Ubushashatsi ! Kugona ni ikimenyetso cy’indwara ituma ubwonko bubura oxygène
Health

Ubushashatsi ! Kugona ni ikimenyetso cy’indwara ituma ubwonko bubura oxygène

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 160 byayeho4 min gusoma
Ubushashatsi ! Kugona ni ikimenyetso cy’indwara ituma ubwonko bubura oxygène

Inzobere mu kuvura indwara zo mu buhumekero mu Bitaro bya CHUK, Dr. Babane Jean Félix, yasobanuye ko kugona, nubwo hari ababifata nk’ikintu cyoroshye kibangama gusa kubera urusaku biteza, bishobora kuba ikimenyetso cy’indwara ikomeye itera kubura umwuka uhagije mu bwonko.

Dr. Babane yasobanuye ko kugona atari indwara ubwayo, ahubwo bishobora kuba ikimenyetso cy’indwara kandi ingaruka zabyo zigateza ibindi bibazo.

Ati: “Ukugona ni ikimenyetso cy’uko umwuka umuntu asohora ahumeka mu miyoboro yo hejuru utabona umwanya uhagije wo kunyuramo. Ibyo bituma umwuka usohoka usa n’ukoresha ingufu, bikaba ari byo twita kugona.”

Kugona biza ari ikimenyetso cy’indwara yitwa Apnée obstructive du sommeil, ituma iyo umuntu aryamye nijoro imiyoboro y’umwuka isa nk’ifungana.

Iyo ndwara ahanini iterwa n’umubyibuho ukabije kuko ibinure biba byagiye byegera imiyoboro y’umwuka ku gice cyo hejuru bikabangamira ingano y’umwuka wacagamo, bigatuma umuntu ahumeka asa n’ubihata.

Iyo bigenze gutyo n’umwuka wa oxygène winjira mu mubiri uba muke, amaraso ajya mu bwonko na yo akajyana oxygène idahagije, ikibazo mu bwonko kikaba kiravutse.

Ikindi gishobora gutera kugona ni izabukuru, kuko uko umuntu asaza imikaya igenda itakaza ubushobozi bwo gukora neza ngo yifungure uko bikwiye, bikaba byatuma umwuka wacaga mu miyoboro y’umwuka udacamo neza.

Ikindi gishobora gutera kugona ni indwara ya angine, ituma mu miyoboro y’umwuka hashobora kubyimba, no kugira akanwa gatereye inyuma cyane ku buryo kabangamira imikorere y’imiyoboro y’umwuka.

Dr. Babane ati: “Ikindi ni abantu usanga bafite ururimi rutereye ahagana inyuma cyane. Ruba ari ururimi rusa n’urugenda rugafunga imiyoboro y’umwuka. Iyo umuntu abyutse abasha kwirwanaho nta kibazo, ariko iyo aryamye ururimi rwose rwuzura muri iyo miyoboro.”

Kugona kandi bishobora guterwa no kunywa inzoga nyinshi no gufata imiti imwe n’imwe, ariko iyo ibyo bitamaze igihe kinini bishobora gukemuka bitaragera ku rwego ruteza ikibazo.

Uko kugona biba ikibazo ni uko birenga urusaku rwumvikana mu gihe umuntu asinziriye, kandi ingaruka zabyo ni zo zikomeye.

Dr. Babane ati: “Umuntu ubangamirwa cyane ni umuntu baryama ku buriri bumwe. Bigera ku rwego aba ashobora kurara adasinziriye cyangwa akarara ashikagurika. Ku manywa ni bwo ashobora kugenda atura ibishyito kuko nijoro aba atasinziriye neza.”

Uyu muganga yavuze ko abenshi bajya kwivuza ingaruka zabyo ariko batazi ko zifitanye isano n’ikibazo cyo kugona.

Ati: “Usanga aza kwivuza atazanywe n’uko agona. Ahubwo araza akatubwira ati ‘ngera mu kiliziya nkaba ndasinziriye’, cyangwa naba ndi mu modoka bakandenza aho ngiye nasinziriye.”

“Usanga aho yicaye hose ahondobera. Ibyo biterwa n’uko nijoro aba atasinziriye kuko nubwo aba aryamye, ubwonko ntibuba buri kubona oxygène ihagije. Ikindi ni uko umubiri uba utabasha gusohora umwuka wa dioxyde de carbone uko bikwiye, bikagira ingaruka ku bwonko ari byo bituma ahondobera.”

Abakunze kwibasirwa no kugona ni abagabo kurusha abagore, ndetse byibasira cyane abafite umubyibuho ukabije. Gusa n’abagore bamaze kubyara bajya bibasirwa n’icyo kibazo.

Ibimenyetso by’uko kugona k’umuntu biri ku rwego ruteye ikibazo gikeneye guhagurukirwa ni uguhondobera bikabije ku buryo ashobora no gusinzira atwaye imodoka, no kubira ibyunzwe cyane mu gihe asinziriye ari kugona, bishobora no kujyana no gushigukira hejuru kuko umwuka uba uri kumubana muke cyane.

Inama abantu bagirwa ni ukwirinda umubyibuho ukabije ndetse no kudakerensa kujya kwivuza mu gihe bafite ikibazo cyo kugona, kugira ngo harebwe impamvu zibitera n’icyakorwa mu guhangana n’ingaruka zabyo bitaragera kure.



Inkuru zerekeye