Umunsi.comstudent.umunsi.comwriter.umunsi.com
Ibyaranze umunsi wa mbere wa Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027
Imikino

Ibyaranze umunsi wa mbere wa Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027

ADAM Yannick2026 Nzeri 930 min gusoma
Ibyaranze umunsi wa mbere wa Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027

Bk Pro League 2026-2027 yatangiye ku wa gatandatu tariki 5 Nzeri 2026. Aho amakipe amwe yatunguwe andi nayo aratungurana.

Shampiyona yatangiye mu mpera z'icyumweru gishize hakinwa umunsi wa mbere, watangiye tariki 5 Nzeri 2026 mu gihe wagombaga gutangira tariki 4 Nzeri 2026. 
Uyu mwaka muri Shampiyona Bk Pro League 2026-27 izakinwa n'amakipe 18, bivuze ko hazakinwa imikino 304, ikinwe mu minsi (journée )34.
Kiyovu Sports Club na Gorilla FC
Kiyovu Sports Club na Gorilla FC 
Umunsi wa mbere waranzwe no gutugurana ku makipe amwe n'amwe nkaho Kiyovu Sports Club yari yatwaye igikombe kiruta ibindi yatunguwe na Gorilla FC iyitsinda igitego 1-0. Indi kipe yatunguwe ni  Police FC yatsinzwe na Gicumbi FC ibitego 2-1.
Mu mikino itandatu (6) yakinwe ku munsi wa mbere amakipe atanu yabonye intsinzi. Mu gihe umukino umwe amakipe yagabanye amanota atatu.

Etoile de l'Est FC izamutse uyu mwaka yatsinzwe n'Amagaju FC ibitego 2-0. Marine FC yatangiye neza itsinda Kigali FC ibitego 2-0 mu gihe umukino umwe ariwo utarabonetsemo igitego wahuje Étincelles FC na Sunrise FC aho amakipe yanganyije 0-0.
‎Mu mikino itandatu yakinwe hatsinzwemo ibitego 10. Amakipe yari yakiriye imikino atatu niyo yabonye intsinzi ku munsi wa mbere mu gihe abiri yatakaje ndetse imwe ibona 3 inota rimwe. 
Amakipe yabonye intsinzi yabonye miliyoni imwe y'amafaranga y'u Rwanda nkuko biteganyijwe ko ikipe izajya ibona amanota atatu izajya ibona miliyoni.
Marine FC na Kigali FC
Marine FC na Kigali FC 
Umukinnyi w'Amagaju FC Tuyisenge Pacifique niwe watsinze igitego cya mbere muri Shampiyona BK Pro League 2026-2027.
Mu bitego 10 byatsinzwe 4 byatsinzwe kuri Penalite mu gihe ibitego bitandatu byatsinzwe bisanzwe ibitego birenze kimwe. 

Muri ibi bitego byose nta mukinnyi witsinze igitego mu gihe bine (4) byinjiye kuri penaliti.  w' Amagaju FC niwe watsinze igitego cya mbere muri Bk Pro League 2026-27.
Umukinnyi n'Amagaju FC niwe watsinze igitego cya mbere muri BK Pro League 2026-2027 bakina na Étoiles de l'Est FC
Umukinnyi n'Amagaju FC niwe watsinze igitego cya mbere muri BK Pro League 2026-2027 bakina na Étoiles de l'Est FC 
Mu gice cya mbere hinjiye ibitego bine (4) naho mu gice cya kabiri hinjira ibitego bitandatu (6).
‎Umukino umwe niwo utarabonetsemo igitego wahuje Etincelles FC na Sunrise FC  mu gihe umukino wa Police FC na Gicumbi ariwo wabonetsemo ibitego byinshi bitatu (3) ku mpande zombi.
‎Kuri uyu munsi wa mbere hakinwe imikino itandatu (6) mu mikino icyenda (9) yagombaga kuba. 
Hasigaye imikino itatu  y'amakipe ahagarariye igihugu (Rwanda ) mu mikino Nyafurika ndetse n'ayo muri Sudani arimo gukina shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027 ku nshuro ya kabiri imikino ikaba izaba nyuma yarabaye ibirarane. Iyo mikono harimo umukino uzahuza Rayon Sports FC na Al Merrikh FC, Bugesera FC na Al Hilal FC ndetse n'uwa APR FC na Musanze FC.
Mukura VS na Gasogi United FC
Mukura VS na Gasogi United FC 
Uko imikino yarangiye ku munsi wa mbere wa BK Pro League 2026-2027
Uko imikino yarangiye ku munsi wa mbere wa BK Pro League 2026-2027

Inkuru zerekeye

Umukobwa w’imyaka 22 yagizwe umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo
Imikino

Umukobwa w’imyaka 22 yagizwe umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo

Ikipe yo muri Turikiya, Turgutluspor, yakoze amateka yo guha akazi Zeynep Mestan nk’umutoza mushya w’ikipe yayo nkuru y’abagabo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 1 yashize
Igikombe cy’Afurika2027: Ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igiye guhura na Guinea Equatorial
Imikino

Igikombe cy’Afurika2027: Ikipe ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo igiye guhura na Guinea Equatorial

Ikipe ya DR Congo igiye kongera gushaka itike y’imikino y’igkombe cya Afurika 2027 nyuma yo kuva mu gikombe cy’Isi cya 2026 cyabereye muri Mexico, Canada na Amerika. Iyi kipe igiye gutangira ihura na Guinea Equatorial nk’uko byatangajwe na CAF.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027 iratangira Kur'uyu wa Gatandatu Tariki 5 Nzeri 2026
Akazi

Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027 iratangira Kur'uyu wa Gatandatu Tariki 5 Nzeri 2026

Shampiyona y'u Rwanda BK Pro League 2026-2027 iratangira kuri uyu wa gatandatu tariki 5 Nzeri 2026. Muri iyi nkuru tugiye kubagezaho bimwe byahindutse muri uyu mwaka w'imikino.

