Umunyabigwi wa AC Milan n'u Butaliyani, Franco Baresi, yitabye Imana ku myaka 66
Imikino

Umunyabigwi wa AC Milan n'u Butaliyani, Franco Baresi, yitabye Imana ku myaka 66

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 313 min gusoma
Umunyabigwi wa AC Milan n'u Butaliyani, Franco Baresi, yitabye Imana ku myaka 66

Umunyabigwi mu mupira w'amaguru w'u Butaliyani, Franco Baresi, wubatse amateka akomeye muri AC Milan no mu Ikipe y'Igihugu y'u Butaliyani, yitabye Imana ku myaka 66 nyuma y'igihe kirekire arwaye indwara y'ibihaha.

Urupfu rwe rwatangajwe kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 31 Nyakanga 2026, n'ikipe ya AC Milan, yamusobanuye nk'umwe mu bantu bagize uruhare rukomeye mu mateka yayo ndetse wanagaragaje ubudahemuka budasanzwe.

Mu itangazo yashyize ahagaragara, AC Milan yagize iti: "Umuryango wa AC Milan wose uri mu gahinda nyuma y'urupfu rwa Franco Baresi. Urugero rwe rwiza, ubudahemuka n'ibyo yakoreye iyi kipe bizahora mu mitima yacu, nk'uko yabikoze yambaye umwambaro wa nimero gatandatu."

Franco Baresi yakiniye AC Milan imyaka 20 yose y'ubuzima bwe bw'umupira, aba umwe mu bakinnyi bakomeye iyi kipe yagize. Yanabaye kapiteni wayo mu gihe cy'imyaka 15, ayifasha kwegukana ibikombe bitandatu bya Shampiyona y'u Butaliyani (Serie A) n'ibikombe bitatu by'i Burayi.

Yanabaye umwe mu nkingi z'Ikipe y'Igihugu y'u Butaliyani hagati ya 1980 na 1990, aho yubatse izina nk'umwe mu ba myugariro beza babayeho mu mateka ya ruhago.

Mu 2025, ubwo yari Visi Perezida w'Icyubahiro wa AC Milan, yabazwe imiyoboro ijyana umwuka mu bihaha, nyuma atangira gukurikiranwa n'abaganga bavura kanseri.

Muri Gashyantare 2026 yari yongeye kugaragara mu ruhame ubwo yatambagizaga Urumuri rw'Imikino Olempike yo mu Itumba ya Milan Cortina, ari kumwe na mugenzi we bakinanye, Giuseppe Bergomi.

Nyuma yo gusezera gukina umupira mu 1997, AC Milan yafashe icyemezo cyo kubika burundu nimero 6 yambaraga, mu rwego rwo kumuha icyubahiro no kuzirikana uruhare rwe rukomeye mu mateka y'iyi kipe.

Urupfu rwa Franco Baresi rusize icyuho gikomeye mu muryango wa AC Milan, mu mupira w'amaguru w'u Butaliyani no ku bakunzi ba ruhago ku isi yose.

Inkuru zerekeye

Iradukunda Pascal yabonye ikipe nshya muri Arabie Saoudite
Imikino

Iradukunda Pascal yabonye ikipe nshya muri Arabie Saoudite

Iradukunda Pascal ukina mu kibuga hagati ariko washeshe amasezerano yari afitanye na Rayon Sports, yabonye ikipe nshya ya Nova Star SC ikina muri Shampiyona y’Icyiciro cya Kabiri muri Arabie Saoudite.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 5 yashize
Nelly Mukazayire Minisitiri wa Siporo yeretse urubyiruko ko igihugu kirukeneye ari ruzima
Imikino

Nelly Mukazayire Minisitiri wa Siporo yeretse urubyiruko ko igihugu kirukeneye ari ruzima

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yatangaje ko Leta y’u Rwanda yatangije ubukangurambaga bwo kurwanya ibisindisha ndetse n’ibiyobyabwenge kubera ko byibasira urubyiruko kandi ari rwo igihugu gitezeho amaboko yo kucyubaka.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Achraf Hakimi na Sadio Mané bayoboye Abanyafurika muri Ballon d’Or 2026
Imikino

Achraf Hakimi na Sadio Mané bayoboye Abanyafurika muri Ballon d’Or 2026

Abakinnyi b’Abanyafurika umunya Morocco Achraf Hakimi n'umunya Senegal Sadio Mané bari mu bakinnyi 30 bahatanira Ballon d’Or 2026, mu gihe Afurika ifite abandi bakinnyi bahataniye ibihembo bitandukanye mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 70 kuva ibi bihembo byatangira gutangwa.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 4 yashize
Umukobwa w’imyaka 22 yagizwe umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo
Imikino

Umukobwa w’imyaka 22 yagizwe umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo

Ikipe yo muri Turikiya, Turgutluspor, yakoze amateka yo guha akazi Zeynep Mestan nk’umutoza mushya w’ikipe yayo nkuru y’abagabo.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 4 yashize
Ibyaranze umunsi wa mbere wa Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027
Imikino

Ibyaranze umunsi wa mbere wa Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027

Bk Pro League 2026-2027 yatangiye ku wa gatandatu tariki 5 Nzeri 2026. Aho amakipe amwe yatunguwe andi nayo aratungurana.

