Umunsi.com
Ibimenyetso bya mbere biranga indwara ya Sida
Health

Ibimenyetso bya mbere biranga indwara ya Sida

Admin User2026 Gicurasi 2114 min gusoma
Ibimenyetso bya mbere biranga indwara ya Sida

VIH ni agakoko gatera Sida, ku kandura ntibisobanura ko umuntu arwaye Sida. Urwaye ni wa wundi umubiri we uba utagifite ubudahangarwa, indwara z’ibyuririzi za hato na hato zikamwibasira. 

Hari uwo wabona agenda akomeye akora imirimo ye neza, afite itoto nyamara yaranduye. Ni yo mpamvu igihe cyose umenye ko wanduye ukurikiza amabwiriza ya muganga ubundi ukabaho neza, ukamara imyaka yose wakamaze kw’isi nk’uko Imana yaguteganyirije.

Igihe cyose ugize icyo wikeka ku bijyanye n’ubwandu bw’agakoko gatera Sida biba byiza iyo ugiye kwipimisha ngo umenye bimwe mu bimenyetso by’ibanze bya VIH. Ibi bigufasha kumenya uko uhagaze kugirango utangire umenye uko wakwitwara uramutse usanze waranduye kugirango ubuzima bukomeze.

Bitewe n’icyiciro runaka cy’ubwandu, ibimenyetso bya VIH bishobora gutandukana. Mu minsi yambere abantu benshi banduye bakunze kurwara ibicurane bisanzwe, iki kikaba ari kimwe mu bimenyetso utabasha gutandukanya n’indwara zisanzwe cyane ko ibicurane bikunze gufata abantu bitewe n’impamvu runaka.

Hari ibimenyetso bijyana n’ibicurane bikaba ari na byo bimenyetso by’ibanze bya VIH, muri ibi habamo:

Kuribwa n’umutwe
Kugira umuriro
Gucika intege
Kuzana utubyimba cyane cyane ku ijosi
Kuzana uduheri

Ibindi bimenyetso bikunda kwigaragaza ni nko kuribwa mu ngingo, mu muhogo, no kuzana utubyimba mu kanwa. Bamwe bakunze no kugira icyokere cyane mu ijoro ndetse no kworoshya umusarani (impiswi).

Nyuma yo kwandura VIH ibimenyetso bitangira kwigaragaza hagati y’ukwezi kumwe n’amezi abiri, gusa ibiro by’Abanyamerika bya HHS (Health and Human Services/Santé et services sociaux) bitangaza ko bishoboka ko ibi bimenyetso bishobora no kubanguka mu gihe kingana n’ibyumweru bibiri cyangwa bigatinda bikaba amezi atatu nyuma yo kwandura. HHS kandi muri 2012 batangaje ko hari bamwe mu bantu batinda kugaragaza ibimenyetso nyuma y’uko banduye.

Igihe cyose ufite ubwandu bwa VIH birashoboka ko wakwanduza abandi. Hano uturemangingo twawe cyane utwo mu maraso tuba dufite virusi y’agakoko gatera Sida, ibi rero bikaba bisobanuye ko kuba wakwanduza mugenzi wawe byoroshye cyane. Rero kuva abahanga batangaza ko hari bamwe mu bantu batinda kugaragaza ibimenyetso by’agakoko gatera Sida, biba byiza kubanza kwipimisha aka gakoko igihe cyose ugakeka.

Nanone igihe cyose ugize ibi bimenyetso twavuze haruguru si ngombwa ko uhita wicyekaho agakoko gatera Sida, kuko ntabwo ari VIH yonyine igira ibyo bimenyetso by’uburwayi.

Ibimenyetso byinshi by’agakoko gatera Sida cyane cyane byabindi by’ibigugu byigaragaza mu kiswe “Infections opportunistes” aribyo byuririzi.

Hano ubwandu bwibasira abasirikare b’umubiri wawe, kandi bamwe batajya bagaragaza ibimenyetso by’agakoko gatera Sida mbere birangira babigaragaje batangira kurwaragurika mu gihe baba bageze mu kiciro cya Sida kuko baba batarabimenye mbere ngo batangire kwiyitaho hakiri kare.

Ibi bimenyetso bya mbere by’agakoko gatera Sida bikurikirwa n’ikiciro kiba kihishe. Hano ngo virusi iguma mu mubiri mu gihe cy’imyaka myinshi. Birashoboka ko umuntu yaba abana n’agakoko gatera Sida mu gihe kirenze imyaka icumi nta kimenyetso aragaragaza, gusa nyuma y’uko ageze ku kiciro cya Sida ibimenyetso birimo iseseme, kuruka, umunaniro ndetse no kugira umuriro bishobora guhita byigaragaza.

Nubwo biteye ubwoba kwipimisha ushaka kumenya uko uhagaze, ni byiza cyane kuko bituma umenya uko witwara, yewe n’ubwo waba nta bimenyetso ugaragaza, jya wibuka ko bishoboka ko wakwanduza abandi biciye mu nzira zitandukanye harimo nk’inshinge no gukora imibonano mpuzabitsina idakingiye.

Kwipimisha ni yo nzira yonyine yakwereka ukuri nyakuri niba urwaye.

Egera muganga umuganirize ku bijyanye no kwipimisha igihe cyose wicyekamo agakoko gatera Sida.

ibimenyetso-bya-virusi-ya-HIV.png

HIV-rashes-zitangira-kwibasira-uruhu-.jpg

Herpes-ku-munwa-.jpg

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 6 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize