Abashinwa bagiye kwigisha Abanyarwanda
Inkuru ku Rwanda

Abashinwa bagiye kwigisha Abanyarwanda

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 10 byayeho5 min gusoma
Abashinwa bagiye kwigisha Abanyarwanda
Sanga:

Abashinwa bagiye gufatanya n’itsinda ry’abanyeshuri biga civil engineering muri kaminuza y’u Rwanda UR ndetse n’ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyi ngiro RP mu kubaka umuhanda prince house-giporoso-masaka harimo n’igice kingana na 1km cyo mu Kirere.

Itsinda ry’abanyeshuri biga civil engineering muri kaminuza y’u Rwanda ndetse n'abanyeshuri biga mu ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyi ngiro RP batangiye umushinga n’itsinda ry'Abashinwa bo muri sosiyete ya Hunan Road and bridge construction Ltd, bazubaka umuhanda uva Gporoso ujya masaka, ndetse iritsinda rya sosiyete y’Abashinwa rikaba rivuga ko rizasoza uyu muhanda risigiye ubumenyi buhagije abanyeshuri mu kubaka imihanda yo mukirere.

Ambasaderi w’Ubushinwa mu Rwanda yavuze ko ubumenyi igihugu cye gifite mu bijyanye n’ubwubatsi ubu bafite gahunda yo kubusangiza abandi aho kwihererana ubwo buhanga, akaba ari 

yompamvu hatangijwe uyu mushinga, nyuma y’uko abashinwa bavugwaho kugira ubumenyi bwihariyeho byumwihariko mu myubakire y’ibiraro byo mu kirere nka bino bagiye gutangira kubaka mu mujyi wa Kigali.

Muri uyumushinga wo kubaka umuhanda usaga 10km, hari igice kimwe kizaba gituruka kuri prince house kikagera ku cyamitsingi, kikaba aricyo gice kizagaragaramo ubuhanga mu kubaka ikiraro cyo mu kirere kireshya na 1.3km. uyu mushinga kandi ujyanye n’icyiciro cyo kwagura umuhanda Giporoso-Masaka.

Imwe mu ngingo nyamukuru ni ubufatanye hagati y’iyi sosiyete ndetse na kaminuza y’u Rwanda hamwe n’ ishuri rikuru ry’imyuga n’ubumenyi ngiro RP mukuzamura ubumenyi buhanitse bw’abanyeshuri mubijyanye n’ubwubatsi. Zimwe mu nyungu abanyeshuri biteze muri uyumushinga ni nko kuzamura ubumenyi bw’ikoranabuhanga mu myubakire igezweho y’imihanda dore ko ubwubatsi nk’ubu bw’imihanda yo mukirere busaba ikoranabuhanga ryo kurwego rwo hejuru.

Imirimo nyirizina yo kubaka uyu muhanda prince house-Giporoso-Masaka yatangiye mu kwezi kwa Gashyantare 2026, Ni nyuma y’uko mu kwakira 2025 hari haratangiye ibikorwa byo gusenya inyubako  zishyuriwe ingurane mugace ka Giporoso n’ i Remera kugira ngo umushinga utangire wo kubaka.

Biteganyijwe ko uyumushinga w’uhanda w’ibirometero 10 hamwe n’ikiraro cyo mu kirere  uzuzura muri Nyakanga 2028 nk’uko byatangajwe n’umuyobozi w’umujyi wa Kigali samuel Dusengiyumva kuwa Kabiri tariki 24 Kamena 2025 mu Nama y’inteko rusange yahurije hamwe inzego zibanze mu Mujyi wa Kigali yabereye mu Intare conference Arena. 

Inkuru zerekeye