Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027 iratangira kuri uyu wa gatandatu tariki 5 Nzeri 2026. Muri iyi nkuru tugiye kubagezaho bimwe byahindutse muri uyu mwaka w'imikino.
Kuri uyu wa Gatandatu, tariki ya 5 Nzeri 2026, ni bwo hatangira shampiyona y'icyiciro cya mbere mu mupira w'amaguru mu Rwanda BK Pro League 2026-27. Hateganyijwe imikino itatu iza gukinwa kuri uyu munsi.
Imikino iteganyijwe kuri uyu munsi wa mbere wa BK Pro League 2026-2027
Bimwe twamenya kuri iyi shampiyona yahinduriwe izina nyuma yo Kubona Umuterankunga ikava ku izina rya Rwanda Premier League ikitwa BK Pro League. Ibi byatangiye mu mpera za shampiyona y'umwaka ushyize aho Rwanda Premier League yarimaze gusinyana na Banki ya Kigali. Bakaba barasinyanye amasezerano y'imyaka itanu.
Ibihembo byariyongereye.
Ikipe izegukana Igikombe cya Shampiyona itsinze imikino yose, izegukana Miliyoni 145 Frw. Bivuze ko ni miliyoni 80!(80M) zo gutwara Shampiyona,Miliyoni 34(34M) zo kuba yatsinze imikino yose ya BK Pro League n'ubwo bigoye. Kuko buri kipe izajya itsinda umukino izajya ihabwa miliyoni imwe(1M). Amafaranga Miliyoni 31 (31) baha ikipe ku mwaka yavuye kuri miliyoni 10 (10M) ikipe yahabwaga nyuma yo kubona Umuterankunga wa shampiyona ariwo Banki ya Kigali.
Ibihembo byariyongereye ku makipe akina Shampiyona BK Pro League 2026-2027
Mu mwaka w’imikino ushize 2025-26, buri kipe yakinaga BK Pro League yagenerwaga inkunga ya Miliyoni 10 (10) ariko ubu iyo nkunga yarazamuwe igera kuri Miliyoni 31 (31) nyuma yo kubona Umuterankunga witirirwa shampiyona ariwo Banki ya Kigali.
Buri kipe izajya itsinda umukino muri BK Pro League izajya ihembwa 1,000,000 Frw yatanzwe n'umuterankunga SKOL
Abasifuzi bahawe inkunga
Rwanda Premier League iherutse gutangaza ko yageneye abasifuzi ba BK Pro League inkunga ya Miliyoni 46 Frw. Bivuze ko buri musifuzi azajya abona ibihumbi 30 (30K) kuri buri mukino yasifuye ariko agomba gufungura konte(Compte) muri Banki ya Kigali, yiyongera ku bihumbi ijana (100K) yabonaga.
Amakipe mashya muri Shampiyona no guhindura amazina.
Shampiyona y’uyu mwaka w’imikino BK Pro League 2026-27, izaba ifite amakipe abiri mashya yazamutse hiyongereyeho n' indi imwe yahinduye izina ariyo Sunrise FC na Étoile de l’Est zazamutse mu cyiciro cya mbere zisimbuye As Muhanga FC na Rutsiro FC zamanutse mu cyiciro cya Kabiri zombi zibarizwa mu ntara y'i Burasirazuba. Ukongeraho na As Kigali FC yahinduye izina ikitwa Kigali FC.
Rayon Sports FC, Kiyovu Sports Club na Gasogi United FC, zose zungutse umufatanyabikorwa witwa ‘Jayrutty Investment Ltd’. Zikaba zarasinyanye nawe mu mpera za shampiyona ya 2025-2026 ariko amasezerano agomba gutangira mu mwaka w'imikino wa 2026-2027.
Ni Ikompanyi isanzwe izwiho kwambika amakipe mu Karere ka Afurika y’i Burasirazuba no Hagati kuko niyo yambika SIMBA FC yo muri Tanzaniya.
Rayon Sports FC nyuma yo kumara imyaka myinshi yambara SKOL imbere mu gatuza nk'umufatanyabikorwa mukuru yahinduye umufanyabikorwa ariwe Banki ya Kigali.
Amakipe yahinduye abatoza.
Mu batoza 18 bari mu makipe akina BK Pro League 2025-2026, umunani muri bo bazakomezanya n’amakipe barimo.
Abo barimo uwa Gorilla FC, uwa Rayon Sports FC, uwa APR FC, uwa Gasogi United Fc, uwa Marine FC, uwa Etincelles FC, uwa Al-Merreikh FC n'uwa Musanze FC.
Kiyovu Sports Club yazanye umutoza mushya ukomoka mu bwongereza nyuma yo gutandukana Haringingo akajya muri Rayon Sports FC ntabwo yamusimbuje ahubwo ikipe yagumanye n'umutoza wungirije kugeza shampiyona irangiye.
Umutoza mushya wa Kiyovu Sports club ukomoka mu bwongereza Harrison
Gicumbi FC yazanye Rutfi watandukanye na Rayon Sports FC ubwo yaravuye muri Mukura VS utarufite ikipe wasimbuye Bisengimana Justin wagiye muri As Kigali FC yabaye Kigali FC.
Etoile de l'Est FC nyuma yo kuzamuka mu cyiciro cya mbere yahise izana Mbarushimana Shaban wavuye muri As Kigali FC (Kigali FC), Gatera Moussa wagiye muri Bugesera FC avuye muri AS Muhanga FC yamanutse mu cyiciro cya kabiri, Banamwana Camarade wagiye muri Sunrise FC yazamutse mu cyiciro cya mbere avuye muri Bugesera FC, Bisengimana Justin wagiye muri AS Kigali FC(Kigali FC) avuye muri Gicumbi FC Nshimiyimana Canisius wagiye mu Amagaju FC avuye muri Mukura VS.
Mu Rwego rwo kuzamura shampiyona y'u Rwanda BK Pro League hahuguwe abahuzabikorwa b’imikino (Coordinateur de Match)
Ni ubwa mbere muri Shampiyona y’u Rwanda, hagiye kubaho abahuzabikorwa b’imikino (Coordinateur de Match) aba bahuzabikorwa bahuguwe ku kazi bagomba gukora kuri match kugira ngo match igende neza. Bakaba bari butangire akazi ku mikino y'uyu munsi.
Nyuma y'impaka nyinshi zabayeho nyuma yo gutanga ibihembo by'umwaka ushyize w'imikino muri BK Pro League ndetse no gutanga igikombe aho umutoza wa APR FC atishimiye uko ibihembo byatanzwe. Aho yavugaga ko umukinnyi we Djibril ariwe wagombaga kuba Umukinnyi mwiza w'irushanwa ndetse nawe akaba umutoza mwiza avuga ko ikipe yo muri Sudan itagombaga guhabw igikombe cya Shampiyona BK Pro League 2025-2026 .
Uyu mwaka w'imikino 2026-2027 hasohotse amabwiriza mashya ajyanye n'amakipe yo muri Sudan akina BK Pro League. Amabwiriza mashya avuga ko ikipe yo muri Sudan nayo igomba kwandikisha abakinnyi 33 nkuko amakipe yo mu Rwanda aribo yandikisha.. ikipe yo muri Sudan izatwara Shampiyona BK Pro League 2026-2027 izahabwa Igikombe cy’icyubahiro (Honorary Trophy)
Nk'uko na none byasabwe n'ishyirahamwe ry'umupira wabo muri Sudan ikipe yo muri Sudani yemerewe kujya ibanza mu kibuga abakinnyi batandatu batari abanya-Sudani mu gihe ku rupapuro rw’umukino, batagomba kurenga umunani.
Aya makipe ariko yemerewe kubona ibihembo bihabwa umukinnyi witwaye neza ku mukino.