ADAM Yannickiminsi 4 yashize
Kiyovu Sports Club yamuritse umwambaro mushya wayo izakoresha mu mwaka w'imikino 2026-2027 ndetse n' Umuterankunga Mukuru
Imikino

Kiyovu Sports Club yamuritse umwambaro mushya wayo izakoresha mu mwaka w'imikino 2026-2027 ndetse n' Umuterankunga Mukuru

Kiyovu Sports Club yamuritse umwenda wayo izakoresha mu mwaka w'imikino mushya wa 2026-2027 ndetse unariho Umuterankunga mushya wasimbuye Gorilla Coffee.

ADAM Yannickiminsi 6 yashize
Mu Rwanda hatangiye irushanwa rya CECAFA Schools Cup cyangwa CAF African Schools Football Championship CECAFA qualifiers.
Imikino

Mu Rwanda hatangiye irushanwa rya CECAFA Schools Cup cyangwa CAF African Schools Football Championship CECAFA qualifiers.

Uganda niyo imaze kwegukana iri rushanwa inshuro nyinshi kuva ryatangira mu mwaka wa 2022

ADAM Yannickiminsi 6 yashize
Kawempe Muslim Ladie WFC niyo yegukanye CAF Women's Champions League 2026
Imikino

Kawempe Muslim Ladie WFC niyo yegukanye CAF Women's Champions League 2026

Kawempe Muslim Ladie WFC yegukanye Igikombe cya CAF Women's Champions League 2026. CECAFA QUALFIERS itsinze Kenya Police Bullet WFC ku mukino wa nyuma ihita ibona itike yo guhagararira CECAFA mu mikino ya Champions League yo mu matsinda ishobora kubera mu Rwanda.

ADAM Yannick2026 Nzeri 1

Inkuru zishyashya

Abo mu muryango w’Umwami Oyo Nyimba bateye utwatsi ibyo kwimika Edward Rukidi mu bwami bwa Tooro
Hanze

Abo mu muryango w’Umwami Oyo Nyimba bateye utwatsi ibyo kwimika Edward Rukidi mu bwami bwa Tooro

Igikomangoma Ruth Komuntale, mushiki w’Umwami Oyo Nyimba wa Tooro, yahakanye amakuru avuga ko Edward Rukidi Kijanangoma ari we washyizweho nk’Umwami wa Tooro, avuga ko ayo makuru atari ukuri kandi ko atandukanye n’irage ry’umuvandimwe we wapfuye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 1 yashize
Kagarara ‘Ashton Small’ agiye kumurika igitabo kigaruka ku buzima bwe
INKURU NYAMUKURU

Kagarara ‘Ashton Small’ agiye kumurika igitabo kigaruka ku buzima bwe

Enock Uwizeye uzwi nka ‘Kagarara’, ariko ku rundi ruhande wamamaye nka Ashton Small, agiye kumurika igitabo kigaruka ku buzima bushaririye yakuriyemo, nk’umuntu ufite ubumuga.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 13 yashize
Umudepite  wakubise umukozi wa RwandAir arafunzwe
Hanze

Umudepite wakubise umukozi wa RwandAir arafunzwe

Augustin Lobelle Yembi, Umudepite wo muri Gabon wagaragaye akubita urushyi umukozi wa sosiyete y’indege ya RwandAir ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali yatawe muri yombi.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Icupa rimwe ry’inzoga ku munsi ryongera ibyago bya kanseri
Health

Icupa rimwe ry’inzoga ku munsi ryongera ibyago bya kanseri

Ubushakashatsi bushya bugaragaza ko kunywa inzoga buri munsi, ndetse n’iyo umuntu yaba anywa icupa rimwe gusa, bishobora kongera ibyago byo kurwara kanseri ndetse no guhitanwa na yo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Ingano za DR Congo FARDC zateye utwatsi amakuru y’ifatwa rya Mulima
Hanze

Ingano za DR Congo FARDC zateye utwatsi amakuru y’ifatwa rya Mulima

Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zahakanye amakuru yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga avuga ko agace ka Mulima, gaherereye muri Teritwari ya Fizi, kafashwe n’abarwanya ubutegetsi, ndetse ko ubwoba ari bwose muri Teritwari ya Uvira.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Ruhango: Akurikiranyweho kwica umuntu bapfuye 1.700 Frw
Inkuru ku Rwanda

Ruhango: Akurikiranyweho kwica umuntu bapfuye 1.700 Frw

Umugabo wo mu Karere ka Ruhango yaburanye ubujurire ku gihano cy’igifungo cy’imyaka umunani yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake, byateye urupfu.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize