Umunsi.comstudent.umunsi.comwriter.umunsi.com
Uganda: Uwabaye umunyamakuru wa Televiziyo Rwanda yahindutse Umwami wa Tooro
Hanze

Uganda: Uwabaye umunyamakuru wa Televiziyo Rwanda yahindutse Umwami wa Tooro

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 93 min gusoma
Uganda: Uwabaye umunyamakuru wa Televiziyo Rwanda yahindutse Umwami wa Tooro

Edward Rukidi Kijanangoma, wahoze ari umunyamakuru kuri Televiziyo y’Igihugu ya Uganda, UBC TV, wanakoze kuri Televiziyo Rwanda yatangajwe nk’Umwami mushya w’Ubwami bwa Tooro.

Itangazo ryashyizwe hanze ku wa Gatatu, tariki ya 9 Nzeri 2026, ryemeje ko Kijanangoma ari we uzasimbura Oyo Nyimba Kabamba Iguru Rukidi IV uherutse gutanga.

Kijanangoma abaye Umwami wa Tooro nyuma y’urupfu rwa Oyo, wari umaze imyaka hafi 30 ayoboye ubwo bwami. Oyo yimye ingoma mu 1995 akiri umwana, aba umwe mu bami bato cyane bari ku ngoma muri Afurika.

Gutoranywa kwa Kijanangoma gufatwa nk’intangiriro y’ikindi cyiciro mu mateka y’Ubwami bwa Tooro. Bibaye mu gihe ubwo bwami buri kwitegura gusoza imihango yo guherekeza no gushyingura Umwami Oyo.

Kijanangoma yari asanzwe azwi n’Abanya-Uganda benshi kubera akazi yakoze mu itangazamakuru, aho yari umusomyi w’amakuru kuri UBC TV.

Kuva mu mwuga w’itangazamakuru akajya kuyobora bumwe mu bwami gakondo bukomeye muri Uganda ni impinduka ikomeye mu nshingano ze.

Itangazwa rye ryakurikiye inzira yo gushaka uzasimbura Oyo yatangiye nyuma y’urupfu rwe, igizwemo uruhare n’abagize umuryango w’ibwami ndetse n’inzego z’Ubwami bwa Tooro zishinzwe ihererekanyabubasha.

Umwami mushya azaba afite inshingano zo kurengera umuco n’imigenzo by’Ubwami bwa Tooro, kubungabunga ubumwe bw’abaturage babwo no gusigasira umurage wabwo.

Kijanangoma yatangajwe nk’umusimbura wa Oyo mbere y’imihango ya nyuma yo kumushyingura, izabera mu irimbi ry’abami rya Karambi Royal Burial Grounds.

Edward Rukidi Kijanangoma yabaye Umwami wa Tooro kuko akomoka mu muryango w’ibwami; ni umuhungu w’Igikomangoma Christopher Paul Kijanangoma akaba n’umwuzukuru w’Umwami George David Rukidi Kamurasi III.

Nyuma y’urupfu rw’Umwami Oyo, utarasize umwana uzwi n’umuryango w’ibwami, abo mu muryango wa cyami wa Babiito basubiye ku gisekuru cya Rukidi III no ku murage yari yarasize ugaragaza uko abamusimbura bagombaga gukurikirana. Ni muri urwo rwego batoye Kijanangoma, nyuma y’uko George Desmond Kamurasi wari wabanje gutoranywa bivugwa ko yanze kwima ingoma.

Edward Rukidi Kijanangoma na nyakwigendera Umwami Oyo bahuriye kuri sekuru, Umwami George David Rukidi Kamurasi III. Se wa Kijanangoma, Christopher Paul Kijanangoma, yari murumuna wa Patrick David Matthew Kaboyo Olimi III, se w’Umwami Oyo.

Inkuru zerekeye

Abo mu muryango w’Umwami Oyo Nyimba bateye utwatsi ibyo kwimika Edward Rukidi mu bwami bwa Tooro
Hanze

Abo mu muryango w’Umwami Oyo Nyimba bateye utwatsi ibyo kwimika Edward Rukidi mu bwami bwa Tooro

Igikomangoma Ruth Komuntale, mushiki w’Umwami Oyo Nyimba wa Tooro, yahakanye amakuru avuga ko Edward Rukidi Kijanangoma ari we washyizweho nk’Umwami wa Tooro, avuga ko ayo makuru atari ukuri kandi ko atandukanye n’irage ry’umuvandimwe we wapfuye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 1 yashize
Umudepite  wakubise umukozi wa RwandAir arafunzwe
Hanze

