Umunsi.comstudent.umunsi.comwriter.umunsi.com
Ruhango: Akurikiranyweho kwica umuntu bapfuye 1.700 Frw
Inkuru ku Rwanda

Ruhango: Akurikiranyweho kwica umuntu bapfuye 1.700 Frw

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 93 min gusoma
Ruhango: Akurikiranyweho kwica umuntu bapfuye 1.700 Frw

Umugabo wo mu Karere ka Ruhango yaburanye ubujurire ku gihano cy’igifungo cy’imyaka umunani yakatiwe n’Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga, nyuma yo guhamwa n’icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake, byateye urupfu.

Ku wa Gatatu, tariki ya 9 Nzeri 2026, Urukiko Rukuru, Urugereko rwa Nyanza, rwaburanishije ubujurire bwa Niyomugabo François w’imyaka 45, wo mu Mudugudu wa Nyagatovu, Akagari ka Nyabigugu, Umurenge wa Mwendo mu Karere ka Ruhango.

Ku wa 6 Gashyantare 2022, Niyomugabo yari mu kabari anywa inzoga. Yishyuye nyir’akabari 2.000 Frw, amusaba gukuramo 300 Frw yari yanywereye, akamugarurira 1.700 Frw. Nyir’akabari ntiyahise ayamugarurira, maze Niyomugabo amukubita icupa mu mutwe.

Nyir’akabari yajyanwe ku kigo nderabuzima, ariko biranga yoherezwa ku Bitaro bya Gitwe. Na ho byaranze, yoherezwa mu Bitaro bya Kaminuza bya Butare, CHUB, aza kugwayo ku wa 9 Gashyantare 2022.

Ubushinjacyaha bwareze Niyomugabo mu Rukiko Rwisumbuye rwa Muhanga icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake byateye urupfu.

Niyomugabo yaburanye yemera icyaha kandi asaba imbabazi. Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwamuhamije icyaha, rumukatira igifungo cy’imyaka umunani.

Yahise ajuririra icyo cyemezo mu Rukiko Rukuru, Urugereko rwa Nyanza.

Ubwo yaburanaga ubujurire ku wa 9 Nzeri 2026, Niyomugabo yabwiye Urukiko ko yemera icyaha, ariko avuga ko ibyo yakoze byatewe n’ubusinzi. Yasabye kugabanyirizwa igihano cy’igifungo cy’imyaka umunani no kuba igihano yahabwa cyasubikwa, kuko ibyabaye ngo ari impanuka kandi atari agamije gukora icyaha.

Yagize ati “Nsubikiwe ibihano nkasubira muri sosiyete, nzarinda mpfa ntongeye kunywa inzoga, kuko ari zo zanteye kurwana.”

Ubushinjacyaha bwavuze ko ubujurire bwa Niyomugabo budafite ishingiro kandi ko budakwiye kwakirwa, kuko yari yaragabanyirijwe igihano.

Bwanavuze ko impamvu atanga nta shingiro zifite, kuko icyaha cyo gukubita no gukomeretsa ku bushake byateye urupfu gihanishwa igifungo cy’imyaka icumi ariko kitarenze imyaka 20.

Ubushinjacyaha bwongeyeho ko kuvuga ko ibyabaye ari impanuka atari ukuri, kuko Niyomugabo yafashe icupa agakubita nyir’akabari mu mutwe, rikangiza ubwonko.

Bwagize buti “Iyo atagambirira gukora icyaha, yashoboraga kuregera ubuyobozi aho kwihanira. Bityo, igihano yakatiwe akwiye kugikora nk’uko Urukiko Rwisumbuye rwa Muhanga rwabyemeje.”

Umucamanza yatangaje ko icyemezo cy’Urukiko kizafatwa mu Ukwakira 2026.

Isoko: Igihe

Inkuru zerekeye

Rubavu: Yagiye kwiba insinga z’amashanyarazi umuriro uramufata arapfa
Inkuru ku Rwanda

Rubavu: Yagiye kwiba insinga z’amashanyarazi umuriro uramufata arapfa

Umusore uri mu kigero cy’imyaka 25 wo mu Karere ka Rubavu yafashwe n’umuriro w’amashanyarazi ubwo yageragezaga kwiba insinga zayo arapfa.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 18 yashize
Rwamagana: Ububiko bw’ibikoresho by’amashanyarazi bwafashwe n’inkongi
Inkuru ku Rwanda

Rwamagana: Ububiko bw’ibikoresho by’amashanyarazi bwafashwe n’inkongi

Mu Karere ka Rwamagana ububiko bw’ibikoresho by’amashanyarazi bwibasiwe n’inkongi y’umuriro yatumye ibikoresho hafi ya byose bishya bigakongoka.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda , Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Oman
Inkuru ku Rwanda

