
Umutwe wa AFC/M23 uyobora ibice binini muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyizeho ingamba nshya zigamije kurinda icyorezo cya Ebola cyugarije icyo Gihugu.
Muri izo ngamba nshya zigiye gufatwa na afc/m23 , ingendo
z’imodoka za Taxi, zavaga mu Mugi wa Goma zerekeza Kirumba zizahagarara guhera
ku wa Gatandatu tariki 22 Kanama 2026.
Ingendo zo mu mazi na zo zimwe na zimwe zizafunga mu rwego
rwo kwirinda ko habaho kwanduzanya byumwihariko kubashobora kuva mu bice birimo
icyo cyorezo bajya mu Mugi wa Goma n’ahandi hatari hagaragara icyo cyorezo
cyane.
AFC/M23 ivuga ko ibyo bikorwa bizahagaragara mu gihe
kingana n’ukwezi gusa ngo hakazabaho gufunga imihanda ariko imodoka zimwe na ziwe
zikajya zemererwa gukora nk’uko ikinyamakuru Pg Peoples gazette kibitangaza.
Umutwe wa M23 , wafashe izo ngamba nyuma y’aho abantu
babiri basanzwe icyo cyorezo mu Mugi wa Lubero aho M23 isanzwe iyobora.
Kugeza ubu umutwe wa M23 uyobora ibice binini muri
Kivu y’Amajyepfo n’Amajyaruguru kuva yafata Umugi wa Bukavu na Goma muri 2025. Kugeza
ubu AFC/M23 bashyizeho ingamba zikomeye zo kwirinda icyorezo cya Ebola ku ruhande
rwabo batishingikirije kuri Kinshasa.
Kuba Ebola ikomeje gukwirakwira mu Gihugu hose,
AFC/M23 ibifata nk’ikimenyetso cy’uko uubuyobozi bwa Kinshasa budashyira
imbaraga mu kugikumira nk’uko ikinyamakuru Africans kibitangaza dore ko amakuru
aherutse gushyirwa hanze na Leta , yemeza ko abagera ku 5,000 barenga bamaze
kucyandura muri DR-Congo.
Abahanga bavuga ko mu gihe abantu baba bakomeje gukora
ingendo ziberekeza mu Burasirazuba bwa Congo byakongera ibyago byo kwandura
icyo cyorezo dore ko kimaze kugera mu Ntara zigeze kuri 6.
Umuryango w’Abibumbye ushinzwe Uburenganzira bwa muntu
wakomeje gutanga ubufasha muri icyo Gihugu kugira ngo harengerwe ubuzima bw’abandura.