Umudepite wakubise umukozi wa RwandAir arafunzwe

Augustin Lobelle Yembi, Umudepite wo muri Gabon wagaragaye akubita urushyi umukozi wa sosiyete y’indege ya RwandAir ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali yatawe muri yombi.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Ingano za DR Congo FARDC zateye utwatsi amakuru y’ifatwa rya Mulima
Hanze

Ingano za DR Congo FARDC zateye utwatsi amakuru y’ifatwa rya Mulima

Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zahakanye amakuru yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga avuga ko agace ka Mulima, gaherereye muri Teritwari ya Fizi, kafashwe n’abarwanya ubutegetsi, ndetse ko ubwoba ari bwose muri Teritwari ya Uvira.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
DRC: Abarimu barigusaba ko amashuri afungwa kubera Ebola
Hanze

DRC: Abarimu barigusaba ko amashuri afungwa kubera Ebola

Abarimu bigisha mu mashuri abanza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bari gusaba ko amashuri afungwa kubera ikwirakwira ry’icyorezo cya Ebola , gikomeje gukwira hose muri icyo Gihugu.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Umutwe wa M23 urimo kugenzura agace ka Kazinga nyuma y’intambara yayihuje na FARDC ifatanya na Wazalendo
Hanze

Umutwe wa M23 urimo kugenzura agace ka Kazinga nyuma y’intambara yayihuje na FARDC ifatanya na Wazalendo

Nyuma y’imirwano ikomeye yahuje umutwe wa AFC/M23 n’ingabo za Repulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Umutwe wa M23, yafashe agace ka Kazinga gaherereye mu Karere ka Masisi , muri Kivu y’Amajyaruguru.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Umwarimu wasabye abana b'abakobwa ko yararana nabo yirukanwe burundu mukazi
Hanze

‎Umwarimu wasabye abana b'abakobwa ko yararana nabo yirukanwe burundu mukazi

‎Umwarimu wari umaze imyaka ibiri yigisha yirukanwe burundu muri izo nshingano nyuma yo kubwira abakobwa babiri bigaga ku Kigo yakoragaho ko ashaka kuryamana nabo.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize

Inkuru zishyashya

Umukobwa w’imyaka 22 yagizwe umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo
Imikino

Umukobwa w’imyaka 22 yagizwe umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo

Ikipe yo muri Turikiya, Turgutluspor, yakoze amateka yo guha akazi Zeynep Mestan nk’umutoza mushya w’ikipe yayo nkuru y’abagabo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 1 yashize
Kagarara ‘Ashton Small’ agiye kumurika igitabo kigaruka ku buzima bwe
INKURU NYAMUKURU

Kagarara ‘Ashton Small’ agiye kumurika igitabo kigaruka ku buzima bwe

Enock Uwizeye uzwi nka ‘Kagarara’, ariko ku rundi ruhande wamamaye nka Ashton Small, agiye kumurika igitabo kigaruka ku buzima bushaririye yakuriyemo, nk’umuntu ufite ubumuga.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 13 yashize
Icupa rimwe ry’inzoga ku munsi ryongera ibyago bya kanseri
Health

Icupa rimwe ry’inzoga ku munsi ryongera ibyago bya kanseri

Ubushakashatsi bushya bugaragaza ko kunywa inzoga buri munsi, ndetse n’iyo umuntu yaba anywa icupa rimwe gusa, bishobora kongera ibyago byo kurwara kanseri ndetse no guhitanwa na yo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Ruhango: Akurikiranyweho kwica umuntu bapfuye 1.700 Frw
Inkuru ku Rwanda

Ruhango: Akurikiranyweho kwica umuntu bapfuye 1.700 Frw

Umugabo wo mu Karere ka Ruhango yaburanye ubujurire ku gihano cy’igifungo cy’imyaka umunani yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake, byateye urupfu.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize
Rubavu: Yagiye kwiba insinga z’amashanyarazi umuriro uramufata arapfa
Inkuru ku Rwanda

Rubavu: Yagiye kwiba insinga z’amashanyarazi umuriro uramufata arapfa

Umusore uri mu kigero cy’imyaka 25 wo mu Karere ka Rubavu yafashwe n’umuriro w’amashanyarazi ubwo yageragezaga kwiba insinga zayo arapfa.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 18 yashize
Ibyaranze umunsi wa mbere wa Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027
Imikino

Ibyaranze umunsi wa mbere wa Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027

Bk Pro League 2026-2027 yatangiye ku wa gatandatu tariki 5 Nzeri 2026. Aho amakipe amwe yatunguwe andi nayo aratungurana.

ADAM Yannickamasaha 18 yashize