
Abagabo hari igihe kigera bagasubiza amaso inyuma bagashaka kugarura ibyahise nyamara bitarashoboka. Muri iyi nkuru turibanda ku byo abagabo bageze mu myaka 60 bicuza cyane.
Iyo abagabo bageze mu myaka ya 60, basubiza amaso inyuma, bakareba ibyo bagezeho, bakareba ibyari byiza, ibyari bibi, ndetse nibwo baretse bikabacaho bikagenda. Bimwe mubyo bicuza biba bisa n'iby'abandi bicuza bitagendeye ku myaka bafite cyangwa ikindi.
- Guha umwanya munini akazi kurenza umuryango : Ikintu cya Mbere abagabo bageze mu myaka ya 60 y'amavuko, ni uguha umwanya munini akazi kurenza umuryango. Mu bushakashatsi bwakozwe byagaragaye ko abo bagabo baba bicuza cyane kuri uwo mwanya batigeze babonera imiryango yabo.
- Amarangamutima baterekanye: Kutagaragaza amarangamutima yabo uko bikwiye biri mu bintu abagabo bageze mu myaka ya 60 bicuza cyane nk'uko byagaragajwe n'ubushakashatsi bwakozwe na BBC , aho bamwe muri abo bagabo bwakoreweho ngo bicuza ibyo bahombye kubera kutagaragaza amarangamutima yabo kuko ngo bari abo birangira bari bonyine muri iyo myaka.
- Kureka ubwoba bukayobora imyanzuro yabo: Muri iyo myaka, benshi mu bagabo , bibabarira amakosa bagize yo kureka ubwoba akaba aribwo buyobora amarangamutima yabo kugeza muri za 60. Ibyo biba byaratumye bamwe bahera aho bari , bategekwa gukora ibitari ngombwa , ndetse bigatuma batagira ibyo bageraho.
- Kubura inshuti nziza mu buzima bwabo: Ubushakashatsi bugaragaza ko inshuti nziza ari ingenzi ku buzima bwa muntu gusa hari ababura inshuti kubera akazi kenshi, kwimuka cyangwa kutita ku bintu , ibyo bigatuma iyo bageze muri ya myaka batangira kwiheba.
- Kutishimira ubuzima bafite : Benshi mu bagabo bamenya agaciro k'ubuzima ntabwo bagifite. Mu gihe bataga umwanya mu bidafite umumaro barabyicuza kandi ntabwo baba bashobora kubisubiza inyuma.
Ibi kandi bigendana n'uburyo umugabo abaho uko abandi babishaka atari uko we abishaka.
- Kuba ataragize ibimurangaza: Benshi mu bagabo bamara imyaka myinshi bari kubaha ejo hazaza habo, bitaye ku mpano zabo nibyo bakora ntibibuke ko ubuzima bukenera ibibunezeza.
Uramutse ufite ikibazo ukeneyeho inama zihariye ku buzima bwawe , Twandikire kuri watsapp yacu 0791859465.











