
Abakinnyi b’Abanyafurika umunya Morocco Achraf Hakimi n'umunya Senegal Sadio Mané bari mu bakinnyi 30 bahatanira Ballon d’Or 2026, mu gihe Afurika ifite abandi bakinnyi bahataniye ibihembo bitandukanye mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 70 kuva ibi bihembo byatangira gutangwa.
Ni urutonde rw’abakinnyi bahataniye Ballon d’Or 2026 rwatangajwe n’ikinyamakuru France Football kuri uyu wa Kabiri, mbere y’umuhango wo gutanga ibi bihembo uteganyijwe i London mu Bwongereza ku wa 26 Ukwakira 2026.
Ku ruhande rw’abagabo, Achraf Hakimi wa Paris Saint-Germain ni we uyoboye Abanyafurika bari ku rutonde. Uyu myugariro ari ku rutonde ku nshuro ya kabiri yikurikiranya. Ni nyuma y'umwaka w’imikino udasanzwe, aho yafashije iyi kipe kwegukana UEFA Champions League ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.
Umunya Senegal Sadio Mané, ukina muri Saudi Arabia, na we ari ku rutonde rw’abakinnyi 30 bahatanira Ballon d’Or y’abagabo. Ni nyuma y'uko uyu mukinnyi ahesheje ikipe ye ya Al Nasser muri shampiyona Saudi Arabia Ndetse agafasha ikipe y'igihugu kwegukana igikombe cya Afurika
Naho mu cyiciro cy’abagore, muri Afurika umunya-Zambia Barbra Banda, ukinira Orlando Pride, ndetse n’Umunya-Malawi Temwa Chawinga wa Kansas City bari mu bashyizwe ku rutonde rw'abahatanira iki gihembo
Chawinga yagize uruhare rukomeye mu rugendo rwa Malawi rwagejeje iyi kipe ku mukino wa nyuma w'igikombe cya Afurika mu bagore Women's Africa Cup of Nations, ibintu byari bitunguranye kuko Malawi yari yitabiriye iri rushanwa ku nshuro ya mbere.
Si ibyo gusa kandi kuko Afurika ifite abakinnyi babiri bari guhatanira Kopa Trophy, igihembo gihabwa umukinnyi ukiri muto witwaye neza kurusha abandi. Umunya-Côte d'Ivoire Yan Diomandé, ufite imyaka 19, n’Umunya-Algeria Ibrahim Maza, ufite imyaka 20, ni bo bahagarariye Afurika.
Naho mu cyiciro cy’abazamu, Afurika ihagarariwe n’Umunya-Maroc Yassine Bounou wa Al-Hilal, Umunya-Senegal Édouard Mendy, na we ukina muri Saudi Arabia, ndetse n’Umunya-Cape Verde Vozinha.
Ikipe ya Paris Saint-Germain mu Bufaransa ni yo kipe yigaragaje cyane ku rutonde rw’abakinnyi bahatanira igihembo cya Ballon d’Or y’abagabo, kuko ifite abakinnyi umunani kuri uru rutonde barimo na Ousmane Dembélé, wegukanye Ballon d’Or iheruka ya 2025.
Iyi kipe ariko izahangana n'izindi zikomeye zurimo Bayern Munich ikinamo Kapiteni w’u Bwongereza Harry Kane, Real Madrid ya Kylian Mbappe na Barcelona ya Lamine Yamal nawe wegukanye shampiyona ya Espanye n'Igikombe cy'isi.
Ku ruhande rw’abagore, naho ihiganwa rirarimbanyije nyuma y'uko Aitana Bonmatí, wari umaze kwegukana Ballon d’Or eshatu ziheruka, atashyizwe ku rutonde nyuma y'igihe kinini ari hanze y’ikibuga kubera imvune. Gusa abarimo Alexia Putellas, wigeze gutwara iki gihembo inshuro ebyiri, Ewa Pajor na Melchie Dumornay bari mu bakomeje kugarukwaho nk’abafite amahirwe yo kugitwara.














