“Abanyarwanda n’Abarundi ntibangana” ! Perezida w’u Burundi yavuze ko ashobora kuza mu Rwanda mu gihe byaba ngombwa agaragaza ko nta mupaka yafunze
Hanze

“Abanyarwanda n’Abarundi ntibangana” ! Perezida w’u Burundi yavuze ko ashobora kuza mu Rwanda mu gihe byaba ngombwa agaragaza ko nta mupaka yafunze

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 180 byayeho6 min gusoma
“Abanyarwanda n’Abarundi ntibangana” ! Perezida w’u Burundi yavuze ko ashobora kuza mu Rwanda mu gihe byaba ngombwa agaragaza ko nta mupaka yafunze

Perezida w’Igihugu cy’u Burundi Evariste Ndayishimiye, yasobanuye ko nta kibazo afitanye n’u Rwanda , ashimangira ko Abanyarwanda n’Abarundi ari bamwe kandi ko ari inshuti bityo ko nta rwango ruri hagati yabo. Yagaragaje ko bibaye ngombwa ko aza mu Rwanda yahagera atikandagira.

Ni mu kiganiro yagiranye na Yaga Burundi, aho Umunyamakuru yamubajije ato:”Mu muryango w’Ibihugu bya Afurika harimo u Rwanda, none nk’ubu ejo cyangwa hirya y’ejo ushobora gutemberera i Kigali ?”.

Atazuyaje mu gusubiza iki kibazo Evariste Ndayishimiye yagize ati:”Nk’ubu habayeyo ikintu , bakavuga ati’Uyoboye Afurika ni we uzajyayo. Ntakibazo. Ikibazo cy’imigenderanire hagati y’u Rwanda n’u Burundi , si ikibazo cy’imigenderanire ya Afurika. Ni ikibazo cy’imigenderanire hagati y’u Rwanda n’u Burundi”.

Perezida Neva yakomeje agira ati:”Nonese ntiduhurira munama zitandukanye z’Ibihugu haba ibyo mu Karere , haba ibya Afurika , byaba ku Isi. Nonese ntiduhura ? Reka nkubwire, nk’ubu tuvuze uti’ reka dushyigikire umukandida, none u Rwanda ntirushyigikira nanjye nkashyigikira , twese tugashyigikira ? Ni ukuvuga ngo hari ibibazo tudashobora kujyana mu bindi Bihugu kandi munyangire nim bi”.

Ati:”U Rwanda rukundana n’Ibihugu bikundana n’u Burundi, u Burundi bukundana n’Ibihugu bikundana n’u Rwanda kandi n’u Rwanda ntitwangana. Abanyarwanda n’Abaurundi ntitwangana”.

Ubwo yari abajijwe ku mipaka y’u Rwanda n’u Burundi, Neva yavuze ko “Kuba Abanyarwanda bagera mu Burundi banyuze mu ndege ni uburenzira bwabo. Abanyarwanda baca mu ndege, iyo yururutse umuntu uramubona neza n’amanono, ukabona neza ko ntacyo yagutwara, none ufunguye urubibi rw’u Rwanda kuva mu Cyibitoki kugera i Muyinga. Hose harafunguye, niyo mpamvu hose upfa uhafunga , hanyuma ukamusaba guca aho mwumvikana”.

Neva yavuze ko nta mipaka yafunze ahubwo ko habayemo kutumvikana hagati y’u Rwanda n’u Burundi kubatera icyo Gihugu, agaragaza ko u Rwanda ari rwo ruha inzira abatera icyo Gihugu nyamara cyo kitabikora. 

NEVA-1-1-1600x1219.jpg

Inkuru zerekeye