Umunsi.comstudent.umunsi.com
Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027 iratangira Kur'uyu wa Gatandatu Tariki 5 Nzeri 2026
Akazi

Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027 iratangira Kur'uyu wa Gatandatu Tariki 5 Nzeri 2026

ADAM Yannick2026 Nzeri 59 min gusoma
Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027 iratangira Kur'uyu wa Gatandatu Tariki 5 Nzeri 2026

Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027 iratangira kuri uyu wa gatandatu tariki 5 Nzeri 2026. Muri iyi nkuru tugiye kubagezaho bimwe byahindutse muri uyu mwaka w'imikino.

Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 5 Nzeri 2026, ni bwo hatangira shampiyona y'icyiciro cya mbere mu mupira w'amaguru mu Rwanda BK Pro League 2026-27. Hateganyijwe imikino itatu iza gukinwa kuri uyu munsi.

Imikino iteganyijwe kuri uyu munsi wa mbere wa BK Pro League 2026-2027
Imikino iteganyijwe kuri uyu munsi wa mbere wa BK Pro League 2026-2027
Bimwe twamenya kuri iyi shampiyona yahinduriwe izina nyuma yo Kubona Umuterankunga ikava ku izina rya Rwanda Premier League ikitwa BK Pro League. Ibi byatangiye mu mpera za shampiyona y'umwaka ushyize aho Rwanda Premier League yarimaze gusinyana na Banki ya Kigali. Bakaba barasinyanye amasezerano y'imyaka itanu.

Ibihembo byariyongereye.

Ikipe izegukana Igikombe cya Shampiyona itsinze imikino yose, izegukana Miliyoni 145 Frw. Bivuze ko ni miliyoni 80!(80M) zo gutwara Shampiyona,Miliyoni 34(34M) zo kuba yatsinze imikino yose ya BK Pro League n'ubwo bigoye. Kuko buri kipe izajya itsinda umukino izajya ihabwa miliyoni imwe(1M). Amafaranga Miliyoni 31 (31) baha ikipe ku mwaka yavuye kuri miliyoni 10 (10M) ikipe yahabwaga nyuma yo kubona Umuterankunga wa shampiyona ariwo Banki ya Kigali.
Ibihembo byariyongereye ku makipe akina Shampiyona BK Pro League 2026-2027
Ibihembo byariyongereye ku makipe akina Shampiyona BK Pro League 2026-2027
Mu mwaka w’imikino ushize 2025-26, buri kipe yakinaga BK Pro League yagenerwaga inkunga ya Miliyoni 10 (10) ariko ubu iyo nkunga yarazamuwe igera kuri Miliyoni 31 (31)  nyuma yo kubona Umuterankunga witirirwa shampiyona ariwo Banki ya Kigali.

Buri kipe izajya itsinda umukino muri BK Pro League izajya ihembwa 1,000,000 Frw yatanzwe n'umuterankunga SKOL

Abasifuzi bahawe inkunga

Rwanda Premier League iherutse gutangaza ko yageneye abasifuzi ba BK Pro League inkunga ya Miliyoni 46 Frw. Bivuze ko buri musifuzi azajya abona ibihumbi 30 (30K) kuri buri mukino yasifuye ariko agomba gufungura konte(Compte) muri Banki ya Kigali, yiyongera ku bihumbi ijana (100K) yabonaga.

Amakipe mashya muri Shampiyona no guhindura amazina.

Shampiyona y’uyu mwaka w’imikino BK Pro League 2026-27, izaba ifite amakipe abiri mashya yazamutse hiyongereyeho n' indi imwe yahinduye izina ariyo Sunrise FC na Étoile de l’Est zazamutse mu cyiciro cya mbere zisimbuye As Muhanga FC na Rutsiro FC zamanutse mu cyiciro cya Kabiri zombi zibarizwa mu ntara y'i Burasirazuba. Ukongeraho na As Kigali FC yahinduye izina ikitwa Kigali FC.

Amakipe yabonye abafatanyabikorwa bashya andi atakaza abo yarafite.

Rayon Sports FC, Kiyovu Sports Club na Gasogi United FC, zose zungutse umufatanyabikorwa witwa ‘Jayrutty Investment Ltd’. Zikaba zarasinyanye nawe mu mpera za shampiyona ya 2025-2026 ariko amasezerano agomba gutangira mu mwaka w'imikino wa 2026-2027.
Jayrutty yabaye umufanyabikorwa w'amakipe atatu mu gihe cy'imyaka itanu aho izajya iyambika
Jayrutty yabaye umufanyabikorwa w'amakipe atatu mu gihe cy'imyaka itanu aho izajya iyambika
Ni Ikompanyi isanzwe izwiho kwambika amakipe mu Karere ka Afurika y’i Burasirazuba no Hagati kuko niyo yambika SIMBA FC yo muri Tanzaniya.

Rayon Sports FC nyuma yo kumara imyaka myinshi yambara SKOL imbere mu gatuza nk'umufatanyabikorwa mukuru yahinduye umufanyabikorwa ariwe Banki ya Kigali.

Amakipe yahinduye abatoza.

Mu batoza 18 bari mu makipe akina BK Pro League 2025-2026, umunani muri bo bazakomezanya n’amakipe barimo.

Abo barimo uwa Gorilla FC, uwa Rayon Sports FC, uwa APR FC, uwa Gasogi United Fc,   uwa Marine FC, uwa Etincelles FC,  uwa Al-Merreikh FC n'uwa  Musanze FC.

Abatoza  bahinduye amakipe barimo ndetse amakipe amwe azana abatoza bashya.

Nyuma y'uko Shampiyona yu mwaka 2025-2026, irangiye amakipe amwe yahisemo gutandukana n'abatoza bayitozaga kuko bamwe babaga barangije amasezerano ntibayongere.

Kiyovu Sports Club yazanye umutoza mushya ukomoka mu bwongereza nyuma yo gutandukana Haringingo akajya muri Rayon Sports FC ntabwo yamusimbuje ahubwo ikipe yagumanye n'umutoza wungirije kugeza shampiyona irangiye.

Umutoza mushya wa Kiyovu Sports club ukomoka mu bwongereza Harrison
Umutoza mushya wa Kiyovu Sports club ukomoka mu bwongereza Harrison 
Gicumbi FC yazanye Rutfi watandukanye na Rayon Sports FC ubwo yaravuye muri Mukura VS utarufite ikipe wasimbuye Bisengimana Justin wagiye muri As Kigali FC yabaye Kigali FC.
Etoile de l'Est FC nyuma yo kuzamuka mu cyiciro cya mbere yahise izana Mbarushimana Shaban wavuye muri  As Kigali FC (Kigali FC), Gatera Moussa wagiye muri Bugesera FC avuye muri AS Muhanga FC yamanutse mu cyiciro cya kabiri, Banamwana Camarade wagiye muri Sunrise FC yazamutse mu cyiciro cya mbere avuye muri Bugesera FC, Bisengimana Justin wagiye muri AS Kigali FC(Kigali FC) avuye muri Gicumbi FC  Nshimiyimana Canisius wagiye mu Amagaju FC avuye muri Mukura VS.

Mu Rwego rwo kuzamura shampiyona y'u Rwanda BK Pro League hahuguwe  abahuzabikorwa b’imikino (Coordinateur de Match)

Ni ubwa mbere muri Shampiyona y’u Rwanda, hagiye kubaho abahuzabikorwa b’imikino (Coordinateur de Match) aba bahuzabikorwa bahuguwe ku kazi bagomba gukora kuri match kugira ngo match igende neza. Bakaba bari butangire akazi ku mikino y'uyu munsi.

Nyuma y'impaka nyinshi zabayeho nyuma yo gutanga ibihembo by'umwaka ushyize w'imikino muri BK Pro League ndetse no gutanga igikombe aho umutoza wa APR FC atishimiye uko ibihembo byatanzwe. Aho yavugaga ko umukinnyi we Djibril ariwe wagombaga kuba Umukinnyi mwiza w'irushanwa ndetse nawe akaba umutoza mwiza avuga ko ikipe yo muri Sudan itagombaga guhabw igikombe cya Shampiyona BK Pro League 2025-2026 .

Uyu mwaka w'imikino 2026-2027 hasohotse amabwiriza mashya ajyanye n'amakipe yo muri Sudan akina BK Pro League. Amabwiriza mashya avuga ko ikipe yo muri Sudan nayo igomba kwandikisha abakinnyi 33 nkuko amakipe yo mu Rwanda aribo yandikisha.. ikipe yo muri Sudan izatwara Shampiyona BK Pro League 2026-2027  izahabwa Igikombe cy’icyubahiro (Honorary Trophy)

Nk'uko na none byasabwe n'ishyirahamwe ry'umupira wabo muri Sudan ikipe yo muri Sudani yemerewe kujya ibanza mu kibuga abakinnyi batandatu batari abanya-Sudani mu gihe ku rupapuro rw’umukino, batagomba kurenga umunani.

Aya makipe ariko yemerewe kubona ibihembo bihabwa umukinnyi witwaye neza ku mukino.
Iyi shampiyona y'uyu mwaka hazakinwa imikino 692.


Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎Umwarimu wasabye abana b'abakobwa ko yararana nabo yirukanwe burundu mukazi
Hanze

‎Umwarimu wasabye abana b'abakobwa ko yararana nabo yirukanwe burundu mukazi

‎Umwarimu wari umaze imyaka ibiri yigisha yirukanwe burundu muri izo nshingano nyuma yo kubwira abakobwa babiri bigaga ku Kigo yakoragaho ko ashaka kuryamana nabo.

KWIZERA Jean de Dieuiminota 48 zashize
‎Kim Kardashian na Kanye West bahujwe n'umwana wabo wakoze igitaramo cye cya Mbere
INKURU NYAMUKURU

‎Kim Kardashian na Kanye West bahujwe n'umwana wabo wakoze igitaramo cye cya Mbere

‎North West w'imyaka 13 y'amavuko, yakoze amateka aririmba bwa Mbere mu gitaramo cyitabiriwe n'ababyeyi be bombi kabone n'ubwo batandukanye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 19 yashize
‎Byarambabaje ! Harmonize yongeye gutandukana na Frida Kajala
Imyidagaduro

‎Byarambabaje ! Harmonize yongeye gutandukana na Frida Kajala

‎Umuhanzi ukomeye muri muzika ya Tanzania Harmonize, yemeje amakuru avuga ko yatandukanye na Frida Kajala byongera gushimangirwa ko bombi badashobotse iyo bigeze mu rukundo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 20 yashize
Kiyovu Sports Club yamuritse umwambaro mushya wayo izakoresha mu mwaka w'imikino 2026-2027 ndetse n' Umuterankunga Mukuru
Imikino

Kiyovu Sports Club yamuritse umwambaro mushya wayo izakoresha mu mwaka w'imikino 2026-2027 ndetse n' Umuterankunga Mukuru

Kiyovu Sports Club yamuritse umwenda wayo izakoresha mu mwaka w'imikino mushya wa 2026-2027 ndetse unariho Umuterankunga mushya wasimbuye Gorilla Coffee.

ADAM Yannickiminsi 3 yashize
Mu Rwanda hatangiye irushanwa rya CECAFA Schools Cup cyangwa CAF African Schools Football Championship CECAFA qualifiers.
Imikino

Mu Rwanda hatangiye irushanwa rya CECAFA Schools Cup cyangwa CAF African Schools Football Championship CECAFA qualifiers.

Uganda niyo imaze kwegukana iri rushanwa inshuro nyinshi kuva ryatangira mu mwaka wa 2022

ADAM Yannickiminsi 3 yashize
Kawempe Muslim Ladie WFC niyo yegukanye CAF Women's Champions League 2026
Imikino

Kawempe Muslim Ladie WFC niyo yegukanye CAF Women's Champions League 2026

Kawempe Muslim Ladie WFC yegukanye Igikombe cya CAF Women's Champions League 2026. CECAFA QUALFIERS itsinze Kenya Police Bullet WFC ku mukino wa nyuma ihita ibona itike yo guhagararira CECAFA mu mikino ya Champions League yo mu matsinda ishobora kubera mu Rwanda.

ADAM Yannickiminsi 5 yashize