U Rwanda rwatangiye gukaza ingamba zo kwirinda Ebola
Inkuru ku Rwanda

U Rwanda rwatangiye gukaza ingamba zo kwirinda Ebola

KWIZERA Jean de Dieu2026 Gicurasi 180 byayeho5 min gusoma
U Rwanda rwatangiye gukaza ingamba zo kwirinda Ebola
Sanga:

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko yakajije ingamba zo gukumira icyorezo cya Ebola nyuma y’uko hagaragaye abanduye muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) no muri Uganda. Nubwo kugeza ubu nta murwayi wa Ebola uraboneka mu Rwanda, inzego z’ubuzima ziri gukurikirana iki kibazo ku buryo bwa hafi kugira ngo hirindwe ko icyo cyorezo cyinjira mu gihugu.

Minisiteri y’Ubuzima yavuze ko ibikorwa byo kugenzura no gupima abantu binjira mu gihugu cyane cyane ku mipaka ihuza u Rwanda na RDC byongerewe imbaraga. Yavuze kandi ko abakora mu rwego rw’ubuzima biteguye gutabara byihuse igihe haboneka umuntu ukekwaho kuba yaranduye.

Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko iri gukorana n’inzego zitandukanye zo mu gihugu no ku rwego mpuzamahanga mu gukomeza kubungabunga ubuzima bw’abaturage no gukurikirana uko icyorezo gihagaze mu karere.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS) ryashyize Ebola mu rwego rw’indwara zikeneye kwitabwaho byihutirwa ku rwego mpuzamahanga. OMS yavuze ko ubu bwandu bushya buterwa na virusi ya Bundibugyo kandi ko ibihugu bituranye na RDC na Uganda biri mu byago byo kwibasirwa n’iki cyorezo.

Kugeza ubu, OMS yatangaje ko abantu barenga 80 bamaze guhitanwa na Ebola, mu gihe abarenga 240 bakekwaho kuba baranduye iyo virusi.

Ku rundi ruhande, ubuyobozi bw’Ihuriro AFC/M23 bwemeje ko mu Mujyi wa Goma uhana imbibi n’u Rwanda habonetse umurwayi wa Ebola. Uwo murwayi yahise ashyirwa mu kato kugira ngo yitabweho kandi hakumirwe ikwirakwira ry’iyo ndwara.

Mu rwego rwo gukaza ubwirinzi, ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwatangaje ko imipaka ihuza Goma na Gisenyi yafunzwe by’agateganyo kugira ngo hagabanywe ibyago byo kwandura Ebola binyuze mu rujya n’uruza rw’abaturage hagati y’ibihugu byombi.

Minisiteri y’Ubuzima yasabye abaturage gukomeza gukurikiza amabwiriza y’isuku no kwihutira gutanga amakuru igihe hagize umuntu ugaragaza ibimenyetso bikekwa ko byaba bifitanye isano na Ebola, birimo umuriro ukabije, kuruka, gucika intege cyangwa kuva amaraso bidasanzwe.

p-DRC-0353.jpg