Umunsi.com
‎Ubushakashatsi: Abagabo bafite amabya manini bagira umujinya mwinshi kandi ntibazi kwita ku bana babo ugereranyije n'abafite amato
Health

‎Ubushakashatsi: Abagabo bafite amabya manini bagira umujinya mwinshi kandi ntibazi kwita ku bana babo ugereranyije n'abafite amato

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 294 min gusoma
‎Ubushakashatsi: Abagabo bafite amabya manini bagira umujinya mwinshi kandi ntibazi kwita ku bana babo ugereranyije n'abafite amato

‎Niba ufite amabya manini , ukaba utumva uburibwe cyangwa ngo wiyumvemo ikindi kibazo , ntugahangayike, ariko niba warabonye akura (Amabya) ugeze mu myaka mikuru, ushobora kuba ufite ikibazo cy'ubuzima. Muri iyi nkuru tugiye kureba hamwe isano yo kugira udusabo tubika intanga tunini no kugira uduto.

‎'Amabya' mu Kinyarwanda cyiza, ni igice cy'umugabo kiba gifite uruhu rugikikije ruzwi nka 'Scrotum' mu ndirimi z'Amahanga ndetse akaba aremwe mu ishusho y'igi.  Amabya kandi ni igice kiri hagati y'amaguru y'abagabo, umumaro wacyo munini akaba ari ukurema intanga ngabo no kuzibika no gukora umusemburo wa 'Testostetone'.

‎Ubusanzwe , buri 'Bya' ripima byibura 'Insh 2' n'ubwo bidakunze kubaho ko umugabo umwe agira amabya abiri asumbana mu bunini. Amabya atangira gukura kuva ku myaka 8 kugeza mu bugimbi.

‎Ubushashatsi bwo muri 2013 bwanditswe muri 'Journal of Sexual Medicine

‎Trusted Source' buvuga ko ingano nini y'udusabo tubika intanga tw'umugabo , buhuzwa no kuba ashobora kuba arwaye indwara izwi nka 'Cardiovascular' ifite aho ihuriye n'umutima ndetse n'imiyoborantanga n'amaraso.

‎Ubwo bushakashatsi kandi buhuza kugira 'Amabya' manini , no kuba umuntu agira intanga nyinshi cyangwa umusemburo wa Testosterone mwinshi no kuba uwo muntu agira umunabi n'imico mibi cyangwa 'Agression'. Ibi kandi bihuzwa n'ubundi bushakashatsi bugaragaza ko kugira 'Amabya' mato nabyo bishobora guterwa no kuba uwo muntu agira intanga nkeya cyangwa uwo musemburo wa Testosterone mukeya.

‎Uyu mugabo ufite manini ngo ahorana umushiha, umunabi ndetse ngo ibyerekeye kurera abana cyangwa gusabana n'abo no kubarera ntabwo abikunda cyane ugereranyije n'umugabo ufite mato kuko ngo we akunda abana cyane , abahora hafi kandi aba yumva batamujya kure.

‎Mu gihe udusabo twabo byaba bigaragara ko tugenda tuba tugari (Tunini), byaba biterwa n'ibibazo by'ubuzima ufite ndetse bishobora no kuzatuma ubagwa dore ko ngo ibi bibazo hari ubwo biba ari iby'igihe gito cyangwa se akaba ari twibanire. Abagabo bafite icyo kibazo cyo kugira amabya manini bagirwa inama yo kugana abaganga bazwi nka 'Urologist'  bapima inkari ku bagabo kubagore.

‎Ikinyamakuru dukesha iyi nkuru, kuvuga ko mu gihe ubona amabya yawe arimo kugenda aba mato, ibyo ari ibisanzwe by'umwihariko mu gihe ubona rwaruhu twavuze ruyakikije rwikunje, gusa bakavuga ko mu gihe wabona izindi Changes byaba bigaragaza ikibazo gikomeye ushobora kujya kwa muganga by'umwihariko mu gihe wakumva urimo kuribwa.

