
Perezida w’Igihugu cy’u Burundi Evariste Ndayishimiye,
yasobanuye ko nta kibazo afitanye n’u Rwanda , ashimangira ko Abanyarwanda n’Abarundi
ari bamwe kandi ko ari inshuti bityo ko nta rwango ruri hagati yabo. Yagaragaje
ko bibaye ngombwa ko aza mu Rwanda yahagera atikandagira.
Ni mu kiganiro yagiranye na Yaga Burundi, aho Umunyamakuru
yamubajije ato:”Mu muryango w’Ibihugu bya Afurika harimo u Rwanda, none nk’ubu
ejo cyangwa hirya y’ejo ushobora gutemberera i Kigali ?”.
Atazuyaje mu gusubiza iki kibazo Evariste Ndayishimiye
yagize ati:”Nk’ubu habayeyo ikintu , bakavuga ati’Uyoboye Afurika ni we
uzajyayo. Ntakibazo. Ikibazo cy’imigenderanire hagati y’u Rwanda n’u Burundi ,
si ikibazo cy’imigenderanire ya Afurika. Ni ikibazo cy’imigenderanire hagati y’u
Rwanda n’u Burundi”.
Perezida Neva yakomeje agira ati:”Nonese ntiduhurira
munama zitandukanye z’Ibihugu haba ibyo mu Karere , haba ibya Afurika , byaba
ku Isi. Nonese ntiduhura ? Reka nkubwire, nk’ubu tuvuze uti’ reka dushyigikire
umukandida, none u Rwanda ntirushyigikira nanjye nkashyigikira , twese
tugashyigikira ? Ni ukuvuga ngo hari ibibazo tudashobora kujyana mu bindi
Bihugu kandi munyangire nim bi”.
Ati:”U Rwanda rukundana n’Ibihugu bikundana n’u
Burundi, u Burundi bukundana n’Ibihugu bikundana n’u Rwanda kandi n’u Rwanda
ntitwangana. Abanyarwanda n’Abaurundi ntitwangana”.
Ubwo yari abajijwe ku mipaka y’u Rwanda n’u Burundi, Neva
yavuze ko “Kuba Abanyarwanda bagera mu Burundi banyuze mu ndege ni uburenzira
bwabo. Abanyarwanda baca mu ndege, iyo yururutse umuntu uramubona neza n’amanono,
ukabona neza ko ntacyo yagutwara, none ufunguye urubibi rw’u Rwanda kuva mu Cyibitoki
kugera i Muyinga. Hose harafunguye, niyo mpamvu hose upfa uhafunga , hanyuma
ukamusaba guca aho mwumvikana”.
Neva yavuze ko nta mipaka yafunze ahubwo ko habayemo
kutumvikana hagati y’u Rwanda n’u Burundi kubatera icyo Gihugu, agaragaza ko u
Rwanda ari rwo ruha inzira abatera icyo Gihugu nyamara cyo kitabikora.