ADAM Yannickiminsi 5 yashize
Igikombe cy’Afurika2027: Ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igiye guhura na Guinea Equatorial
Imikino

Igikombe cy’Afurika2027: Ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igiye guhura na Guinea Equatorial

Ikipe ya DR Congo igiye kongera gushaka itike y’imikino y’igkombe cya Afurika 2027 nyuma yo kuva mu gikombe cy’Isi cya 2026 cyabereye muri Mexico, Canada na Amerika. Iyi kipe igiye gutangira ihura na Guinea Equatorial nk’uko byatangajwe na CAF.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 8

Inkuru zishyashya

Ishimwe Vestine yasabye gatanya (divorce) n’umugabo we
Imyidagaduro

Ishimwe Vestine yasabye gatanya (divorce) n’umugabo we

Umuhanzikazi w’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Ishimwe Vestine ubarizwa mu itsinda rya Vestine na Dorcas, yasabye Urukiko kumuha gatanya ya burundu n’umugabo we, Ouedraogo Idrissa, bari barasezeranye mu bukwe bwabaye ku wa 5 Nyakanga 2025.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 16 yashize
Inzu Trump yakuriyemo yagurishijwe
Hanze

Inzu Trump yakuriyemo yagurishijwe

Inzu Donald Trump yabayemo akiri umwana, iherereye mu gace ka Jamaica Estates muri Queens, mu Mujyi wa New York, yagurishijwe miliyoni 1,93 z’Amadolari ku wa 11 Nzeri 2026.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 19 yashize
Ikipe ya Manchester United yatsinzwe na Manchester City y’abakinnyi 10
INKURU NYAMUKURU

Ikipe ya Manchester United yatsinzwe na Manchester City y’abakinnyi 10

Manchester United yatsinzwe na Manchester City y’abakinnyi 10 mu mukino wo ku munsi wa 4 wa Shampiyona y’u Bwongereza wakinwe kuri iki Cyumweru saa Kumi n'Imwe n’iminota 30 kuri Old Trafford.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Gicumbi: Umugabo akurikiranweho gusambanya umukobwa we w’imyaka 19 ku gahato
Inkuru ku Rwanda

Gicumbi: Umugabo akurikiranweho gusambanya umukobwa we w’imyaka 19 ku gahato

Umugabo w’imyaka 42 y’amavuko utuye mu Karere ka Gicumbi, Umurenge wa Nyamiyaga, Akagari ka Kabeza, yasabiwe n’Ubushinjacyaha gufungwa iminsi 30 y’agateganyo kubera icyaha cyo gukoresha umukobwa we imibonano mpuzabitsina ku gahato.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Rutsiro: Umusore afunzwe akekwaho gusambanya umwana amwizeza kumugira umugore
Inkuru ku Rwanda

Rutsiro: Umusore afunzwe akekwaho gusambanya umwana amwizeza kumugira umugore

Umusore w’imyaka 21 wo mu Karere ka Rutsiro afunzwe akekwaho gushukisha umwana w’imyaka 16 kumugira umugore akarara amusambanya ijoro ryose.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Weekend yageze  ! Tekereza El Classico Beach Chez West niba ushaka gusohoka ukishimira ibyo wagezeho !
Inkuru zamamaza

Weekend yageze ! Tekereza El Classico Beach Chez West niba ushaka gusohoka ukishimira ibyo wagezeho !

Urashaka gutembera n'umuryango wawe ? Urashaka gusohokana n'abawe ? Tekereza kuri El Classico Beach kuko ariho hafite ibyo wifuza byose. Hari amafunguro meza ayobowe n'Ifi, hari inkoko , ndetse hakaba n'ibyo kunywa bigezweho. Bagufitiye amacumbi meza kandi abari mu kwezi kwa buki bo bahabwa na Poromosiyo yo gutembera mu Kiyaga cya Kivu mu bwato ku buntu iyo barahamara kabiri.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize