
Umuhanzi mu njyana ya Hip Hop muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , 50 Cent, yatangaje byinshi ku gushyingiranwa , gutandukana no gutangira bundi bushya mu gihe ababanaga batandukanye.
50 Cent asanga uko guhera kuri zero (Ku busa), ari byo
bituma ‘Contract’ yo mu rushako iba mbi cyane mu mboni ye dore ko byanakuruye
impaka nyinshi ku bantu aho bamwe bahamya ko nta kibazo kiba kirimo mu gihe abantu
babiri bo ubwabo bifatiye umwanzuro wo gukundana no kubana nyuma bikabangira.
Ubwo yari mu kiganiro ‘The Raw Life Show’ , 50 Cent
yasobanuye ko urushako ari cyo gishoro cyambere
gikomeye umuntu akora mu buzima , gisaba kwitanga , imbaraga ndetse n’umuhate udasanzwe gusa ngo mu gihe
byanze urukundo ruzaba ibibazo bidashira.
Kuri we ngo , nyuma yo gutandukana , umwe muri bo yisanga
mu bibazo by’uruhuri, aho aba afite ibyo asabwa byinshi cyane kugeza n’ubwo
umwe ashobora undi ati:”Ni iki kindi unshakaho”.
Kuri 50 Cent yitangiyeho urugero ku kibazo cy’uwo
babyaranye bagezanyijeyo , agaruka ku mubano wigeze guhuza abantu babiri
bafatanaga nk’abagaciro biteguye kubakana ubuzima bagakuza umuryango bari hamwe
ariko bakaza gutandukana.
50 Cent asanga urugo rutangirana amasezerano yemeranyijweho
ariko ngo iyo rurangiye nabi, ayo masezerano ahinduka ibiganiro bitajya bigira
iherezo. Ati:”Umuntu watekerezaga ko adasanzwe ku bandi, mukagirana amasezerano
y’urushako, ayo niyo masezerano mabi abaho”.
Ubusanzwe 50 Cent yitwa Curtis Jackson III , yegukanye
ibihembo bitandukanye muri Amerika, birimo Grammy Awards, yahawe kubera umuziki , Filime, gukora
indirimbo n’ibindi.
50 Cent yabaye icyamamare binyuze mu ndirimbo nka n
Get Rich or Die Trying yagurishijwe arenga Miliyon 300 USD ndetse amenyekana nk’umuyobozi
wa G-Unity akaba ari na we wayishinze.
Amafaranga ye menshi yakomotse muri Kompanyi ya
Vitaminwater, yaje kugurwa na Coca Cola akinjizamo arenga Miliyoni 100$.
50 Cent afite abana babiri b’abahungu ; Marquise Jackson na Sire Jackson.
Igitangaje cyane kuri uyu mugabo kinatuma akomeza kuba
umuherwe ni uburyo yavuye mu buhanzi akajya muri Cinema , umusharamari ndetse akaba
n’umunyamakuru n’utunganya ibiganiro kuri Televiziyo zitandukanye.












