Umunsi.com
Umwalimukazi w’imyaka 34 yafashe ku ngufu umwana w’imyaka 11 yigishaga; anavuga ko aruta abagabo benshi
INKURU NYAMUKURU

Umwalimukazi w’imyaka 34 yafashe ku ngufu umwana w’imyaka 11 yigishaga; anavuga ko aruta abagabo benshi

KWIZERA Jean de Dieu2025 Ukwakira 33 min gusoma
Umwalimukazi w’imyaka 34 yafashe ku ngufu umwana w’imyaka 11 yigishaga; anavuga ko aruta abagabo benshi

Umwalimukazi w’imyaka 34 y’amavuko yashutse umwana w’imyaka 11 yigishaga mu mwaka wa gatandatu w’amashuri abanza aza i we amufata ku ngufu ;abajijwe avuga ko uwo mwana yamukururaga kandi ko aruta abagabo benshi. Mu mujyi wa Mt. Zion, muri Leta ya Illinois, Leta Zunze Ubumwe za Amerika, haravugwa inkuru y’umugore witwa Alley Bardfield, wahoze ari umwarimu mu ishuri ribanza rqya Decatur Public Schools, wahamijwe n’urukiko nyuma yo kwemera icyaha cyo gusambanya umwana w’imyaka 11.

Uyu mugore w’imyaka 34, ufite abana batatu, yemeye ko yagiye yinginga uwo mwana wigaga mu mwaka wa gatandatu ngo aze iwe mu rugo kugirango bamarane amasaha menshi barimo gukina, maze akamufata ku ngufu inshuro zitandukanye. Ibi byamenyekanye nyuma y’uko nyina w’uwo mwana yabonaga impinduka mu myitwarire y’umuhungu we, bikamusunikira gusuzuma telefoni ye. Mu butumwa bwo kuri telefoni, nyina yabonye amafoto n’amagambo y’urukundo hagati y’uwo mwana n’umwarimukazi, harimo n’ubutumwa bwoherejwe n’uyu mugore burimo amagambo y’urukundo ndetse n’ubundi bufasha bw’amafaranga bungana na $700 yagiye amwoherereza mu mezi yari ashize.

Polisi yifashishije umuhungu ndetse na nyina mu gikorwa cyihariye cyo gushaka ibimenyetso, aho uwo mwana yohereje ubutumwa bushukana ku mwarimukazi, bumusaba ko bazongera kubonana na we arabyemera mu butumwa bwafashwe nk’ibimenyetso simusiga. Mu iperereza ryimbitse ryakozwe, uwo mwana yatangaje ko ku itariki ya 29 Werurwe, ubwo yari kwa Bardfield, yamujyanye mu cyumba cye, bakambara ubusa bombi, hanyuma akamusambanya ku gahato. Nyuma y’iki gikorwa, uwo mwana yajyanywe ku bitaro bya HSHS St.

John's Hospital, aho yakorewe ibizamini bya gihanga bikorerwa abakorewe ihohoterwa rishingiye ku gitsina . Alley Bardfield yafashwe ku itariki ya 1 Mata 2024, mu rugo rwe, nyuma y’uko polisi yari imaze kubona ibimenyetso bihagije. Yaje kwemera icyaha mu rukiko, ariko yiregura avuga ko uyu mwana ari we watangiye kumukurura mu nguni zose kandi ko arusha abagabo benshi mu cyumba cy’ibanga.

Byaje kugaragara ko ndetse yamwoherereje amafoto yambaye ubusa abinyujije kuri CashApp. Urukiko rwamukatiye igifungo cy’imyaka 10, ariko ruvuga ko hari amahirwe ko yajya mu mirimo ifitiye igihugu akamaro, ibintu byarakaje cyane umuryango w’uwo mwana, wafashe icyemezo cyo kuva mu rukiko utavuze n’ijambo na rimwe. Umushinjacyaha mukuru wa Macon County, Diane Couri, yavuze ko we yari yasabiye uyu mwana igihano cya imyaka 40, agaragaza ko ibikorwa nk’ibyo bigomba guhanwa bikomeye cyane cyane iyo bikozwe n’umuntu ufite inshingano zo kurinda no kwigisha abana.

