Umunsi.com
Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO
Imikino

Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 209 min gusoma
Umukunzi wa Lamine Yamal yatunguranye azimya umuriro wototeraga urukundo rwabo - AMAFOTO

Umukunzi wa Lamine Yamal Ines Garcia yagaragaje urwo akunda uwo musore usanzwe ikinira ikipe ya Fc Barcelona na Espanye. Ubutumwa uyu mwari yashyize hanze bwakangaranyije imbuga nkoranyambaga bupfukirana abashakaga kubatanya.

Mu bihe byishize, benshi bahamyaga badashidikanya ko urukundo rwa Ines na Lamine Yamal rushobora kuba rwarazambye kubera ubutumwa uyu mukobwa usanzwe waramamaye ku mbuga nkoranyambaga adasiba gushyira hanze asa n’utabikuye ku mutima rimwe na rimwe.

Ines Garcia, yaherukaga gutwererwa ubutumwa , bwavugaga ko yatangaje ko nyina wa Lamine Yamal ushobora kuzaba ‘Nyirabukwe’ atamukunda ndetse ngo atamushimiye uyu mukobwa ibintu yemezaga ko byamubabaje na we agahitamo gufata izindi nzira.

Uretse na Sheila Eban nyina wa Lamine Yamal byavugwaga ko adakunda uzaba umukazana we, ngo na Se wa Lamine Yamal ntiyamukundaga kuko yigeze kugira inama Lamine Yamal yo guhagarika umubano bafitanye kuko ngo yasanze uyu mukobwa ashobora kuba ari ‘Umukuzi w’ibyinyo’  nk’uko byakunze kuvugwa, bityo ko ngo intego ye ari ugusiga uyu mwana imifuka yera de.

Mu kwishongora kwinshi, Ines Garcia, yashyize ubutumwa ku mbuga nkoranyambaga bwatunguye abana ba Fc Barcelona naba Lamine Yamal muri rusange, aho yagaragaje ko ari ubwa mbere yari ageze kuri Stade ya Camp Nou kandi ko yishimiye kureba umukunzi we akina.

Yanditse ati:”Ndimo kureba umukunzi wange [My Babe]  ku nshuro yange ya mbere i Camp Nou, nejejwe no kumureba”.

Ines Garcia na we amaze kumenyekana ku mbuga nkoranyambaga ku rwego rw’Isi, kuva aho atangiye gukundana na Lamine Yamal ndetse uko bwije n’uko bukeye akaba akomeza kwiyegereza uyu mwana utanga icyizere muri ruhago y’Isi.

Kuba yagaragaye kuri Stade Camp Nou, byatumye benshi bagabanya ku gushidikanya ku rukundo rwabo n’ubwo babibonamo imbogamizi izarangiza ‘Yamal’ mu buryo bw’imikinire.

Haba Fc Barcelona , yaba Espanye ndetse n’abakunzi b’umupira w’amaguru bari kumavi aho basengera uwo mwana ngo ntazasubizwe inyuma n’urukundo uyu mukobwa amuha atitangiriye itama.

Ines Garcia, ni umukobwa w’imyaka 21 y’amavuko wavukiye mu Gihugu cya Espanye , Seville. Yamenyekanye cyane kubera Lamine Yamal ariko asanzwe ari umunyamideri ufatanya n’ubushabitsi bwo kumbuga nkoranyambaga.

REBA HANO AMAFOTO YA LAMINE YAMAL N'UMUKUNZI WE INES GARCIA BISHIMANYE.

Inkuru zerekeye

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 2 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Basketball: PATRIOTS BBC yageze ku mukino wa nyuma wa Kamarampaka
Imikino

Basketball: PATRIOTS BBC yageze ku mukino wa nyuma wa Kamarampaka

Patriots BBC yongeye kugera ku mukino wa nyuma wa Kamarampaka ku ikipe igomba guhatanira u Rwanda mu mikino ya BAL 2027 ni nyuma yo gutsinda REG BBC umukino wa gatanu nyuma y'uko amakipe yanganyaga imikino 2-2.