‎Uwo ruhu, nirwo rurinda amabya, iyo ari mu gihe cy'ubushyuhe cyangwa ubukonje hari uburyo agabanuka cyangwa akiyongera , ibyo ngo ntakibazo biteye. Mu gihe ubona utwo dusabo twabaye tunini cyane kurenza uko bisanzwe mu gihe gisanzwe, jya kwa muganga.

‎Uramutse ufite ikibazo cyangwa ugashaka ko tuguha izindi nama kuri iyi nkuru twandikire kuri watsapp 0791859465 (UMUNSI.COM).

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎MU MAFOTO : Diamond Platnumz yatanze ibyishimo bisendereye mu gitaramo cyitabiriwe cyane n'urubyiruko
INKURU NYAMUKURU

‎MU MAFOTO : Diamond Platnumz yatanze ibyishimo bisendereye mu gitaramo cyitabiriwe cyane n'urubyiruko

‎Nyuma y'imyaka itatu, Diamond Platnumz yongeye guha ibyishimo Abanyarwanda mu gitaramo cyabereye mu Mugi wa Kigali.Ni igitaramo Simba yahuriyemo na Bruce Melodie , Nel Ngabo na Ish Kevin.

KWIZERA Jean de Dieuiminota 15 zashize
Ubujurire bwa KNC bwateshejwe agaciro kuri Hakim Hamissi
Imikino

Ubujurire bwa KNC bwateshejwe agaciro kuri Hakim Hamissi

KNC nyuma yo kutemera ibyavuye muri komisiyo y'amategeko. Akajurira. Akanama kigenga k'ubujurire katesheje agaciro ubujurire bwe.

ADAM Yannickiminota 11 zashize
‎Gen Muhoozi yavuze ko agomba gufunga aba-General bose bahawe ikiruhuko cy'izabukuru bakabyishimira
Hanze

‎Gen Muhoozi yavuze ko agomba gufunga aba-General bose bahawe ikiruhuko cy'izabukuru bakabyishimira

‎Gen Muhoozi Kainarugaba , Umugaba Mukuru w'Ingabo za Uganda, akaba Umuhungu wa Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko kubera amashusho y'aba-general bashyizwe mu kiruhuko cy'izabukuru yabagaragaye bari kubyina cyane , agomba kubafunga bose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 11 yashize
Bamwe mu bakinnyi bashya ba Rayon Sports bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere muri CAF Confederation
Imikino

Bamwe mu bakinnyi bashya ba Rayon Sports bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere muri CAF Confederation

Kugeza ubu amakuru avuga ko bamwe mu bakinnyi bashya b’ikipe ya Rayon Sports, Mohamed Ouattara, Sandja Bula na Elie Mukono Eldinho bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere wa CAF Confederation Cup bitewe n’uko urwego rwabo rukiri hasi.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 12 yashize
Nyagatare: Minisitiri Habimana yibukije abaturage gufatanya kurandura ibyuma n’inzoga zitujuje ubuziranenge
Rwanda

Nyagatare: Minisitiri Habimana yibukije abaturage gufatanya kurandura ibyuma n’inzoga zitujuje ubuziranenge

Mu murenge wa Rwimiyanga habereye Umuganda ngarukakwezi wahuje abaturage, abayobozi bo mu nzego za Leta, inzego z’umutekano n’urubyiruko rwo muri gahunda ya 'Soberchou', hagamijwe gukomeza ubufatanye mu gukemura ibibazo bibangamira umutekano, ubuzima n’iterambere ry’abaturage.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 12 yashize
‎Ibyo abagabo bicuza cyane iyo bageze mu myaka 60
Izindi nkuru

‎Ibyo abagabo bicuza cyane iyo bageze mu myaka 60

‎Abagabo hari igihe kigera bagasubiza amaso inyuma bagashaka kugarura ibyahise nyamara bitarashoboka. Muri iyi nkuru turibanda ku byo abagabo bageze mu myaka 60 bicuza cyane.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 13 yashize