Ivomo : themirror. om

Inkuru zerekeye

Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko Leta y’u Rwanda itazongera kurebera abenga cyangwa bakwirakwiza inzoga zitujuje ubuziranenge, zirimo izwi nka “ibyuma”, kuko zikomeje guteza urupfu n’ibibazo by’ubuzima ku Banyarwanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo
INKURU NYAMUKURU

Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo

Element umaze igihe atari mu Rwanda ari mu myiteguro yo gushyira hanze album ye ya mbere, yamaze gukorana indirimbo n’umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya R&B wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ne-Yo.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 19
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannick2026 Kanama 18
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 18
Indirimbo Dai Dai ya Shakira na Burna Boy yanditse amateka kuri YouTube
INKURU NYAMUKURU

Indirimbo Dai Dai ya Shakira na Burna Boy yanditse amateka kuri YouTube

Indirimbo Dai Dia ya Shakira na Burna Boy , yahimbiwe imikino y'igikombe cy’Isi ya 2026 mu mupira w’amaguru yaciye agahigo ko kuzuza Biliyoni imwe ya Views kuri ‘Website’ ya YouTube isanzwe icaho ibihangano by’abantu batandukanye.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 13

Inkuru zishyashya

‎Yavugiraga abaryamana bahuje ibitsina akabana nabo ! Ibigaragaza umubano wihariye  Dolly Parton yagiranaga n'abo mu muryango wa LGBTQ
Imyidagaduro

‎Yavugiraga abaryamana bahuje ibitsina akabana nabo ! Ibigaragaza umubano wihariye Dolly Parton yagiranaga n'abo mu muryango wa LGBTQ

Nyakwigendera Dolly Parton wamamaye mu ndirimbo zitandukanye zirimo niyo yise 'Coat of Many colors ' , yamenyekanye cyane nanone kubwo kuvugira abaryamana bahuje ibitsina ibintu bivumirwa kugahera n'abantu benshi ndetse bikamaganwa cyane n'ubwo hari ababiha umuryango bakabicumbikira nk'uko Dolly Parton yabikoze.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 2 yashize
‎Kenya : Umugabo yakangutse asohoka muri 'Moroge' nyuma y'amasaha 20 bitangajwe ko yapfuye
Hanze

‎Kenya : Umugabo yakangutse asohoka muri 'Moroge' nyuma y'amasaha 20 bitangajwe ko yapfuye

‎Mu Karere ka Naivasha mu Gihugu cya Kenya hakomeje kuvugwa inkuru idasanzwe y'umusore yavuye muri Moroge mu masaha y'Ijoro nyuma y'amasaha 20 bitangajwe ko yapfuye ndetse n'umuryango we wiyakiriye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 3 yashize
Rusizi: Umugabo yafunzwe akekwaho gusambanya umwana we, avuga ko yamwigishaga uko azitwara mu rugo
Rwanda

Rusizi: Umugabo yafunzwe akekwaho gusambanya umwana we, avuga ko yamwigishaga uko azitwara mu rugo

Umugabo w’imyaka 35 wo mu Murenge wa Nyakabuye, mu Karere ka Rusizi, ari gukorwaho iperereza nyuma yo gukekwaho gusambanya umwana we w’imyaka 15 inshuro ebyiri.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 9 yashize
“Gushyingiranwa ni Contract mbi ibaho mu buzima” ! 50 Cent agaruka ku gushaka no gutandukana kw’abashakanye bisiga impaka zidashira
Imyidagaduro

“Gushyingiranwa ni Contract mbi ibaho mu buzima” ! 50 Cent agaruka ku gushaka no gutandukana kw’abashakanye bisiga impaka zidashira

Umuhanzi mu njyana ya Hip Hop muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , 50 Cent, yatangaje byinshi ku gushyingiranwa , gutandukana no gutangira bundi bushya mu gihe ababanaga batandukanye.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona 2026
Imikino

APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona 2026

APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona nyuma yo Gutsinda Patriots BBC imikino ine kubusa (4-0). Bikaba bibaye inshuro ya kabiri yegukana igikombe yikurikiranya kuko numwaka ushyize niyo yari3yagitwaye.

ADAM Yannickiminsi 1 yashize
‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga
Iyobokamana

‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga

‎Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yifatanyije n'umukobwa we Patience Rwabwogo wagizwe Bishop mu itorero yari amazemo imyaka igera kuri 20.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize