"Buri wese yanze izina nahaye umwana wange bavuga ko ari irya"Sekibi" ! Agahinda k'umugore wamaganiwe kure nyuma yo kwita izina umwana we
INKURU NYAMUKURU

"Buri wese yanze izina nahaye umwana wange bavuga ko ari irya"Sekibi" ! Agahinda k'umugore wamaganiwe kure nyuma yo kwita izina umwana we

KWIZERA Jean de Dieu2026 Gicurasi 123 min gusoma
"Buri wese yanze izina nahaye umwana wange bavuga ko ari irya"Sekibi" ! Agahinda k'umugore wamaganiwe kure nyuma yo kwita izina umwana we

"Buri wese yanze izina nahaye umwana wanjye bavuga ko ari irya"Sekibi" ! Agahinda k'umugore wamaganiwe kure nyuma yo kwita izina umwana we

Nk'uko utwite wese abyara ni ko byagendekeye uwabyaye umwana izina amuhaye rikamaganwa cyane n'abarimo umugabo we avuga ko bamubwiraga ko ari irya Sekibi.

Avuga ko we n'umugabo we batekereje izina baha umwana wabo kuburyo bwiza kandi batekereza ko rizamukuza neza , dore ko ngo bizera ko kwita umwana izina ari ukumuha umurage ukomeye mu buzima bwe akiri umwana ndetse amaze no gukora.

Mwabyemera, mwabyanga burya izina rigira uruhare runini mu buzima bwa muntu kuko ari naryo riturukaho uko benshi bazagufata umwana gukura. Iyi niyo mpamvu benshi mu babyeyi bibatwara igihe kinini bahitiramo abana babo amazina meza ndetse bakabaha amazina afite ikindi yerekezaho mu kubaraga ibyiza.

Nk'uko tubikesha ikinyamakuru The Mirror , uwo mugore avuga ko yahisemo izina 'Damian' ariko akamaganwa cyane.

Yagize ati:"Ku nshuro ya mbere naratwise , nsanga ni umuhungu. Akivuka twahisemo ku mwita Damian , ariko uwo mwanya bose baratwamagana. Ntabwo ngiye kurihindura kuko njye n'umugabo wanjye twese turarikunda ariko sinzi impamvu abantu bose bataryemeye".

Bamwe mu bagize icyo bavuga kuri nkuru bagaragaje ko impamvu yabyo ari uko hari Filime ikinamo umugabo w'umugome witwa Damiah  witwa "The Omen Film Series" ndetse ngo uwo mugabo akaba ari umwana wa Sekibi  ari n'umuhakanyi (Anti-Christ). 

Undi yagize ati:"Iri zina kuri njye nzahora ndigereranya n'uwo mugabo wo muri iyo Filime niyo mpamvu ntarikunda".

Undi ati:"100/100 wagirango ni The Omen Movies. Numvise Damian uwo mwanya mpita ntekereza iyo Filime kandi sindanayireba. Ariko ni izina ryiza bitari ibyo umwana na we ubwe azatuma izina rye riba ryiza ku bwe".

Benshi bahamya ko amazina y’umuntu ntaho yagahuriye n’ayiswe undi muntu ngo na cyane ko buri wese agira umwihariko.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan  ‎
Imyidagaduro

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan ‎

‎Zari Hassan yatangije ikiganiro mpaka ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye nyuma yo kwemeza ko umugore aba agomba guca inyuma uwo bashakanye igihe cyose uwo mugabo adatanga ibikenewe byose mu rugo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 3 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize
‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza  ‎
Imyidagaduro

‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza ‎

Kendall Jenner wamamaye mu myidagaduro yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , akaba yarakanyujijeho na A$AP Rocky umaze kubyarana Gatatu na Rihanna , yatangaje ko kuba batarabanye byaturutse ku kuba Rocky atarifuzaga ko baganira ku byerekeye ahazaza hano.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa
Imyidagaduro

‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa

Umuziki wa Afurika y'Iburasirazuba wari umaze igihe uvugwa kubera umwana w'umukobwa Zuchu na Diamond Platnumz baherutse kwibaruka dore ko ari na bamwe basanzwe bazi kurema inkuru zitwikira ibikorwa byabo muri muzika. Inkuru y'umwana banjirijwe n'amagambo yo kwihakana umugabo byanyirarureshwa kuri Zuchu warimo kuribwa n'inda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Basabye abantu kugabanya amatiku ! Itsinda The Same ryahuje imbaraga na Keyg Lemonde bakorana indirimbo bise 'Weekend'
Imyidagaduro

‎Basabye abantu kugabanya amatiku ! Itsinda The Same ryahuje imbaraga na Keyg Lemonde bakorana indirimbo bise 'Weekend'

Itsinda rya The Same na  Keyg Lemonade uri mu bari kuzamuka neza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo  bashyize hanze amashusho y'indirimbo nshya bise 'Weekend'. Ni indirimbo irimo ubutumwa busaba abantu kugabanya amatiku bakihugiraho ariko banaruhuka.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
‎Diamond Platnumz yahaye Zuchu impano yagera kuri 43,908,450 RWF mu birori byo kwishimira umwana
Imyidagaduro

‎Diamond Platnumz yahaye Zuchu impano yagera kuri 43,908,450 RWF mu birori byo kwishimira umwana

Umuhanzi Diamond Platnumz, Simba, yahaye Zuchu wa mubyariye umwana,agera kuri 43,908,450 RWF nk'igihembo cy'ishimwe ubwo bari mu birori byo kwizihiza umwana wari utari wavuka. Ni ibirori byabaye ku wa 31 Nyakanga 2026.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 6 yashize