
Umukuru w’Igihugu cy’u Burundi Evariste Ndayishimiye,
yatangaje ko urebye ntakibazo cy’inzara ki kibarizwa mu Gihugu cye ndetse ko
ntandwara ya bwaki ikiharangwa kuva yajya ku buyobozi. Ndayishimiye kandi
yagaragaje ko Gen Bunyoni yarekuwe kubera ko basanze ntakibazo kindi yateza
Leta.
Ibyo yabitangaje ubwo yari mu kiganiro n’Umunyamakuru wa
Yaga Burundi cyatambutse ku muyoboro wa YouTube kuri ‘YouTube Channel yabo ‘Yaga
Burundi’.
Muri icyo kiganiro umunyamakuru yagize ati:”Ku wa 18 Ruheshi
2020 urafashe intahe yo kurongoora kino Gihugu, ni izihe ntambamyi zibiri waba
warabonye ugitangura amabanga y’Umukuru w’Igihugu , uyu munsi uravuga ati’Izi
ndabona ko nazikuye mu nzira ?”.
Mu gusubiza , Perezida w’Uburundi Evariste Ndayishimiye yagize
ati:”Intambamyi kugira uzibone ibintu uvuga uti’biba byihuta ngo bive mu nzira.
Ubyumvira mu cyivugo natanguje, navuze nti ‘Umunwa wose uronke icyo ufungura,
urabyumva ko hari inzara, umufuko uronke amahera bica byumvikana ko umufuku wari ukennye. Hama
mvuga ngo twese turi kumwe birashoboka byerekana ko twari dutatanye, abantu
badashyira hamwe ngo dukorere hamwe. Turi kumwe twese birashoboka”.
Yakomeje agira ati:”Hari imyidogo myinshi mu rwarura. Ahantu
hose naca bavuga ubushomeri , ubushomeri, kugishaka aho niyumvira , none
ubushomeri tuzobuvamo gute ? Reka mpamagare urwo rwaruka nyine, si inca bwenge ?
Twicarane turebe uko twova muri ubwo bushomeri”.
Evariste Ndayishimiye avuga ko kugeza ubu hari byinshi
bimaze guhinduka mu ntekerezo zabo bivuye mu biganiro yagiranye na bo.
Ati:”Ubu ndebye umutima w’urwaruka ingene umeze, n’ingene
wari umeze ico gihe, ….. Ndavye inzara yari ihari , uno munsi nkaraba ingene ,
abenegihugu banyirigwako bambwira ngo turime, ‘duhe isoko rero’. Niho naciye
mbona ko mu Burundi ntabagwizatunga dufite kuko iyo tuba tubafite baba barangura
ibyo byo kurya bakajya kubishora”.
Yemeza kugeza ubu mu Burundi hari ibiryo ndetse ko ntanabwaki
iharangwa.
Ati:”Njye icyo nguma ndaba , ndaba Kwashi (Bwaki), ntayo
mbona. Buriya iyo utabona Kwashi, abantu baba bariye. Rero ibyo byarigamye,
tugire Leta nkozi , Leta mbyeyi”.
Evariste Ndayishimiye kandi avuga mu bindi yagejeje ku
Gihugu cye , harimo uko atakibona ibibazo byinshi by’abamwandikira nyuma y’aho
atangiye telefone ngo buri Murundi wese amugezeho ikibazo cye ndetse akaba yaratoje
n’abandi bayobozi gukemura ibibazo mbere y’uko bimugeraho.
Ku rundi ruhande kandi avuga ko kugeza ubu mu Burundi
hatakirangwa nyakatsi nyamara mu myaka yashize, warasanga ‘Mubitoki’ no mu
zindi Ntara zitandukanye (Muruyigi), bose batuye muri Nyakatsi , bityo agaragaza
ko yafashije abaturage be kuva muri nyakatsi ndetse n’amatara bakaba barayabonye.
Agaruka kuri General Bunyoni warekuwe, Evariste Ndayishimiye
yasobanuye ko basanze ntakindi kibazo yatera Leta bahitamo kumurekura ariko
bamuha ibyo atagomba gukora birimo no kujya hanze y’Igihugu.



