Umunsi.com
Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 244 min gusoma
Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko Leta y’u Rwanda itazongera kurebera abenga cyangwa bakwirakwiza inzoga zitujuje ubuziranenge, zirimo izwi nka “ibyuma”, kuko zikomeje guteza urupfu n’ibibazo by’ubuzima ku Banyarwanda.

Ibyo yabitangarije mu kiganiro n’abanyamakuru cyabaye ku wa 24 Kanama 2026, Perezida Kagame yavuze ko ikibazo cy’ibinyobwa byica abantu kigomba gufatwaho ingamba zikomeye, mbere yo gutekereza ku bihombo inganda cyangwa abakozi bazo bashobora kugira.

Yavuze ko hari ibinyobwa bitemewe kandi bidafite ubuziranenge byagiye bihitana abantu benshi, ashimangira ko Leta idashobora kwemera ko abantu bakomeza gupfa mu gihe hari abungukira muri ibyo bikorwa.

H.E Paul Kagame mu magambo ye asubiza yagize ati: “Byica abantu, byishe abantu ndetse batagira umubare. Niba mukurikira amakuru [...] Barapfa ari 20, 30, 50, hari ubwo hapfuye abari hafi kugera mu 100 ku munsi umwe.”

Paul agame kandi yavuze ko mbere yo kureba ku nganda n’imirimo ishobora gutakara kubera gufunga abakora ibyo binyobwa, hagomba kubanza kurebwa ikibazo cy’ubuzima bw’Abanyarwanda.

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda yanagarutse ku nshingano za Rwanda FDA na Rwanda Standards Board (RSB), avuga ko abakozi cyangwa abayobozi baba bafite uruhare mu bikorwa byo kwemerera cyangwa kugenzura ibinyobwa bitujuje ubuziranenge na bo bagomba kubazwa ibyo bakoze.

Yagize ati: “Njyewe ni ko ntekereza ariko noneho bazabyisubiriza, igihe bakurikiranyweho ibyo ngibyo. Ni bo bazabisubiza, nta wundi uzabibasubiriza.”

Umukuru w’Igihugu kandi yavuze ko Leta izakomeza guhangana n’abakora n’abakwirakwiza ibiyobyabwenge n’ibinyobwa bitemewe, cyane cyane ibihitana abantu bakiri bato.

Yashimangiye ko abari muri ibyo bikorwa bakwiye kwitegura ko Leta izabakurikirana, ati: “Ababirimo babyitege, abo bo turaza guhangana na bo nyine. Ibintu biraza kujya ku murongo uko bikwiye.”

Ibi bibaye mu gihe RIB yatangaje ko hari ba nyir’inganda, abakozi bazo ndetse n’abayobozi n’abakozi bamwe bo muri Rwanda FDA bakurikiranyweho uruhare mu gukora inzoga zitujuje ubuziranenge no mu byaha bifitanye isano no kugenzura ubuziranenge bwazo.

Perezida Kagame yavuze ko nubwo hari abashobora kunenga uburyo bamwe mu bakurikiranywe bagaragajwe, ibyo bidakwiye gutuma ikibazo nyir’izina cyo kurwanya ibinyobwa byica abantu kidakurikiranwa.

Inkuru zerekeye

Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo
INKURU NYAMUKURU

Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo

Element umaze igihe atari mu Rwanda ari mu myiteguro yo gushyira hanze album ye ya mbere, yamaze gukorana indirimbo n’umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya R&B wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ne-Yo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 10 yashize
‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga
INKURU NYAMUKURU

‎Nyina wa Lamine Yamal yatunguranye mu mwambaro w'abato aseruka ku mucanga

‎Umubyeyi wa Lamine Yamal wamamaye mu mupira w'amaguru by'umwihariko mu ikipe ya FC Barcelona n'Ikipe y'Igihugu Espanye , akomeje gutangaza benshi kubera uburyo yasohotse yambaye bya gikumi bamwe bati:"Naryoherwe n'ubwamamare bw'umwana we".

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 5 yashize
Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027
Imikino

Football: Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe yanBK Pro League 2026-2027

Rwanda Premier League yasohoye ingengabihe ya BK Pro League 2026-2027 izatangira tariki 4 Nzeri 2026 ikarangira tariki 30 Gicurasi 2027

ADAM Yannickiminsi 6 yashize
‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎
INKURU NYAMUKURU

‎Rihanna yasohokanye abana be ku ivuko batega imodoka zisanzwe ‎

‎Umuhanzikazi Rihanna , yagaragaye mu mashusho ari kumwe n'abana be RZA , Riot na Rocki ku muhanda muri Barbados aho bateze imodoka isanzwe banarira kumuhanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 6 yashize
Indirimbo Dai Dai ya Shakira na Burna Boy yanditse amateka kuri YouTube
INKURU NYAMUKURU

Indirimbo Dai Dai ya Shakira na Burna Boy yanditse amateka kuri YouTube

Indirimbo Dai Dia ya Shakira na Burna Boy , yahimbiwe imikino y'igikombe cy’Isi ya 2026 mu mupira w’amaguru yaciye agahigo ko kuzuza Biliyoni imwe ya Views kuri ‘Website’ ya YouTube isanzwe icaho ibihangano by’abantu batandukanye.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 13
Turbo King Super  Cup 2026: Ikipe imwe mu makipe ane yagombaga gukina Super Cup 2026 yikuyemo
INKURU NYAMUKURU

Turbo King Super Cup 2026: Ikipe imwe mu makipe ane yagombaga gukina Super Cup 2026 yikuyemo

Ese Ferwafa iremera icyifuzo cya APR FC maze ihindure gahunda yari yamenyesheje amakipe ko azakina Turbo King super Cup 2026 kuko ivuga ko itabimenyeshejwe mbere ndetse ngo inaganirizwe.

ADAM Yannick2026 Kanama 12

Inkuru zishyashya

‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga
Iyobokamana

‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga

‎Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yifatanyije n'umukobwa we Patience Rwabwogo wagizwe Bishop mu itorero yari amazemo imyaka igera kuri 20.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 13 yashize
‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa
Imyidagaduro

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa

‎Umuhanzi Tom Close yateguje umuzingo (Album) yise 'Sunshine' irimo indirimbo zitandukanye zahotse ndetse n'indirimbo zitari zasohoka yaherukaga guteguza.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League
Imikino

Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League

Rayon Sports Women FC yatangiye nabi irushanwa rya CAF Women's Champions League CECAFA QUALFIERS nyuma yo kunganya na Mafunzo Women FC yo muri Zanzibar

ADAM Yannickiminsi 2 yashize
Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza
Imyidagaduro

Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza

‎Chui [Rayvanny ] umuhanzi w’Umunyatanzaniya yatunguranye asohora indirimbo nshya yise “Rwanda”, agarukamo ubwiza bw’Abanyarwandakazi ndetse anavuga amazina y’abakobwa n’abagore bazwi mu Rwanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo
Izindi nkuru

‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo

‎N'ubwo bitemewe mu muco Nyarwanda kwambara impenure, ntibikuyeho ko benshi mu bagore n'abakobwa basomye , bakagira imyimvire yabo, bazambara (Mini) kandi bakumva ko baberewe ari na yo mpamvu muri iyi nkuru twateguye, utwambaro twambarwa n'abo bibwira ko bafite amaguru meza bakaberwa kurushaho abikwije.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo
Hanze

Umutwe wa AFC/M23 washyize hanze amabwiriza mashya ku bwo kwirinda icyorezo cya Ebola cyugarije DR – Congo

Umutwe wa AFC/M23 uyobora ibice binini muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, ashyizeho ingamba nshya zigamije kurinda icyorezo cya Ebola cyugarije icyo Gihugu.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 4 yashize