Umunsi.comstudent.umunsi.comwriter.umunsi.com
Achraf Hakimi na Sadio Mané bayoboye Abanyafurika muri Ballon d’Or 2026
Imikino

Achraf Hakimi na Sadio Mané bayoboye Abanyafurika muri Ballon d’Or 2026

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 104 min gusoma
Achraf Hakimi na Sadio Mané bayoboye Abanyafurika muri Ballon d’Or 2026

Abakinnyi b’Abanyafurika umunya Morocco Achraf Hakimi n'umunya Senegal Sadio Mané bari mu bakinnyi 30 bahatanira Ballon d’Or 2026, mu gihe Afurika ifite abandi bakinnyi bahataniye ibihembo bitandukanye mu kwizihiza isabukuru y’imyaka 70 kuva ibi bihembo byatangira gutangwa.

Ni urutonde rw’abakinnyi bahataniye Ballon d’Or 2026 rwatangajwe n’ikinyamakuru France Football kuri uyu wa Kabiri, mbere y’umuhango wo gutanga ibi bihembo uteganyijwe i London mu Bwongereza ku wa 26 Ukwakira 2026.

Ku ruhande rw’abagabo, Achraf Hakimi wa Paris Saint-Germain ni we uyoboye Abanyafurika bari ku rutonde. Uyu myugariro ari ku rutonde ku nshuro ya kabiri yikurikiranya. Ni nyuma y'umwaka w’imikino udasanzwe, aho yafashije iyi kipe kwegukana UEFA Champions League ku nshuro ya kabiri yikurikiranya.

Umunya Senegal Sadio Mané, ukina muri Saudi Arabia, na we ari ku rutonde rw’abakinnyi 30 bahatanira Ballon d’Or y’abagabo. Ni nyuma y'uko uyu mukinnyi ahesheje ikipe ye ya Al Nasser muri shampiyona Saudi Arabia Ndetse agafasha ikipe y'igihugu kwegukana igikombe cya Afurika

Naho mu cyiciro cy’abagore, muri Afurika umunya-Zambia Barbra Banda, ukinira Orlando Pride, ndetse n’Umunya-Malawi Temwa Chawinga wa Kansas City bari mu bashyizwe ku rutonde rw'abahatanira iki gihembo

Chawinga yagize uruhare rukomeye mu rugendo rwa Malawi rwagejeje iyi kipe ku mukino wa nyuma w'igikombe cya Afurika mu bagore Women's Africa Cup of Nations, ibintu byari bitunguranye kuko Malawi yari yitabiriye iri rushanwa ku nshuro ya mbere.

Si ibyo gusa kandi kuko Afurika ifite abakinnyi babiri bari guhatanira Kopa Trophy, igihembo gihabwa umukinnyi ukiri muto witwaye neza kurusha abandi. Umunya-Côte d'Ivoire Yan Diomandé, ufite imyaka 19, n’Umunya-Algeria Ibrahim Maza, ufite imyaka 20, ni bo bahagarariye Afurika.

Naho mu cyiciro cy’abazamu, Afurika ihagarariwe n’Umunya-Maroc Yassine Bounou wa Al-Hilal, Umunya-Senegal Édouard Mendy, na we ukina muri Saudi Arabia, ndetse n’Umunya-Cape Verde Vozinha.

Ikipe ya Paris Saint-Germain mu Bufaransa ni yo kipe yigaragaje cyane ku rutonde rw’abakinnyi bahatanira igihembo cya Ballon d’Or y’abagabo, kuko ifite abakinnyi umunani kuri uru rutonde barimo na Ousmane Dembélé, wegukanye Ballon d’Or iheruka ya 2025.

Hakimi
Hakimi

Iyi kipe ariko izahangana n'izindi zikomeye zurimo Bayern Munich ikinamo Kapiteni w’u Bwongereza Harry Kane, Real Madrid ya Kylian Mbappe na Barcelona ya Lamine Yamal nawe wegukanye shampiyona ya Espanye n'Igikombe cy'isi.

Ku ruhande rw’abagore, naho ihiganwa rirarimbanyije nyuma y'uko Aitana Bonmatí, wari umaze kwegukana Ballon d’Or eshatu ziheruka, atashyizwe ku rutonde nyuma y'igihe kinini ari hanze y’ikibuga kubera imvune. Gusa abarimo Alexia Putellas, wigeze gutwara iki gihembo inshuro ebyiri, Ewa Pajor na Melchie Dumornay bari mu bakomeje kugarukwaho nk’abafite amahirwe yo kugitwara.

Ibyifuzo by’abasomyi

Andika igitekerezo cyawe

0/2000

Igitekerezo cyawe kizemezwa n’abaditsi mbere y’uko cyagaragara. Ibyanditsse n’ababotsi cyangwa spam ntibyemewe.

Inkuru zerekeye

Umukobwa w’imyaka 22 yagizwe umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo
Imikino

Umukobwa w’imyaka 22 yagizwe umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo

Ikipe yo muri Turikiya, Turgutluspor, yakoze amateka yo guha akazi Zeynep Mestan nk’umutoza mushya w’ikipe yayo nkuru y’abagabo.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Ibyaranze umunsi wa mbere wa Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027
Imikino

Ibyaranze umunsi wa mbere wa Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027

Bk Pro League 2026-2027 yatangiye ku wa gatandatu tariki 5 Nzeri 2026. Aho amakipe amwe yatunguwe andi nayo aratungurana.

