
Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko Leta y’u Rwanda itazongera kurebera abenga cyangwa bakwirakwiza inzoga zitujuje ubuziranenge, zirimo izwi nka “ibyuma”, kuko zikomeje guteza urupfu n’ibibazo by’ubuzima ku Banyarwanda.
Ibyo yabitangarije mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye
ku wa 24 Kanama 2026, Perezida Kagame yavuze ko ikibazo cy’ibinyobwa byica
abantu kigomba gufatwaho ingamba zikomeye, mbere yo gutekereza ku bihombo
inganda cyangwa abakozi bazo bashobora kugira.
Yavuze ko hari ibinyobwa bitemewe kandi bidafite
ubuziranenge byagiye bihitana abantu benshi, ashimangira ko Leta idashobora
kwemera ko abantu bakomeza gupfa mu gihe hari abungukira muri ibyo bikorwa.
H.E Paul Kagame mu magambo ye asubiza yagize ati:
“Byica abantu, byishe abantu ndetse batagira umubare. Niba mukurikira amakuru
[...] Barapfa ari 20, 30, 50, hari ubwo hapfuye abari hafi kugera mu 100 ku
munsi umwe.”
Paul agame kandi yavuze ko mbere yo kureba ku nganda
n’imirimo ishobora gutakara kubera gufunga abakora ibyo binyobwa, hagomba
kubanza kurebwa ikibazo cy’ubuzima bw’Abanyarwanda.
Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yanagarutse ku nshingano
za Rwanda FDA na Rwanda Standards Board (RSB), avuga ko abakozi cyangwa
abayobozi baba bafite uruhare mu bikorwa byo kwemerera cyangwa kugenzura
ibinyobwa bitujuje ubuziranenge na bo bagomba kubazwa ibyo bakoze.
Yagize ati: “Njyewe ni ko ntekereza ariko noneho
bazabyisubiriza, igihe bakurikiranyweho ibyo ngibyo. Ni bo bazabisubiza, nta
wundi uzabibasubiriza.”
Umukuru w’Igihugu kandi yavuze ko Leta izakomeza
guhangana n’abakora n’abakwirakwiza ibiyobyabwenge n’ibinyobwa bitemewe, cyane
cyane ibihitana abantu bakiri bato.
Yashimangiye ko abari muri ibyo bikorwa bakwiye
kwitegura ko Leta izabakurikirana, ati: “Ababirimo babyitege, abo bo turaza
guhangana na bo nyine. Ibintu biraza kujya ku murongo uko bikwiye.”
Ibi bibaye mu gihe RIB yatangaje ko hari ba
nyir’inganda, abakozi bazo ndetse n’abayobozi n’abakozi bamwe bo muri Rwanda
FDA bakurikiranyweho uruhare mu gukora inzoga zitujuje ubuziranenge no mu byaha
bifitanye isano no kugenzura ubuziranenge bwazo.
Perezida Kagame yavuze ko nubwo hari abashobora
kunenga uburyo bamwe mu bakurikiranywe bagaragajwe, ibyo bidakwiye gutuma
ikibazo nyir’izina cyo kurwanya ibinyobwa byica abantu kidakurikiranwa.