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda , Perezida Paul Kagame yatangiye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Oman

Nyakubahwa Perezida Paul Kagame yageze i Salalah muri Oman, aho yakiriwe na Sultan Haitham bin Tariq, atangira uruzinduko rw’iminsi ibiri muri icyo gihugu.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Nyamasheke: Bashyamiranye bapfa umukino w’u Bufaransa na Maroc umwe arapfa
Inkuru ku Rwanda

Nyamasheke: Bashyamiranye bapfa umukino w’u Bufaransa na Maroc umwe arapfa

Kuri Sitasiyo ya RIB ya Gihombo mu Karere ka Nyamasheke hafungiye abasore batanu bakurikiranyweho urupfu rwa mugenzi wabo bakoranaga muri resitora witwaga Niyonzima Egide w’imyaka 40, ukomoka mu Bugarama mu Karere ka Rusizi, nyuma yo gushyamirana bapfa umukino w’Igikombe cy’Isi wabaye ku wa Kane wari urangiye, u Bufaransa bwari butsinzemo Maroc ibitego 2-0, batawuvugaho rumwe.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 11
Abashinwa bagiye kwigisha Abanyarwanda
Inkuru ku Rwanda

Abashinwa bagiye kwigisha Abanyarwanda

Abashinwa bagiye kwigisha Abanyarwanda

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 1
Minisitiri Habimana yagize icyo abwira Abanyarwanda ku cyorezo cya Ebola abamara impungenge
Inkuru ku Rwanda

Minisitiri Habimana yagize icyo abwira Abanyarwanda ku cyorezo cya Ebola abamara impungenge

Minisitiri Habimana yagize icyo abwira Abanyarwanda ku cyorezo cya Ebola abamara impungenge

Admin User2026 Gicurasi 23

Inkuru zishyashya

Umukobwa w’imyaka 22 yagizwe umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo
Imikino

Umukobwa w’imyaka 22 yagizwe umutoza w’ikipe nkuru y’abagabo

Ikipe yo muri Turikiya, Turgutluspor, yakoze amateka yo guha akazi Zeynep Mestan nk’umutoza mushya w’ikipe yayo nkuru y’abagabo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 1 yashize
Abo mu muryango w’Umwami Oyo Nyimba bateye utwatsi ibyo kwimika Edward Rukidi mu bwami bwa Tooro
Hanze

Abo mu muryango w’Umwami Oyo Nyimba bateye utwatsi ibyo kwimika Edward Rukidi mu bwami bwa Tooro

Igikomangoma Ruth Komuntale, mushiki w’Umwami Oyo Nyimba wa Tooro, yahakanye amakuru avuga ko Edward Rukidi Kijanangoma ari we washyizweho nk’Umwami wa Tooro, avuga ko ayo makuru atari ukuri kandi ko atandukanye n’irage ry’umuvandimwe we wapfuye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 1 yashize
Kagarara ‘Ashton Small’ agiye kumurika igitabo kigaruka ku buzima bwe
INKURU NYAMUKURU

Kagarara ‘Ashton Small’ agiye kumurika igitabo kigaruka ku buzima bwe

Enock Uwizeye uzwi nka ‘Kagarara’, ariko ku rundi ruhande wamamaye nka Ashton Small, agiye kumurika igitabo kigaruka ku buzima bushaririye yakuriyemo, nk’umuntu ufite ubumuga.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 13 yashize
Umudepite  wakubise umukozi wa RwandAir arafunzwe
Hanze

Umudepite wakubise umukozi wa RwandAir arafunzwe

Augustin Lobelle Yembi, Umudepite wo muri Gabon wagaragaye akubita urushyi umukozi wa sosiyete y’indege ya RwandAir ku Kibuga Mpuzamahanga cy’Indege cya Kigali yatawe muri yombi.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Icupa rimwe ry’inzoga ku munsi ryongera ibyago bya kanseri
Health

Icupa rimwe ry’inzoga ku munsi ryongera ibyago bya kanseri

Ubushakashatsi bushya bugaragaza ko kunywa inzoga buri munsi, ndetse n’iyo umuntu yaba anywa icupa rimwe gusa, bishobora kongera ibyago byo kurwara kanseri ndetse no guhitanwa na yo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
Ingano za DR Congo FARDC zateye utwatsi amakuru y’ifatwa rya Mulima
Hanze

Ingano za DR Congo FARDC zateye utwatsi amakuru y’ifatwa rya Mulima

Ingabo za Repubulika ya Demokarasi ya Congo (FARDC) zahakanye amakuru yakwirakwijwe ku mbuga nkoranyambaga avuga ko agace ka Mulima, gaherereye muri Teritwari ya Fizi, kafashwe n’abarwanya ubutegetsi, ndetse ko ubwoba ari bwose muri Teritwari ya Uvira.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize