Umunsi.com
Ubujurire bwa KNC bwateshejwe agaciro kuri Hakim Hamissi
Imikino

Ubujurire bwa KNC bwateshejwe agaciro kuri Hakim Hamissi

ADAM Yannick2026 Kanama 305 min gusoma
Ubujurire bwa KNC bwateshejwe agaciro kuri Hakim Hamissi

KNC nyuma yo kutemera ibyavuye muri komisiyo y'amategeko. Akajurira. Akanama kigenga k'ubujurire katesheje agaciro ubujurire bwe.

KNC yajuriye icyemezo cyo kurekura Hamiss Hakim nyuma yo Gutsindwa , ubujurire bwe bukaba bwateshejwe agaciro.
KNC Umuyobozi wa Gasogi United FC yajuriye muri komisiyo y'ubujurire nyuma yo gutsindwa na Hakim Hamis  urubunza Hamis yari yamurezemo muri Ferwafa ko yamwimye urwandiko rumwemerera kujya mu yindi kipe ashaka kuko amasezerano yari yarangiye muri Gasogi United FC y'imyaka ine (4) (Release Letter).

Uko ikibazo cyari giteye 

Hamis Hakim yagiye muri Gasogi United FC avuye muri Vision FC,amusinyisha imyaka ine(4) mu mwaka wa 2022-2023 amasezerano ayasinya tariki 16/8/2022. Bivuze ko amasezerano ye yarangiye mu mwaka w'imikino 2025-2026. Ariko KNC we avuga ko agifite amasezerano y'umwaka umwe agomba kurangira mu mwaka w'imikino 2026-2027. Bivuze ko yaba ayikiniye imyaka itanu kandi mu masezerano yarasinye  imyaka 4.
Hakim Hamissi
Hakim Hamissi 
KNC mu kwiregura yavuze ko habayeho kwibeshya mu kwandika amasezerano ye (contrat) kuko bayanditse mu yundi mukinnyi witwa Papy wari waziye rimwe na Hakim yagombaga kurangira mu mwaka wa 2026-2027. 

Mu masezerano mu magambo havugwamo imyaka ine (4). Mu gihe mi mibare banditse imyaka itanu(5).

Komisiyo y'amategeko muri Ferwafa ivuga ko kuba KNC yaribeshye mu kwandika amasezerano (contrat) ya Hakim muya Papy nta bimeyetso bigaragara abitangira kwiibeshya ntabwo arikosa ry'umukinnyi ni kosa ry'uwanditse amasezerano niwe ugomba kubyirengera.

Hakim avuga ko we yasinye amasezerano y'imyaka ine(4) mu gihe Gasogi yo ivuga ko yasinye imyaka itanu (5) mu gihe mu masezerano handitsemo imyaka ine (4) atari imyaka itanu(5).

Akavuga ko mu gihe yasinyaga amasezerano (contrat) ntayo bamuhaye ahubwo bayimuhaye amasezerano ye agiye kurangira, akavuga ko icyo gihe kuko bari babonye ikosa bagombaga kurikosora ariko ntabyo bakoze.

Nyuma yo kumva ibisobanuro bya buri Ruhande komisiyo yategetse Gasogi United FC guha urwandiko (Release Letter)rurekura Hakim akajya mu ikipe ashaka. Ariko KNC Umuyobozi wa Gasogi United FC yanze ku murekura avuga ko umukinnyi akiri uwe ndetse ahita ajuririra icyo cyemezo.
Nyuma y'uko urubanza ruciwe agatsindwa Hakim yahise ajya muri Kiyovu Sports Club ariko kugeza n'ubu KNC ntabwo yemera ko yatsinzwe akaba yarajuriye ndetse anavuga ko azakomeza akagera muri TAS.
Nyuma yo gutanga ubujurire

 Akanama kigenga k'ubujurire kavuze ko yatangiye ubujurire ku gihe, ariko gasanga ubujurire bwe nta shingiro bufite buhita bubutesha agaciro buvuga ko komisiyo y'amategeko ukob yaciye urubunza ariko bimeze.

Kamutegeka guhita aha urwandiko rurekura Hakim Hamissi kujya gushaka indi kipe ashaka.Twabibutsa ko Hamissi Hakim yamaze gusinya imyaka ibiri mu ikipe ya Kiyovu Sports Club.

Inkuru zerekeye

Bamwe mu bakinnyi bashya ba Rayon Sports bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere muri CAF Confederation
Imikino

Bamwe mu bakinnyi bashya ba Rayon Sports bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere muri CAF Confederation

Kugeza ubu amakuru avuga ko bamwe mu bakinnyi bashya b’ikipe ya Rayon Sports, Mohamed Ouattara, Sandja Bula na Elie Mukono Eldinho bashobora kudakoreshwa ku mukino wa mbere wa CAF Confederation Cup bitewe n’uko urwego rwabo rukiri hasi.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 13 yashize
KNC yaguririye icyemezo cyo kurekura Hamiss Hakim nyuma yo kumutsinda muri Ferwafa
Imikino

KNC yaguririye icyemezo cyo kurekura Hamiss Hakim nyuma yo kumutsinda muri Ferwafa

KNC nyuma yo gutsindwa na Hakim Hamiss avuga ko yasuzuguwe ngo Kiyovu niba imushaka nize baganire

ADAM Yannickamasaha 18 yashize
Kiyovu Sports Club na Police FC zageze ku mukino wa nyuma wa Ferwafa Turbo King Super Cup 2026
Imikino

Kiyovu Sports Club na Police FC zageze ku mukino wa nyuma wa Ferwafa Turbo King Super Cup 2026

Kiyovu Sports Club na Police FC zageze ku mukino wa nyuma zimaze gusezerera Mukura VS na Rayon Sports FC.

ADAM Yannickiminsi 2 yashize
APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona 2026
Imikino

APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona 2026

APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona nyuma yo Gutsinda Patriots BBC imikino ine kubusa (4-0). Bikaba bibaye inshuro ya kabiri yegukana igikombe yikurikiranya kuko numwaka ushyize niyo yari3yagitwaye.

ADAM Yannickiminsi 5 yashize
Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League
Imikino

Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League

Rayon Sports Women FC yatangiye nabi irushanwa rya CAF Women's Champions League CECAFA QUALFIERS nyuma yo kunganya na Mafunzo Women FC yo muri Zanzibar

ADAM Yannick2026 Kanama 22
Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO
Imikino

Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO

Umukunzi wa Lamine Yamal Ines Garcia yagaragaje urwo akunda uwo musore usanzwe ikinira ikipe ya Fc Barcelona na Espanye. Ubutumwa uyu mwari yashyize hanze bwakangaranyije imbuga nkoranyambaga bupfukirana abashakaga kubatanya.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 20

Inkuru zishyashya

‎Impanga z'abagore babiri ku myaka 49 basanze badahuje ba Se
Izindi nkuru

‎Impanga z'abagore babiri ku myaka 49 basanze badahuje ba Se

‎Lavinia na Michelle Obsbourne ntabwo bahuje ba Se nyamara baravutse ari impanga. Aba bagore kuri ubu bafite imyaka 49 y'amavuko.

KWIZERA Jean de Dieuiminota 13 zashize
‎MU MAFOTO : Diamond Platnumz yatanze ibyishimo bisendereye mu gitaramo cyitabiriwe cyane n'urubyiruko
INKURU NYAMUKURU

‎MU MAFOTO : Diamond Platnumz yatanze ibyishimo bisendereye mu gitaramo cyitabiriwe cyane n'urubyiruko

‎Nyuma y'imyaka itatu, Diamond Platnumz yongeye guha ibyishimo Abanyarwanda mu gitaramo cyabereye mu Mugi wa Kigali.Ni igitaramo Simba yahuriyemo na Bruce Melodie , Nel Ngabo na Ish Kevin.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 1 yashize
‎Gen Muhoozi yavuze ko agomba gufunga aba-General bose bahawe ikiruhuko cy'izabukuru bakabyishimira
Hanze

‎Gen Muhoozi yavuze ko agomba gufunga aba-General bose bahawe ikiruhuko cy'izabukuru bakabyishimira

‎Gen Muhoozi Kainarugaba , Umugaba Mukuru w'Ingabo za Uganda, akaba Umuhungu wa Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni, yatangaje ko kubera amashusho y'aba-general bashyizwe mu kiruhuko cy'izabukuru yabagaragaye bari kubyina cyane , agomba kubafunga bose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 12 yashize
Nyagatare: Minisitiri Habimana yibukije abaturage gufatanya kurandura ibyuma n’inzoga zitujuje ubuziranenge
Rwanda

Nyagatare: Minisitiri Habimana yibukije abaturage gufatanya kurandura ibyuma n’inzoga zitujuje ubuziranenge

Mu murenge wa Rwimiyanga habereye Umuganda ngarukakwezi wahuje abaturage, abayobozi bo mu nzego za Leta, inzego z’umutekano n’urubyiruko rwo muri gahunda ya 'Soberchou', hagamijwe gukomeza ubufatanye mu gukemura ibibazo bibangamira umutekano, ubuzima n’iterambere ry’abaturage.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 13 yashize
‎Ibyo abagabo bicuza cyane iyo bageze mu myaka 60
Izindi nkuru

‎Ibyo abagabo bicuza cyane iyo bageze mu myaka 60

‎Abagabo hari igihe kigera bagasubiza amaso inyuma bagashaka kugarura ibyahise nyamara bitarashoboka. Muri iyi nkuru turibanda ku byo abagabo bageze mu myaka 60 bicuza cyane.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
‎Yatunguwe cyane ! Celine Dion yongeye kugaragara mu ruhame nyuma y'imyaka ibiri
INKURU NYAMUKURU

‎Yatunguwe cyane ! Celine Dion yongeye kugaragara mu ruhame nyuma y'imyaka ibiri

‎Umuhanzikazi Celine Dion yatunguwe n'imbaga nyamwinshi mu Mugi wa Paris mu Bufaransa ubwo yari yongeye kugaragara mu ruhame nyuma y'imyaka ibiri.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 17 yashize