Umunsi.com
Abashinwa bagiye kwigisha Abanyarwanda
Inkuru ku Rwanda

Abashinwa bagiye kwigisha Abanyarwanda

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 13 min gusoma
Abashinwa bagiye kwigisha Abanyarwanda

Abashinwa bagiye gufatanya n’itsinda ry’abanyeshuri biga civil engineering muri kaminuza y’u Rwanda UR ndetse n’ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyi ngiro RP mu kubaka umuhanda prince house-giporoso-masaka harimo n’igice kingana na 1km cyo mu Kirere.

Itsinda ry’abanyeshuri biga civil engineering muri kaminuza y’u Rwanda ndetse n'abanyeshuri biga mu ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyi ngiro RP batangiye umushinga n’itsinda ry'Abashinwa bo muri sosiyete ya Hunan Road and bridge construction Ltd, bazubaka umuhanda uva Gporoso ujya masaka, ndetse iritsinda rya sosiyete y’Abashinwa rikaba rivuga ko rizasoza uyu muhanda risigiye ubumenyi buhagije abanyeshuri mu kubaka imihanda yo mukirere.

Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda yavuze ko ubumenyi igihugu cye gifite mu bijyanye n’ubwubatsi ubu bafite gahunda yo kubusangiza abandi aho kwihererana ubwo buhanga, akaba ari 

yompamvu hatangijwe uyu mushinga, nyuma y’uko abashinwa bavugwaho kugira ubumenyi bwihariyeho byumwihariko mu myubakire y’ibiraro byo mu kirere nka bino bagiye gutangira kubaka mu mujyi wa Kigali.

Muri uyumushinga wo kubaka umuhanda usaga 10km, hari igice kimwe kizaba gituruka kuri prince house kikagera ku cyamitsingi, kikaba aricyo gice kizagaragaramo ubuhanga mu kubaka ikiraro cyo mu kirere kireshya na 1.3km. uyu mushinga kandi ujyanye n’icyiciro cyo kwagura umuhanda Giporoso-Masaka.

Imwe mu ngingo nyamukuru ni ubufatanye hagati y’iyi sosiyete ndetse na kaminuza y’u Rwanda hamwe n’ ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyi ngiro RP mukuzamura ubumenyi buhanitse bw’abanyeshuri mubijyanye n’ubwubatsi. Zimwe mu nyungu abanyeshuri biteze muri uyumushinga ni nko kuzamura ubumenyi bw’ikoranabuhanga mu myubakire igezweho y’imihanda dore ko ubwubatsi nk’ubu bw’imihanda yo mukirere busaba ikoranabuhanga ryo kurwego rwo hejuru.

Imirimo nyirizina yo kubaka uyu muhanda prince house-Giporoso-Masaka yatangiye mu kwezi kwa Gashyantare 2026, Ni nyuma y’uko mu kwakira 2025 hari haratangiye ibikorwa byo gusenya inyubako  zishyuriwe ingurane mugace ka Giporoso n’ i Remera kugira ngo umushinga utangire wo kubaka.

Biteganyijwe ko uyumushinga w’uhanda w’ibirometero 10 hamwe n’ikiraro cyo mu kirere  uzuzura muri Nyakanga 2028 nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’umujyi wa Kigali samuel Dusengiyumva kuwa Kabiri tariki 24 Kamena 2025 mu Nama y’inteko rusange yahurije hamwe inzego zibanze mu Mujyi wa Kigali yabereye mu Intare conference Arena. 

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 4 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 7 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize