Umunsi.com
Abagabo gusa: Menya ibiribwa 5 byagufasha kongera umubyimba n’uburebure bw’igitsina mu buryo gakondo uhereye ku gitunguru
Health

Abagabo gusa: Menya ibiribwa 5 byagufasha kongera umubyimba n’uburebure bw’igitsina mu buryo gakondo uhereye ku gitunguru

Admin User2026 Gicurasi 2017 min gusoma
Abagabo gusa: Menya ibiribwa 5 byagufasha kongera umubyimba n’uburebure bw’igitsina mu buryo gakondo uhereye ku gitunguru

Ingano y’igitsina cy’umugabo iri mu bitera imfunwe igihe itageza ku ngano ikenewe nyamara hari ibiribwa bitanu biboneka buri hamwe byagufasha kugira iyo ngano wifuza uhereye ku gitunguru.

Benshi bafite igitsina gito mu mubyimba bahorana agahinda kuko bibatera imfunwe, usanga bitabaza imiti n’ibinini bibongerera ubugabo ariko by’umwihariko mu gihe bagiye gutera akabariro byarangira bagasubira uko bahoze. Iyi miti ikaba igurwa na benshi ku isoko kuko iba icyenewe mu gikorwa cyo gutera akabariro ari nacyo gituma ikiremwamuntu gikomeza kubaho gihererekana mu bisekuru imyaka n’imyaka.

N'ubwo ariko iyo miti inyuranye ikoze mu binini mu ma dose witera mu buryo bw'inshinge n'iyo kwisiga ihari ndetse benshi barayiyoboka. Nyamara hari uburyo budahenze kandi butanga umusaruro Imana yaremye bushobora gutuma igitsina cy’umugabo kigera ku ngano y’uburebure bwifuzwa bwa 20cm kuzamura buhuza neza n’ingano y’igitsina cy’umugore kimwe n’umubyimba ukaba wabasha kwiyongera. Ibi bikagufasha gukomeza kuba umugabo w’intarumikwa mu muryango by’umwihariko mu maso y’umugore wawe.

Ibyo biribwa bitanu bikaba ari ibi bikurikira byose bikaba ari ingenzi ariko mu buryo butandukanye kubimenya byose neza bikaba byagufasha kugira ingano y’uburebure, umubyimba yewe no gukomera ku gitsina cyawe mu gihe cyo gutera akabariro.

1.Igitunguru: Ubushakashatsi bwerekana ko igitunguru gituma amaraso atembera neza mu mutima. Gufata igitunguru bikaba bifasha kuba amaraso atavura ngo biyatere kudatembera neza. Ibyo rero nibyo abantu usanga bazi cyane nyamara burya uko amaraso aba atembera neza mu mutima ni nako aba atembera neza mu gitsina cy’umugabo. Kandi ubu bushakashatsi bukaba bukomeza bwemeza ko umugabo wese ufite amaraso atembera neza mu mutima n’igitsina cye kiyongera mu buryo bwose bushoboka.

__opt__aboutcom__coeus__resources__content_migration__simply_recipes__uploads__2009__01__how-to-slice-onion-horiz-a2-1800-1ff872c2194e49169812d2fcbc1f3e6c.jpg

2.IminekeUrubuto rw’umuneke rukaba rurimo ‘potassium’ kandi ikaba ari ingenzi mu buzima bw’imiyoboro y’amaraso mu mubiri. Umuneke ugabanya imyunyu mu mubiri iba yagutera ikibazo. Ibi bigatuma amaraso akomeza gutembera neza mu mubiri. Bikongerera ubudahangarwa umutima bikanagira ingaruka nziza mu itembera ry’amaraso kandi ibi biba ari ingenzi mu kwiyongera ku igitsina cy’umugabo no gushyukwa bityo rero gufata imineke ni kimwe mu bintu by’ingenzi byagufasha kongera ubugabo bwawe mu gihe gito.

3.Epinari: Ziri mu bwoko bw’indabo wanavuga imboga zikomoka muri Persia. Epinari zikaba ari ingenzi mu kwiyongera kw'igitsina cy’umugabo mu buryo gakondo. Ziba zirimo ‘Magnesium’ ibasha gutetesha no gutonesha imikaya itwara amaraso mu gitsina cy’umugabo bityo akabasha gutambuka neza mu buryo bwagenwe nta nkomyi. Bityo kuzifata ku gihe biri mu byagufasha kongera uburebure, umubyimba no kubasha gukomera bicyenewe mu gihe cyo gutera akabariro.

4.Ibiribwa bikomoka ku mafi: Gutembera neza kw'amaraso mu mubiri ni imwe mu nzira z’ingenzi zituma umugabo abasha kugira ubugabo bukenewe yewe akaba yanashyukwa mu buryo bwiza. Bityo rero gufata inyama z’amafi n’ibindi biyakomokaho bituma ubasha kugira ubwiyongere mu mubiri bwa ‘Omega 3 fatty Acid’ y’ingenzi mu gushyira ku murongo umuvuduko w’amaraso ikanahanga n’umunaniro n’indwara z’umutima. Igihe ibyo byose biri ku murongo bituma nk'umugabo ukomeza kubaho nta nkomyi mu buzima n’umubiri wawe ukaba uri ku murongo bijyanira n’igitsina cyawe.

pan-seared-salmon--1200x988.jpg

5.Ibihaza, amadegede, imyungu: Ibi biribwa byose biba bikungahaye kuri ‘Amino Acid’ ibasha gutuma igitsina cy’umugabo gikura binyuze mu kuba ubwayo yihinduramo inshuti y’igitsina cy’umugabo imenyewe nka ‘L-Arginine Amino Acids’ nayo itanga ‘Nitric Oxide’ ifasha kuba amaraso abasha gutembera neza mu gitsina cy’umugabo. Nayo kandi ikaba itetesha igatonesha imiyoboro y’amaraso mu bugabo. Kubifata ku gihe byongera mu buryo bwo hejuru ingano, umubyimba n’uburebure bw’igitsina cy’umugabo.

270609_2200-732x549.avif

38362937-handsome-satisfied-man-sure-in-himself-showing-unde-7195631626584825.jpg

Src: Pulse.com

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho
Imyidagaduro

Turbo King Super Cup 2026: FERWAFA yatangaje ikipe isimbura APR FC n'amatariki mashya izaberaho

Nyuma y'uko APR FC ivuze ko itazitabira irushanwa rya Turbo King Super Cup 2026 Ivuga ko itaganirijwe mbere y'uko bahindura uko amakipe agomba kuryitabira ndetse ivuga ko k hari guhamagarwa abanyamuryango bose ba FERWAFA, kuko amakipe ane gusa atari yo agenewe irushanwa rya Super Cup, kuko ubundi rikinwa n’amakipe yitwaye neza mu mwaka wabanje abiri,iyatwaye shampiyona niyatwaye igikombe cy'amahoro. Aho bamenyesherejwe umwanzuro ku irushanwa, ngo wasanze Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yarateguyemo imikino ya gicuti yo kwitegura irushanwa rya CAF Champions League 2026/27.

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance
Akazi

Umutoza w'ikipe y'igihugu Amavubi niwe washoje Irushanwa Urubuto Youth Champignonships ritegurwa na IMIZI Football Alliance

Hirwa,Imena,na Future nizo zegukanye irushanwa Urubuto Youth Champignonships mu byiciro byose

ADAM Yannickamasaha 3 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 6 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA
Imikino

Umwongereza Nicholas de-Long yahawe akazi muri FERWAFA

Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA) ryashyizeho Umwongereza Nicholas de-Long nk’ushinzwe iterambere ry’abakiri bato muri ruhago.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize