
Mu murenge wa Rwimiyanga habereye Umuganda ngarukakwezi wahuje abaturage, abayobozi bo mu nzego za Leta, inzego z’umutekano n’urubyiruko rwo muri gahunda ya 'Soberchou', hagamijwe gukomeza ubufatanye mu gukemura ibibazo bibangamira umutekano, ubuzima n’iterambere ry’abaturage.
Ibi byagarutsweho mu bikorwa byo kwegera abaturage
byabereye mu Kagari ka Rwimiyaga, aho abaturage baganirijwe ku bibazo
bibangamira umutekano, imibereho myiza n’iterambere ryabo, cyane cyane
ibishingiye ku ikoreshwa ry’ibiyobyabwenge n’inzoga zitemewe, cyane ko muri aka
karere hamenywe litiro 1012 za kanyanga.
Umuyobozi Mukuru Wungirije wa Polisi y’u Rwanda
ushinzwe Ibikorwa, DIGP Vincent Sano, yavuze ko hari ibintu bitandukanye
bikomeje kubangamira umutekano n’imibereho myiza y’abaturage, birimo
ibiyobyabwenge n’inzoga zitujuje ubuziranenge.
Yagize ati: “Bimwe mu bibangamira umutekano harimo
guhinga ntimweze, inzoga zitujuje ubuziranenge n’ibiyobyabwenge, inda
zitateganyijwe ziterwa abana, ndetse no guca mu nzira zidakwiye berekeza mu
bihugu by’ibituranyi.”DIGP Sano kandi yagarutse ku bibazo by’urubyiruko
rwishora mu ngeso mbi, rukabifata nk’uburyo bwo kwishimisha nyamara bigira
ingaruka ku buzima no ku hazaza harwo.
Ati: “Ikibazo cy’ubuzima rw’urubyiruko rwishora mu
ngeso mbi babyita kwishimisha kandi ari ukwica ubuzima.” Yavuze ko gahunda ya
Soberchou na SoberGhee, ikomeje kugira uruhare mu gukangurira urubyiruko
n’abakuru kwirinda ibiyobyabwenge, by’umwihariko ibyitwa ibyuma.
Ati: “Urubyiruko ni rwo mbaraga z’igihugu. Twirinde
ibyuma, twirinde inzoga zinkorano.” Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu,
Habimana Dominique, yavuze ko Leta iri gukorana n’abaturage mu guhashya ibibazo
bishobora kubangamira ubuzima bwabo n’iterambere ry’igihugu.
Yagize ati: “Twaganiriye n’abaturage mu bikorwa
tumazemo iminsi byo kwigisha abaturage bacu ko nta kintu kiruta ubuzima.
Nk’igihugu kirangajwe imbere n’iterambere, tugomba gufatanya; abayobozi ndetse
n’abaturage tugaca ibintu byose bishobora kubangamira ubuzima bwiza
n’iterambere ry’abaturage.”
Minisitiri Habimana yavuze ko inzoga z'inkorano
n’izitujuje ubuziranenge, zirimo ibyuma, kanyanga n’ibindi biyobyabwenge, ari
bimwe mu bibazo bikwiye kurwanywa mu bufatanye hagati y’abaturage n’inzego
z’ubuyobozi.
Yasabye abaturage gukomeza kugira uruhare mu bikorwa
byo kurwanya ibyo biyobyabwenge kugeza ubwo bicitse burundu.
Ati: “Icyo dukomeza gusaba abaturage ni ubufatanye
kugira ngo ibikorwa twatangiye bikomeze kugeza ubwo izi nzoga, umuco wo kunywa
inzoga banywera gusinda, inzoga zitujuje ubuziranenge n’ibiyobyabwenge byose,
birimo urumogi, kanyanga n’ibindi muri rusange, bicike burundu bibe amateka.”
Minisitiri yavuze kandi ko kuba Rwimiyaga iri hafi
y’umupaka uhuza u Rwanda na Uganda bisaba ko abaturage barushaho kuba maso no
gukumira ibiyobyabwenge bishobora guturuka mu bihugu bihana imbibi n’u Rwanda.
Ati: “Ntabwo ari ibintu dukeneye nk’abaturage
n’igihugu. Ni yo mpamvu twemeranyije gufatanya na bo kugira ngo bicike burundu,
by’umwihariko hano muri Rwimiyaga begereye umupaka, n’uburyo bashobora kwirinda
ibishobora guturuka mu baturanyi nka kanyanga kugira ngo bakomeze kuba imboni
za bagenzi babo.”
Yanagarutse ku butumwa nyamukuru bw'uyu munsi, ati:
" Abantu bahabwe amafunguro, ibyo kurya biteguye neza byujuje
ubuziranenge. Ibyo ni byo bibereye u Rwanda rw'uyu munsi tugezemo, rubereye
abanyarwanda.
Abana basabwe kurindwa imirimo ibabuza ishuri
Minisitiri Habimana kandi yibukije ko abana bagomba
kuba bari mu ishuri kandi ko abakoresha abana imirimo itemewe bazabihanirwa.
Ati: “Umwana agomba kuba ari mu ishuri. Uzafatwa
akoresha umwana indi mirimo azahanwa.”
Yavuze ko muri iyi ntara hakigaragara ikibazo cy’abana
baterwa inda bakiri bato ndetse n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina, asaba
abaturage kudahishira ababikora.
Ati: “Iyi ntara igaragaramo ikibazo cy’abana baterwa
inda bakiri bato, ndetse no gufatwa ku ngufu. Biterwa n’ubwomanzi.”
Yasabye abaturage kujya batanga amakuru ku bakora
ibyaha nk’ibi kugira ngo bahanwe hakurikijwe amategeko.
Ati: “Dufatanye, twe guhishira umuntu wakoze icyaha
nk’icyo. Tumutange, ahanwe n’inzego zibishinzwe.”
Yashimiye abaturage kubera isuku n’imibereho myiza,
abasaba kongera ubufatanye mu kurandura inzoga zitujuje ubuziranenge, ibyuma,
kanyanga n’urumogi.
Yibukije ababyeyi ko abana bose bagomba kwitabira
ishuri kandi ko amashuri agomba kuba ahantu harangwa n’umutekano ndetse
hatarimo ibiyobyabwenge.
Ubuhamya by’uwaretse ibiyobyabwenge
Nshimiyimana Moussa, ufite imyaka 33, yatanze ubuhamya
ku buryo ibiyobyabwenge n’inzoga byagize ingaruka ku buzima bwe, avuga ko
yatangiye gukoresha ibiyobyabwenge afite imyaka 15.
Yavuze ko ibyo byatumye ava mu ishuri akiri mu mwaka
wa gatatu w’amashuri yisumbuye, nyuma aza gushaka umugore ariko umubano wabo
uza kurangira kubera imyitwarire mibi yari yaratewe n’inzoga.
Ati: “Natangiye gukoresha ibiyobyabwenge mfite imyaka
15. Mva mu ishuri ngeze mu wa gatatu w’amashuri yisumbuye. Nashatse umugore
tubyarana umwana umwe, ariko kubera kumukubita nkamutoteza kubera inzoga,
twaratandukanye.”Nshimiyimana yavuze ko mbere yari afite imyitwarire irimo
urugomo, ndetse yigeze gufungwa, ariko ubu avuga ko ari mu nzira yo kureka
ibiyobyabwenge n’inzoga.
Ati: “Nari igihazi, ndwana, ndetse naranafunzwe. Ubu
ndi mu nzira nziza zo kubireka.” Yashimiye Leta y’u Rwanda ku ngamba yafashe mu
kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge n’ibiyobyabwenge.
Ati: “Ndashimira Leta y’u Rwanda, cyane cyane Perezida
Paul Kagame, wabonye ko inzoga zitujuje ubuziranenge atari nziza zirimo ibyuma,
kanyanga n’urumogi, akazirwanya.”
Abayobozi batandukanye basabye abaturage gukomeza
gutanga amakuru ku bantu bakora cyangwa bakwirakwiza ibiyobyabwenge n’inzoga
zitujuje ubuziranenge, kugira ngo inzego zibishinzwe zibakurikirane.
Bashimangiye kandi ko kurwanya ibi bibazo bidakwiye
kuba inshingano z’inzego z’umutekano gusa, ahubwo ko bisaba uruhare
rw’abaturage, abayobozi, ababyeyi, urubyiruko n’izindi nzego zose kugira ngo
ubuzima n’iterambere by’abaturage birindwe.









