Umunsi.com
U Rwanda rwatangiye gukaza ingamba zo kwirinda Ebola
Inkuru ku Rwanda

U Rwanda rwatangiye gukaza ingamba zo kwirinda Ebola

KWIZERA Jean de Dieu2026 Gicurasi 186 min gusoma
U Rwanda rwatangiye gukaza ingamba zo kwirinda Ebola

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yakajije ingamba zo gukumira icyorezo cya Ebola nyuma y’uko hagaragaye abanduye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) no muri Uganda. Nubwo kugeza ubu nta murwayi wa Ebola uraboneka mu Rwanda, inzego z’ubuzima ziri gukurikirana iki kibazo ku buryo bwa hafi kugira ngo hirindwe ko icyo cyorezo cyinjira mu gihugu.

Minisiteri y’Ubuzima yavuze ko ibikorwa byo kugenzura no gupima abantu binjira mu gihugu cyane cyane ku mipaka ihuza u Rwanda na RDC byongerewe imbaraga. Yavuze kandi ko abakora mu rwego rw’ubuzima biteguye gutabara byihuse igihe haboneka umuntu ukekwaho kuba yaranduye.

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko iri gukorana n’inzego zitandukanye zo mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga mu gukomeza kubungabunga ubuzima bw’abaturage no gukurikirana uko icyorezo gihagaze mu karere.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryashyize Ebola mu rwego rw’indwara zikeneye kwitabwaho byihutirwa ku rwego mpuzamahanga. OMS yavuze ko ubu bwandu bushya buterwa na virusi ya Bundibugyo kandi ko ibihugu bituranye na RDC na Uganda biri mu byago byo kwibasirwa n’iki cyorezo.

Kugeza ubu, OMS yatangaje ko abantu barenga 80 bamaze guhitanwa na Ebola, mu gihe abarenga 240 bakekwaho kuba baranduye iyo virusi.

Ku rundi ruhande, ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwemeje ko mu Mujyi wa Goma uhana imbibi n’u Rwanda habonetse umurwayi wa Ebola. Uwo murwayi yahise ashyirwa mu kato kugira ngo yitabweho kandi hakumirwe ikwirakwira ry’iyo ndwara.

Mu rwego rwo gukaza ubwirinzi, ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko imipaka ihuza Goma na Gisenyi yafunzwe by’agateganyo kugira ngo hagabanywe ibyago byo kwandura Ebola binyuze mu rujya n’uruza rw’abaturage hagati y’ibihugu byombi.

Minisiteri y’Ubuzima yasabye abaturage gukomeza gukurikiza amabwiriza y’isuku no kwihutira gutanga amakuru igihe hagize umuntu ugaragaza ibimenyetso bikekwa ko byaba bifitanye isano na Ebola, birimo umuriro ukabije, kuruka, gucika intege cyangwa kuva amaraso bidasanzwe.

p-DRC-0353.jpg

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 6 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize