
Kugeza ubu amakuru avuga ko bamwe mu bakinnyi bashya b’ikipe ya Rayon Sports, Mohamed Ouattara, Sandja Bula na Elie Mukono Eldinho bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere wa CAF Confederation Cup bitewe n’uko urwego rwabo rukiri hasi.
Ku wa Kane tariki ya 27 Kanama 2026 ni bwo ikipe ya
Rayon Sports yatsinzwe na Police FC kuri penariti 4-2 mu mukino wa ½ w’igikombe
kiruta ibindi mu Rwanda ’FERWAFA Super Cup 2026. Muri uyu mukino ntabwo
Gikundiro yakoresheje abakinnyi bayo batatu iheruka gusinyisha, Mohamed
Ouattara, Sandja Bula na Elie Mukono Eldinho.
Nyuma y’umukino umutoza wa Rayon Sports Haringingo
Francis ‘Christian’ yavuze ko bagiye muri uyu mukino banatekereza ku rugendo
bafite ku wa Mbere rwerekeza muri Cameroun aho bazajya gukina na Panthère
Sportive du Ndé mu ijonjora rya mbere rya CAF Confederation Cup 2026/27.
Ati: ”Twateguye nkuko dusanzwe dutegura ariko
icyarimwe tunatekereza umukino dufite kuko ni umukino ukomeye cyane. Iyo
dukomeza twari kuba dufite umukino ku Cyumweru tukagenda ku wa Mbere ntekereza
ko nabyo twabirebye ariko ntekereza ko muri rusange umukino utari mubi”.
Ku bakinnyi bashya yavuze ko amahirwe menshi
batazabakoresha kuri uyu mukino bijyanye nuko batiteguye mu bijyanye n’imbaraga
z’umubiri.
Ati: ”Turacyareba ariko ntekereza ko amahirwe menshi
tutazaba tubafite kuko ntabwo baraba abiteguye ku bijyanye n’imbaraga z’umubiri
ngo bashobore gukina umukino nkuriya”.Ntabwo ari ubwa mbere Rayon Sports igiye
guhura na Panthère Sportive du Ndé kuko baheruka guhura mu ijonjora ry’ibanze
rya CAF Confederation Cup mu 2015.
Icyo gihe Rayon Sports yatsinze umukino ubanza
wabereye i Douala ku gitego 1-0 cyatsinzwe na Léo Uwambajimana, mbere yo
kongera gutsindira i Kigali igitego 1-0 cya Isaac Muganza. Nikomeza izahura
n'izakomeza hagati ya Atomic Ngomé yo mu birwa bya Comoros na Black Bulls yo
muri Mozambique.
Mu mwaka ushize, Rayon Sports yasezerewe mu ijonjora
rya mbere rya CAF Confederation Cup ikuwemo na Singida Black Stars yo muri
Tanzania ku giteranyo cy’ibitego 3-1.
Amakipe azaviramo mu majonjora y’aya marushanwa yombi azahabwa ibihumbi 100$ [146.361.500 Frw], yo kwita ku ngendo n’indi myiteguro y’irushanwa.