ADAM Yannickiminsi 5 yashize
Basketball: APR BBC yageze ku mukino wa nyuma aho izahura na PATRIOTS BBC
Imikino

Basketball: APR BBC yageze ku mukino wa nyuma aho izahura na PATRIOTS BBC

APR BBC igeze k'umukino wa nyuma ku nshuro ya gatatu yikurikiranya aho izahura na PATRIOTS BBC biheruka guhura ku mukino wa nyuma wa 2024 APR igatsinda Patriots imikino 4-2 bakaba bongeyeho guhura. Ninde utwara igikombe uyu mwaka?

ADAM Yannickiminsi 5 yashize
Kiyovu Sports Club: Mark Simon Harrison yatangiye gutoza
Imikino

Kiyovu Sports Club: Mark Simon Harrison yatangiye gutoza

Kiyovu Sports Club yasinyishe umutoza mushya Mark Simon Harrison ukomaka mu gihugu cy'ubwongereza uje asimbura Haringingo wagiye muri Rayon Sports Fc Shampiyona itararangiye.

ADAM Yannick2026 Kanama 13
Basketball: Patriots BBC na RSSB Tigers BBC zaraye zitwaye neza mu mukino wa 4 wa play-off
Imikino

Basketball: Patriots BBC na RSSB Tigers BBC zaraye zitwaye neza mu mukino wa 4 wa play-off

Nyuma y'uko Patriots BBC na RSSB Tigers BBC zari zitwaye neza mu mukino ubanza, maze mu mikino ibiri yakurikiyeho ntizishobore kwitwara neza. Ku mukino wa kane zitwaye neza bituma hazitabazwa umukino wa gatanu kugira ngo hamenyekane ikipe ebyiri zizagera ku mukino wa nyuma.

ADAM Yannick2026 Kanama 13

Inkuru zishyashya

Theirry Luvumbu wakiniye Rayon Sports akayihenuraho yavuze ko ari gupfa yumva kandi bucece
Imyidagaduro

Theirry Luvumbu wakiniye Rayon Sports akayihenuraho yavuze ko ari gupfa yumva kandi bucece

Rutahizamu Héritier Luvumbu Nzinga ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo , wavuye mu Rwanda yihenuye ndetse akoze amabara, yatangaje ko ababajwe n’uburyo yatereranywe n’Ubuyobozi bw’Igihugu cye mu gihe cy’imyaka ibiri amaze avuye mu Rwanda asobanura ko ari gupfa yumva kandi bucece.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 5 yashize
Uburyo burakoreshwa harebwa amanota y’ibizamini bya Leta
Izindi nkuru

Uburyo burakoreshwa harebwa amanota y’ibizamini bya Leta

Kuri uyu wa 20 Kanama 2026 nibwo hatangazwa amanota y’ibizamini bya Leta by’amashuri abanza nk’uko byatangajwe na NESA. Amanota arebwa mu buryo bwa Interineti na SMS nk’uo tugiye kubirebera hamwe.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 6 yashize
‎Mu mafoto adasanzwe ya Cinema turagukumbuza nyakwigendera Hayden Panettiere wamamaye muri Nashville, Heroes n'izindi
Cinema

‎Mu mafoto adasanzwe ya Cinema turagukumbuza nyakwigendera Hayden Panettiere wamamaye muri Nashville, Heroes n'izindi

‎Umunyabigwi Hayden Panettiere yasize amateka muri Cinema atazigera yibagirana mu mateka y'Isi dore ko yatangiye kuzikina akiri umwana muto kugeza apfuye ku wa 16 Kanama 2026 ku myaka 36 y'amavuko.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 14 yashize
‎Ibintu abagore bakunda cyane babihawe n'abagabo
Inkuru z'urukundo

‎Ibintu abagore bakunda cyane babihawe n'abagabo

‎Ubusanzwe nk'uko amateka abivuga , abagore bakunda kwishingikiriza ku bagabo ndetse burya , ngo hari ibintu abagore bakunda cyane ariko bikaba akarusho bivuye kubo bashakanye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize
Kimenyi na Muyanga nta mitungo bafite yo kugabana ! Byinshi ku rubanza rwabo
Imyidagaduro

Kimenyi na Muyanga nta mitungo bafite yo kugabana ! Byinshi ku rubanza rwabo

Umushabitsi mu myidagaduro Miss Muyango Claudine na Kimenyi Yves bari mu nzira zo gutandukana mu bwumvikane bwemewe n’amategeko nyuma y’imyaka ibiri bakoze ubukwe.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 19 yashize
Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickiminsi 1 yashize