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Igikombe cy’Afurika2027: Ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igiye guhura na Guinea Equatorial
Imikino

Igikombe cy’Afurika2027: Ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igiye guhura na Guinea Equatorial

Ikipe ya DR Congo igiye kongera gushaka itike y’imikino y’igkombe cya Afurika 2027 nyuma yo kuva mu gikombe cy’Isi cya 2026 cyabereye muri Mexico, Canada na Amerika. Iyi kipe igiye gutangira ihura na Guinea Equatorial nk’uko byatangajwe na CAF.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027 iratangira Kur'uyu wa Gatandatu Tariki 5 Nzeri 2026
Akazi

Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027 iratangira Kur'uyu wa Gatandatu Tariki 5 Nzeri 2026

Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027 iratangira kuri uyu wa gatandatu tariki 5 Nzeri 2026. Muri iyi nkuru tugiye kubagezaho bimwe byahindutse muri uyu mwaka w'imikino.

ADAM Yannickiminsi 5 yashize
Kiyovu Sports Club yamuritse umwambaro mushya wayo izakoresha mu mwaka w'imikino 2026-2027 ndetse n' Umuterankunga Mukuru
Imikino

Kiyovu Sports Club yamuritse umwambaro mushya wayo izakoresha mu mwaka w'imikino 2026-2027 ndetse n' Umuterankunga Mukuru

Kiyovu Sports Club yamuritse umwenda wayo izakoresha mu mwaka w'imikino mushya wa 2026-2027 ndetse unariho Umuterankunga mushya wasimbuye Gorilla Coffee.

ADAM Yannick2026 Nzeri 4
Mu Rwanda hatangiye irushanwa rya CECAFA Schools Cup cyangwa CAF African Schools Football Championship CECAFA qualifiers.
Imikino

Mu Rwanda hatangiye irushanwa rya CECAFA Schools Cup cyangwa CAF African Schools Football Championship CECAFA qualifiers.

Uganda niyo imaze kwegukana iri rushanwa inshuro nyinshi kuva ryatangira mu mwaka wa 2022

ADAM Yannick2026 Nzeri 3

Inkuru zishyashya

NESA igiye gutangaza amanota y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye
INKURU NYAMUKURU

NESA igiye gutangaza amanota y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye

Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyatangaje ko amanota y’ibizamini bisoza amashuri yisumbuye mu mwaka w’amashuri wa 2025/2026 azatangazwa kuri uyu wa 11 Nzeri 2026, saa munani z’amanywa (2:00 PM).

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 4 yashize
AFC-M23 yatangaje umubare w’abapfiriye mu nkongi y’umuriro y’i Bukavu
Hanze

AFC-M23 yatangaje umubare w’abapfiriye mu nkongi y’umuriro y’i Bukavu

Ihuriro AFC-M23 ryatangaje ko abana n’abanyeshuri 24, barimo abakobwa 19 n’abahungu batanu, ari bo bapfiriye mu nkongi y’umuriro yibasiye amazu yo mu gace ka Tshimpunda ho muri Komini ya Kadutu, mu Mujyi wa Bukavu.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 4 yashize
Umuhanzi Sat B ari gukorana indirimbo na The Ben
Akazi

Umuhanzi Sat B ari gukorana indirimbo na The Ben

Umuhanzi w’Umunyarwanda The Ben ari gukorana indirimbo nshya n’umuhanzi w’Umurundi Sat B, umaze iminsi i Kigali.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 4 yashize
AMERIKA : Perezida Donald Trump yashinjwe ruswa nyuma yo kwemerera buri munyamerika arenga 7,000,000 RWF
Hanze

AMERIKA : Perezida Donald Trump yashinjwe ruswa nyuma yo kwemerera buri munyamerika arenga 7,000,000 RWF

Umukuru w'Igihugu cya Amerika Donald Trump, yasezeranyije ko buri muntu mukuru ufite ubwenegihugu bwa Amerika azahabwa amadolari 5,000, mu gihe Ishyaka ry’Abarepubulikani ritsinze amatora ya manda yo hagati rikagumana ubuyobozi mu Nteko Ishinga Amategeko.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 16 yashize
Bugesera: Umusaza w’imyaka 80 yafatiwe mu cyuho asambana n’umugore w’abandi
Inkuru ku Rwanda

Bugesera: Umusaza w’imyaka 80 yafatiwe mu cyuho asambana n’umugore w’abandi

Umusaza w’imyaka yafatiwe mu Mudugudu wa Kigusa, Akagari ka Musenyi mu Murenge wa Musenyi aryamanye n’umugore w’undi mugabo, umugore ahita ajyanwa kwa muganga.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 20 yashize
Umunyamakuru Taikun Ndahiro yahakanye ibyo kwiyahura, ashinja DJ Lenzo kumunywesha urumogi
Imyidagaduro

Umunyamakuru Taikun Ndahiro yahakanye ibyo kwiyahura, ashinja DJ Lenzo kumunywesha urumogi

Taikun Ndahiro uherutse gutabwa muri yombi akurikiranyweho ibyaha birimo icyo gukoresha ibiyobyabwenge no kwigomeka ku nzego z’umutekano, yatakambiye Urukiko arusaba kurekurwa akajyanwa muri ‘Rehab’ aho gufungwa iminsi 30 y’agateganyo nk’uko Ubushinjacyaha bwabimusabiye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 23 yashize