Umupaka wa Rusizi uhuza u Rwanda na Congo wafunzwe
Inkuru ku Rwanda

Umupaka wa Rusizi uhuza u Rwanda na Congo wafunzwe

Admin User2026 Gicurasi 180 byayeho5 min gusoma
Umupaka wa Rusizi uhuza u Rwanda na Congo wafunzwe
Sanga:

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bwatangaje ko imipaka ya Rusizi ya mbere n’iya kabiri ihuza u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC) yafunzwe by’agateganyo mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Ebola gikomeje gukwirakwira muri icyo gihugu.

Iki cyemezo cyafashwe kuri uyu wa Mbere tariki ya 18 Gicurasi 2026, nyuma y’amasaha make hafunzwe imipaka ihuza Goma na Rubavu kubera impungenge z’ikwirakwira rya Ebola.

Umuyobozi w’Akarere ka Rusizi, Sindayiheba Phanuel, yavuze ko gufunga iyi mipaka bigamije kurinda abaturage no gukaza ingamba zo gukumira icyorezo.

Yasobanuye ko nubwo imipaka yafunzwe, hari bamwe bazakomeza koroherezwa gutambuka barimo abanyeshuri, abakora ibikorwa by’ubutabazi, abatwara ibiribwa ndetse n’abaturage batashye iwabo.

Ubuyobozi bw’Akarere ka Rusizi bwasabye abaturage gukomeza gukurikiza amabwiriza y’isuku no kwirinda ibikorwa bishobora guteza ikwirakwira ry’icyorezo. Abaturage basabwe gukaraba intoki kenshi, kwirinda gusuhuzanya n’intoki ndetse no kugabanya ingendo zitari ngombwa cyane cyane mu duce twagaragayemo Ebola.

Banibukijwe ko umuntu wese ugaragaza ibimenyetso birimo umuriro mwinshi, kuribwa mu ngingo, kuruka cyangwa kuva amaraso akwiye kwihutira kujya kwa muganga.

Mu cyumweru gishize, mu Ntara ya Ituri muri RDC habonetse umurwayi wa Ebola, ibintu byatumye inzego z’ubuzima muri Afurika zikaza ingamba zo gukumira icyo cyorezo.

Ikigo Nyafurika gishinzwe gukumira no kurwanya indwara z’ibyorezo cyatangaje ko abantu 336 bamaze kwandura Ebola, mu gihe 87 bamaze guhitanwa na yo.

Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (WHO) ryatangaje kandi ko no muri Uganda habonetse umurwayi wa Ebola wahise apfira mu bitaro bya Kampala, bituma ibihugu byo mu karere bikomeza gushyira imbaraga mu gukurikirana iki cyorezo.

Nubwo imipaka ya Rusizi ya mbere n’iya kabiri yafunzwe, abaturage bavuga ko umupaka wa Kamanyola unyuze mu Murenge wa Bugarama ugifunguye ariko ukaba ukorerwaho igenzura rikomeye ry’ubuzima hagamijwe gukomeza gukumira Ebola.

115252563_umupaka-860x484.jpeg

Inkuru zerekeye