
Niba ufite amabya manini , ukaba utumva uburibwe cyangwa ngo wiyumvemo ikindi kibazo , ntugahangayike, ariko niba warabonye akura (Amabya) ugeze mu myaka mikuru, ushobora kuba ufite ikibazo cy'ubuzima. Muri iyi nkuru tugiye kureba hamwe isano yo kugira udusabo tubika intanga tunini no kugira uduto.
'Amabya' mu Kinyarwanda cyiza, ni igice cy'umugabo kiba gifite uruhu rugikikije ruzwi nka 'Scrotum' mu ndirimi z'Amahanga ndetse akaba aremwe mu ishusho y'igi. Amabya kandi ni igice kiri hagati y'amaguru y'abagabo, umumaro wacyo munini akaba ari ukurema intanga ngabo no kuzibika no gukora umusemburo wa 'Testostetone'.
Ubusanzwe , buri 'Bya' ripima byibura 'Insh 2' n'ubwo bidakunze kubaho ko umugabo umwe agira amabya abiri asumbana mu bunini. Amabya atangira gukura kuva ku myaka 8 kugeza mu bugimbi.
Ubushashatsi bwo muri 2013 bwanditswe muri 'Journal of Sexual Medicine
Trusted Source' buvuga ko ingano nini y'udusabo tubika intanga tw'umugabo , buhuzwa no kuba ashobora kuba arwaye indwara izwi nka 'Cardiovascular' ifite aho ihuriye n'umutima ndetse n'imiyoborantanga n'amaraso.
Ubwo bushakashatsi kandi buhuza kugira 'Amabya' manini , no kuba umuntu agira intanga nyinshi cyangwa umusemburo wa Testosterone mwinshi no kuba uwo muntu agira umunabi n'imico mibi cyangwa 'Agression'. Ibi kandi bihuzwa n'ubundi bushakashatsi bugaragaza ko kugira 'Amabya' mato nabyo bishobora guterwa no kuba uwo muntu agira intanga nkeya cyangwa uwo musemburo wa Testosterone mukeya.
Uyu mugabo ufite manini ngo ahorana umushiha, umunabi ndetse ngo ibyerekeye kurera abana cyangwa gusabana n'abo no kubarera ntabwo abikunda cyane ugereranyije n'umugabo ufite mato kuko ngo we akunda abana cyane , abahora hafi kandi aba yumva batamujya kure.
Mu gihe udusabo twabo byaba bigaragara ko tugenda tuba tugari (Tunini), byaba biterwa n'ibibazo by'ubuzima ufite ndetse bishobora no kuzatuma ubagwa dore ko ngo ibi bibazo hari ubwo biba ari iby'igihe gito cyangwa se akaba ari twibanire. Abagabo bafite icyo kibazo cyo kugira amabya manini bagirwa inama yo kugana abaganga bazwi nka 'Urologist' bapima inkari ku bagabo kubagore.
Ikinyamakuru dukesha iyi nkuru, kuvuga ko mu gihe ubona amabya yawe arimo kugenda aba mato, ibyo ari ibisanzwe by'umwihariko mu gihe ubona rwaruhu twavuze ruyakikije rwikunje, gusa bakavuga ko mu gihe wabona izindi Changes byaba bigaragaza ikibazo gikomeye ushobora kujya kwa muganga by'umwihariko mu gihe wakumva urimo kuribwa.
Uwo ruhu, nirwo rurinda amabya, iyo ari mu gihe cy'ubushyuhe cyangwa ubukonje hari uburyo agabanuka cyangwa akiyongera , ibyo ngo ntakibazo biteye. Mu gihe ubona utwo dusabo twabaye tunini cyane kurenza uko bisanzwe mu gihe gisanzwe, jya kwa muganga.
Uramutse ufite ikibazo cyangwa ugashaka ko tuguha izindi nama kuri iyi nkuru twandikire kuri watsapp 0791859465 (UMUNSI.COM).












