Umunsi.com
Gen Bunyoni twasanze ntakindi kibazo yateza ! Perezida w’Uburundi yavuze ko nta kibazo cy’inzara ki kirangwa mu Gihugu cye
Akazi

Gen Bunyoni twasanze ntakindi kibazo yateza ! Perezida w’Uburundi yavuze ko nta kibazo cy’inzara ki kirangwa mu Gihugu cye

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 187 min gusoma
Gen Bunyoni twasanze ntakindi kibazo yateza ! Perezida w’Uburundi yavuze ko nta kibazo cy’inzara ki kirangwa mu Gihugu cye

Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi Evariste Ndayishimiye, yatangaje ko urebye ntakibazo cy’inzara ki kibarizwa mu Gihugu cye ndetse ko ntandwara ya bwaki ikiharangwa kuva yajya ku buyobozi. Ndayishimiye kandi yagaragaje ko Gen Bunyoni yarekuwe kubera ko basanze ntakibazo kindi yateza Leta.

Ibyo yabitangaje ubwo yari mu kiganiro n’Umunyamakuru wa Yaga Burundi cyatambutse ku muyoboro wa YouTube kuri ‘YouTube Channel yabo ‘Yaga Burundi’.

Muri icyo kiganiro umunyamakuru yagize ati:”Ku wa 18 Ruheshi 2020 urafashe intahe yo kurongoora kino Gihugu, ni izihe ntambamyi zibiri waba warabonye ugitangura amabanga y’Umukuru w’Igihugu , uyu munsi uravuga ati’Izi ndabona ko nazikuye mu nzira ?”.

Mu gusubiza , Perezida w’Uburundi Evariste Ndayishimiye yagize ati:”Intambamyi kugira uzibone ibintu uvuga uti’biba byihuta ngo bive mu nzira. Ubyumvira mu cyivugo natanguje, navuze nti ‘Umunwa wose uronke icyo ufungura, urabyumva ko hari inzara, umufuko uronke amahera  bica byumvikana ko umufuku wari ukennye. Hama mvuga ngo twese turi kumwe birashoboka byerekana ko twari dutatanye, abantu badashyira hamwe ngo dukorere hamwe. Turi kumwe twese birashoboka”.

Yakomeje agira ati:”Hari imyidogo myinshi mu rwarura. Ahantu hose naca bavuga ubushomeri , ubushomeri, kugishaka aho niyumvira , none ubushomeri tuzobuvamo gute ? Reka mpamagare urwo rwaruka nyine, si inca bwenge ? Twicarane turebe uko twova muri ubwo bushomeri”.

Evariste Ndayishimiye avuga ko kugeza ubu hari byinshi bimaze guhinduka mu ntekerezo zabo bivuye mu biganiro yagiranye na bo.

Ati:”Ubu ndebye umutima w’urwaruka ingene umeze, n’ingene wari umeze ico gihe, ….. Ndavye inzara yari ihari , uno munsi nkaraba ingene , abenegihugu banyirigwako bambwira ngo turime, ‘duhe isoko rero’. Niho naciye mbona ko mu Burundi ntabagwizatunga dufite kuko iyo tuba tubafite baba barangura ibyo byo kurya bakajya kubishora”.

Yemeza kugeza ubu mu Burundi hari ibiryo ndetse ko ntanabwaki iharangwa.

Ati:”Njye icyo nguma ndaba , ndaba Kwashi (Bwaki), ntayo mbona. Buriya iyo utabona Kwashi, abantu baba bariye. Rero ibyo byarigamye, tugire Leta nkozi , Leta mbyeyi”.

Evariste Ndayishimiye kandi avuga mu bindi yagejeje ku Gihugu cye , harimo uko atakibona ibibazo byinshi by’abamwandikira nyuma y’aho atangiye telefone ngo buri Murundi wese amugezeho ikibazo cye ndetse akaba yaratoje n’abandi bayobozi gukemura ibibazo mbere y’uko bimugeraho.

Ku rundi ruhande kandi avuga ko kugeza ubu mu Burundi hatakirangwa nyakatsi nyamara mu myaka yashize, warasanga ‘Mubitoki’ no mu zindi Ntara zitandukanye (Muruyigi), bose batuye muri Nyakatsi , bityo agaragaza ko yafashije abaturage be kuva muri nyakatsi ndetse n’amatara bakaba barayabonye.

Agaruka kuri General Bunyoni warekuwe, Evariste Ndayishimiye yasobanuye ko basanze ntakindi kibazo yatera Leta bahitamo kumurekura ariko bamuha ibyo atagomba gukora birimo no kujya hanze y’Igihugu.

20250121044416000000 (1).jpg

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 6 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Amakuru mashya ku rupfu rwa Hayden Panettiere wasanganwe ibinini bisubiza ubuzima
Cinema

‎Amakuru mashya ku rupfu rwa Hayden Panettiere wasanganwe ibinini bisubiza ubuzima

‎Nyuma y'urupfu rwa Hayden Panettiere mu nzu yabagamo hasanzwemo ibinini bisubiza ubuzima uwabaswe n'ibiyobyabwenge watakaje ubwenge ndetse n'ibimenyetso bya muganga bigaragaza ko ntahungabana yari afite.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize