Umwalimukazi w’imyaka 34 yafashe ku ngufu umwana w’imyaka 11 yigishaga; anavuga ko aruta abagabo benshi
INKURU NYAMUKURU

Umwalimukazi w’imyaka 34 yafashe ku ngufu umwana w’imyaka 11 yigishaga; anavuga ko aruta abagabo benshi

KWIZERA Jean de Dieu2025 Ukwakira 33 min gusoma
Umwalimukazi w’imyaka 34 yafashe ku ngufu umwana w’imyaka 11 yigishaga; anavuga ko aruta abagabo benshi

Umwalimukazi w’imyaka 34 y’amavuko yashutse umwana w’imyaka 11 yigishaga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza aza i we amufata ku ngufu ;abajijwe avuga ko uwo mwana yamukururaga kandi ko aruta abagabo benshi. Mu mujyi wa Mt. Zion, muri Leta ya Illinois, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, haravugwa inkuru y’umugore witwa Alley Bardfield, wahoze ari umwarimu mu ishuri ribanza rqya Decatur Public Schools, wahamijwe n’urukiko nyuma yo kwemera icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 11.

Uyu mugore w’imyaka 34, ufite abana batatu, yemeye ko yagiye yinginga uwo mwana wigaga mu mwaka wa gatandatu ngo aze iwe mu rugo kugirango bamarane amasaha menshi barimo gukina, maze akamufata ku ngufu inshuro zitandukanye. Ibi byamenyekanye nyuma y’uko nyina w’uwo mwana yabonaga impinduka mu myitwarire y’umuhungu we, bikamusunikira gusuzuma telefoni ye. Mu butumwa bwo kuri telefoni, nyina yabonye amafoto n’amagambo y’urukundo hagati y’uwo mwana n’umwarimukazi, harimo n’ubutumwa bwoherejwe n’uyu mugore burimo amagambo y’urukundo ndetse n’ubundi bufasha bw’amafaranga bungana na $700 yagiye amwoherereza mu mezi yari ashize.

Polisi yifashishije umuhungu ndetse na nyina mu gikorwa cyihariye cyo gushaka ibimenyetso, aho uwo mwana yohereje ubutumwa bushukana ku mwarimukazi, bumusaba ko bazongera kubonana na we arabyemera mu butumwa bwafashwe nk’ibimenyetso simusiga. Mu iperereza ryimbitse ryakozwe, uwo mwana yatangaje ko ku itariki ya 29 Werurwe, ubwo yari kwa Bardfield, yamujyanye mu cyumba cye, bakambara ubusa bombi, hanyuma akamusambanya ku gahato. Nyuma y’iki gikorwa, uwo mwana yajyanywe ku bitaro bya HSHS St.

John's Hospital, aho yakorewe ibizamini bya gihanga bikorerwa abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina . Alley Bardfield yafashwe ku itariki ya 1 Mata 2024, mu rugo rwe, nyuma y’uko polisi yari imaze kubona ibimenyetso bihagije. Yaje kwemera icyaha mu rukiko, ariko yiregura avuga ko uyu mwana ari we watangiye kumukurura mu nguni zose kandi ko arusha abagabo benshi mu cyumba cy’ibanga.

Byaje kugaragara ko ndetse yamwoherereje amafoto yambaye ubusa abinyujije kuri CashApp. Urukiko rwamukatiye igifungo cy’imyaka 10, ariko ruvuga ko hari amahirwe ko yajya mu mirimo ifitiye igihugu akamaro, ibintu byarakaje cyane umuryango w’uwo mwana, wafashe icyemezo cyo kuva mu rukiko utavuze n’ijambo na rimwe. Umushinjacyaha mukuru wa Macon County, Diane Couri, yavuze ko we yari yasabiye uyu mwana igihano cya imyaka 40, agaragaza ko ibikorwa nk’ibyo bigomba guhanwa bikomeye cyane cyane iyo bikozwe n’umuntu ufite inshingano zo kurinda no kwigisha abana.

Ivomo : themirror. om

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan  ‎
Imyidagaduro

‎"Guca inyuma uwo mwashakanye biremewe mu gihe umugabo ataguha ibyo wifuza byose" ! Zari Hassan ‎

‎Zari Hassan yatangije ikiganiro mpaka ku mbuga nkoranyambaga zitandukanye nyuma yo kwemeza ko umugore aba agomba guca inyuma uwo bashakanye igihe cyose uwo mugabo adatanga ibikenewe byose mu rugo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 2 yashize
Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we
Imyidagaduro

Bamaranye imyaka 10 ! Amagambo y’urukundo Butera Knowless yabwiye umugabo we

Butera Knowless umaranye imyaka 10 n’umugabo we mu buryo bwemewe n’amagategeko nk’umugore n’umugabo, yamushimiye byimazeyo ku rukundo yamuhaye agaragaza ko yabonye Imana mu byo banyuranyemo byose.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 15 yashize
‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza  ‎
Imyidagaduro

‎Kendall Jenner wakundanye na A$AP Rocky yagarutse ku mubo wabo avuga ko yabuze umugabo mwiza ‎

Kendall Jenner wamamaye mu myidagaduro yo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , akaba yarakanyujijeho na A$AP Rocky umaze kubyarana Gatatu na Rihanna , yatangaje ko kuba batarabanye byaturutse ku kuba Rocky atarifuzaga ko baganira ku byerekeye ahazaza hano.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa
Imyidagaduro

‎Tanasha Donna yagize icyo atangaza nyuma y'aho Zuchu na Diamond Platnumz bibarutse umukobwa

Umuziki wa Afurika y'Iburasirazuba wari umaze igihe uvugwa kubera umwana w'umukobwa Zuchu na Diamond Platnumz baherutse kwibaruka dore ko ari na bamwe basanzwe bazi kurema inkuru zitwikira ibikorwa byabo muri muzika. Inkuru y'umwana banjirijwe n'amagambo yo kwihakana umugabo byanyirarureshwa kuri Zuchu warimo kuribwa n'inda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Basabye abantu kugabanya amatiku ! Itsinda The Same ryahuje imbaraga na Keyg Lemonde bakorana indirimbo bise 'Weekend'
Imyidagaduro

‎Basabye abantu kugabanya amatiku ! Itsinda The Same ryahuje imbaraga na Keyg Lemonde bakorana indirimbo bise 'Weekend'

Itsinda rya The Same na  Keyg Lemonade uri mu bari kuzamuka neza muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo  bashyize hanze amashusho y'indirimbo nshya bise 'Weekend'. Ni indirimbo irimo ubutumwa busaba abantu kugabanya amatiku bakihugiraho ariko banaruhuka.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
‎Diamond Platnumz yahaye Zuchu impano yagera kuri 43,908,450 RWF mu birori byo kwishimira umwana
Imyidagaduro

‎Diamond Platnumz yahaye Zuchu impano yagera kuri 43,908,450 RWF mu birori byo kwishimira umwana

Umuhanzi Diamond Platnumz, Simba, yahaye Zuchu wa mubyariye umwana,agera kuri 43,908,450 RWF nk'igihembo cy'ishimwe ubwo bari mu birori byo kwizihiza umwana wari utari wavuka. Ni ibirori byabaye ku wa 31 Nyakanga 2026.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 6 yashize