Umunsi.com
Menya bimwe mu byo abagore bahura nabyo bitaba ku bagabo
Health

Menya bimwe mu byo abagore bahura nabyo bitaba ku bagabo

Admin User2026 Gicurasi 2417 min gusoma
Menya bimwe mu byo abagore bahura nabyo bitaba ku bagabo

Abagabo n’abagore bafite ibyo bahuriraho mu buzima nyamara uko bateye hari ibitandukanye. Abagore nibo batwita, bakabyara, bakonsa, bakajya mu mihango ndetse abagore baracura mu gihe abagabo barinda basaza bakibyara. Ntiduhuza igitsina, ingano y’amabere n’amabuno si imwe, ijwi ni uko, abagabo bagira ubwanwa abagore (uretse bacye) ntabwo bagira gutyo gutyo…

Uko gutandukana mu miterere rero bituma hari ibindi mu buzima tudahuza ndetse hari n’indwara usanga ari umwihariko ku bagore abagabo batazirwara. Nibyo tugiye kurebera hamwe muri iyi nkuru.

Ibiba ku bagore ntibibe ku bagabo

Kanseri y’inkondo y’umura: Iyi kanseri twavugako ariho itangiye kumenyekana cyane mu bihugu byacu ariko ni indwara usanga mu bagore batari bacye hirya no hino ku isi. Kuba ifata inkondo y’umura biyigira indwara y’umwihariko ku bagore.

Kugeza ubu iyo usanze uyirwaye hari imiti uhabwa igabanya ibyago byo kuba yaguhitana kandi kuyisuzumisha ku gihe ni imwe mu nzira nziza zo kurengera ubuzima bwawe.

Iyi kanseri ikaba iterwa na HPV (Human Papilloma Virus) ikaba ari virusi yandurira mu mibonano mpuzabitsina. Byumvikane ko kuba wanduye iyi virusi byongera ibyago byo kurwara iyi kanseri.

Kugeza kuri ubu urukingo rw’iyi kanseri ruratangwa mu Rwanda ku bakobwa bakiri bato (batarakora imibonano mpuzabitsina) rukaba rutangirwa Ubuntu kandi.

Gusa niba urengeje imyaka y’urukingo ushobora kwisuzumisha bakakurebera niba nta HPV wanduye cyangwa niba nta byago byo kurwara iyi kanseri waba ufite.

Ubuzima bw’amabere: Nubwo tuvuze ubuzima bw’amabere, turashaka kuvuga kanseri y’ibere, ifata abagore cyane kurenza abagabo kuko nabo ishobora kubafata nubwo ari umubare uri hasi cyane.

Iyi kanseri y’amabere ikaba ari kanseri ibabaza kandi yica iyo idasuzumwe hakiri kare aho kuyivura hakoreshwa uburyo bwo kubaga ibere ryafashwe rigakurwaho cyangwa se hagashiririzwa.

Kwisuzumisha nibyo bizakubwira niba ufite iyi kanseri cyangwa ufite ibyago byo kuba wayirwara. By’umwihariko niba wumva mu ibere ryawe harimo igiturugunyu kikurya kandi kigenda gikura, wizuyaza kwipimisha kanseri.

Kandi ubu mu Rwanda ku bakoresha ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de santé) iyo urengeje imyaka 35 wemerewe kwisuzumisha indwara zose (general medical check-up) bakakwishyurira.

Zimwe mu ndwara zandurira mu mibonano mpuzabitsina

Nubwo izi ndwara zidafata abagore gusa ariko nyinshi muri zo nibo zibasira cyane kurenza abagabo. Kandi uretse no kuba ari bo nyinshi zibasira ni nabo zigiraho ingaruka cyane kurenza abagabo.

Kandi igituma zibabera ikibazo ni uko kuri bo ahanini zitagaragaza ibimenyetso, ndetse n’izibigaragaje zikagira ibyenda gusa hamwe umugore anashobora kwitiranya ibimenyetso n’impinduka zisanzwe mu mubiri we nko kujya mu mihango cyangwa kuba ari mu burumbuke.

Nk’imitezi na chlamydia usanga byenda guhuza ibimenyetso 100%, kubitandukanya bikorwa mu gihe hafashwe ibizami.

Nyamara gutinda kubivuza bitera ingorane zinyuranye nk’ubugumba cyangwa gutwitira inyuma y’umura.

Rero igihe cyose ubonye impinduka nto mu mikorere y’igitsina cyangwa urwungano rw’imyororokere ni byiza guhita wisuzumisha ukanafata imiti ku gihe kandi neza kugirango wirinde ibindi byose byakurikiraho.

Kuboneza urubyaro: Nubwo n’abagabo bashobora kuboneza urubyaro bakoresheje agakingirizo cyangwa kwifungisha burundu ariko usanga ahanini uburyo bwo kuboneza urubyaro bukorwa n’abagore kurenza abagabo.

Uhereye ku binini byo kuboneza urubyaro ukageza ku nshinge n’agapira gashyirwa mu gitsina byose bikorwa n’abagore.

Ntitwibagiwe n’agapira gashyirwa mu gitsina kimwe n’imiti ishyirwa mu gitsina ngo yice intanga cyangwa urunigi no kubara, byose bikorwa n’umugore.

Gusa mu buryo bwose, ni byiza ko mbere yo kugira ubwo ukoresha ubanza kuganira na muganga akagupima ndetse akagufasha guhitamo uburyo bujyanye n’imikorere y’umubiri wawe.

woman-health-screening-1.jpg

10-things-about-breast-cancer-s2-what-is-breast-cancer.jpg

contraceptives-methods.jpg

cs.jpg

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 6 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize