
Abashinwa bagiye gufatanya
n’itsinda ry’abanyeshuri biga civil engineering muri kaminuza y’u Rwanda UR
ndetse n’ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyi ngiro RP mu kubaka umuhanda prince
house-giporoso-masaka harimo n’igice kingana na 1km cyo mu Kirere.
Itsinda ry’abanyeshuri biga civil
engineering muri kaminuza y’u Rwanda ndetse n'abanyeshuri biga mu ishuri rikuru
ry’imyuga n’ubumenyi ngiro RP batangiye umushinga n’itsinda ry'Abashinwa bo muri
sosiyete ya Hunan Road and bridge construction Ltd, bazubaka umuhanda uva Gporoso ujya masaka, ndetse iritsinda rya sosiyete y’Abashinwa rikaba rivuga
ko rizasoza uyu muhanda risigiye ubumenyi buhagije abanyeshuri mu kubaka
imihanda yo mukirere.
Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda yavuze ko ubumenyi igihugu cye gifite mu bijyanye n’ubwubatsi ubu bafite gahunda yo kubusangiza abandi aho kwihererana ubwo buhanga, akaba ari
yompamvu
hatangijwe uyu mushinga, nyuma y’uko abashinwa bavugwaho kugira ubumenyi
bwihariyeho byumwihariko mu myubakire y’ibiraro byo mu kirere nka bino bagiye
gutangira kubaka mu mujyi wa Kigali.
Muri uyumushinga wo kubaka umuhanda
usaga 10km, hari igice kimwe kizaba gituruka kuri prince house kikagera ku
cyamitsingi, kikaba aricyo gice kizagaragaramo ubuhanga mu kubaka ikiraro cyo
mu kirere kireshya na 1.3km. uyu mushinga kandi ujyanye n’icyiciro cyo kwagura
umuhanda Giporoso-Masaka.
Imwe mu ngingo nyamukuru ni
ubufatanye hagati y’iyi sosiyete ndetse na kaminuza y’u Rwanda hamwe n’ ishuri
rikuru ry’imyuga n’ubumenyi ngiro RP mukuzamura ubumenyi buhanitse
bw’abanyeshuri mubijyanye n’ubwubatsi. Zimwe mu nyungu abanyeshuri biteze muri
uyumushinga ni nko kuzamura ubumenyi bw’ikoranabuhanga mu myubakire igezweho
y’imihanda dore ko ubwubatsi nk’ubu bw’imihanda yo mukirere busaba
ikoranabuhanga ryo kurwego rwo hejuru.
Imirimo nyirizina yo kubaka uyu
muhanda prince house-Giporoso-Masaka yatangiye mu kwezi kwa Gashyantare 2026,
Ni nyuma y’uko mu kwakira 2025 hari haratangiye ibikorwa byo gusenya
inyubako zishyuriwe ingurane mugace ka
Giporoso n’ i Remera kugira ngo umushinga utangire wo kubaka.
Biteganyijwe ko uyumushinga
w’uhanda w’ibirometero 10 hamwe n’ikiraro cyo mu kirere uzuzura muri Nyakanga 2028 nk’uko byatangajwe
n’umuyobozi w’umujyi wa Kigali samuel Dusengiyumva kuwa Kabiri tariki 24 Kamena
2025 mu Nama y’inteko rusange yahurije hamwe inzego zibanze mu Mujyi wa Kigali
yabereye mu Intare conference Arena.



