeyeho ati: “Hari igihe umuntu ahita abimenya ako kanya, si byo?"

Abasesenguzi mu muziki wa sinema bavuga ko iyi ndirimbo ishobora guha Taylor Swift amahirwe yo kubona bwa mbere nomination mu bihembo bya Academy Awards (Oscars) mu cyiciro cy'indirimbo nziza y'umwimerere yakorewe filime.

Mu myaka yashize, umuhanga mu muziki Randy Newman yagiye atoranyirizwa Oscars kubera indirimbo zose z'ingenzi yakoreye filime za Toy Story, harimo n'iyo yegukanye igihembo mu 2011.

Itangazwa ry'iyi ndirimbo rije nyuma y'iminsi mike abafana ba Taylor Swift bibaza niba koko azagaragara muri Toy Story 5. Ibyo byashimangiwe n'ibarura ry'iminsi (countdown) ryashyizwe ku rubuga rwe, ryari rifite amashusho n'ibimenyetso byerekeza kuri iyi filime.

Pixar nayo yari imaze iminsi itanga ibimenyetso byerekana ko Swift ashobora kuba afitanye isano n'uyu mushinga, harimo ibyapa byamamaza byagaragaye mu bice bitandukanye by'isi ndetse n'amashusho agaragaza umukinnyi Jessie abyina iruhande rwabyo.

Muri imwe mu nyandiko za Pixar, handitseho amagambo agira ati: "Arimo guhanga ayo mayeri uko agenda akora!, ashingiye ku ndirimbo ya Swift yamenyekanye cyane, Shake It Off.

Filime Toy Story 5 izongera kugaragaramo abakinnyi b'inararibonye nka Tom Hanks na Tim Allen, bazakomeza gukina amajwi ya Woody na Buzz Lightyear.

Inkuru yayo izibanda ku rugamba rw'ibi bikinisho bishaje bishaka kongera kwigarurira umwanya wo gukinwaho n'abana, mu gihe bihanganye n'ikoranabuhanga rishya ririmo tablet yitwa Lilypad.

Si ubwa mbere Taylor Swift akora ku mushinga wa sinema y'abana. Mu 2012 yatanze ijwi muri filime The Lorax, anagira uruhare mu ndirimbo zitandukanye zakoreshejwe muri filime zikomeye mu myaka yashize.

Ibi bibaye mu gihe album ye iheruka, The Life of a Showgirl, yakomeje gukora amateka ku rutonde rwa Billboard 200, aho yamaze ibyumweru 12 iyoboye izindi album zose muri Amerika

Umwanditsi: Eddy Uwayo

Inkuru zerekeye

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Amakuru mashya ku rupfu rwa Hayden Panettiere wasanganwe ibinini bisubiza ubuzima
Cinema

‎Amakuru mashya ku rupfu rwa Hayden Panettiere wasanganwe ibinini bisubiza ubuzima

‎Nyuma y'urupfu rwa Hayden Panettiere mu nzu yabagamo hasanzwemo ibinini bisubiza ubuzima uwabaswe n'ibiyobyabwenge watakaje ubwenge ndetse n'ibimenyetso bya muganga bigaragaza ko ntahungabana yari afite.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Yaherukaga gutsindwa ! Samu Zuby yongeye kugerageza amahirwe yo kuba Umudepite
Imyidagaduro

‎Yaherukaga gutsindwa ! Samu Zuby yongeye kugerageza amahirwe yo kuba Umudepite

Nyuma yo kudahirwa mu matora y’abagize Inteko Ishinga Amategeko aheruka, Muco Samson, wamenyekanye nka Samu Zuby, yongeye guhatanira kuba Umudepite

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Rubavu: Kuki abahanzi batagifite ihangana ryiza kandi hari ibihembo bategurirwa ! Irengero ry’arenga 60,000,000 Rwf bagenerwa ajyanwa nande ?
Imyidagaduro

Rubavu: Kuki abahanzi batagifite ihangana ryiza kandi hari ibihembo bategurirwa ! Irengero ry’arenga 60,000,000 Rwf bagenerwa ajyanwa nande ?

Umuziki wo mu Karere ka Rubavu wahoze uri imbere ugereranyije n’utundi Turere ndetse ntawe ushidikanya ku mpano z’abahanzi bafite inkomoko muri ako Karere iyo bageze ku rwego rw’Igihugu no hanze yaryo.Ese ko ibihembo byaburaga byatangiye gutangwa rimwe mu mwaka kwinuba no kudakora cyane nk’abazashimirwa ku bahanzi biturukahe ?

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 5 yashize
Arashaka gutwara Grammy Awards ! Byinshi kuri Producer Ivee wabengutse Element akifuza ko bakorana indirimbo
Imyidagaduro

Arashaka gutwara Grammy Awards ! Byinshi kuri Producer Ivee wabengutse Element akifuza ko bakorana indirimbo

Umuhanzi ubihuza no gutunganya umuziki Ivee yashyize hanze indirimbo nshya yise ‘Corazon’ ifite amashusho ari ku rwego Mpuzamahanga yatunganijwe numwe mu bagezweho witwa Biko anateguza kwimurira i Kigali Studio ye ya PG Record ibarizwa i Nairobi akayizana i Kigali. Ni indirimbo yakoze afashijwe na Yee Fanta na Biko.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 6 yashize
‎Cristiano Ronaldo yakoze ubukwe n'umukunzi we bamaranye imyaka itari mike
Imyidagaduro

‎Cristiano Ronaldo yakoze ubukwe n'umukunzi we bamaranye imyaka itari mike

Cristiano Ronaldo ubu ni umugabo wubatse mu buryo bwemewe n'amategeko nyuma yo gushyira hanze ayo makuru ubwe anyuze ku mbuga nkoranyambaga ze zitandukanye.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 11

Inkuru zishyashya

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Perezida wa Amerika Donald Trump yakangishije Oman kuyirasa akayigira umuyonga
Hanze

‎Perezida wa Amerika Donald Trump yakangishije Oman kuyirasa akayigira umuyonga

Umukuru wa Amerika Perezida Donald Trump, yongeye gutangaza ko ashobora kugaba ibitero kuri Oman mu gihe yaba “ibangamiye” gahunda ze zo guhagarika intambara Amerika na Israel barwana na Iran.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize