
Chui [Rayvanny ] umuhanzi w’Umunyatanzaniya yatunguranye asohora indirimbo nshya yise “Rwanda”, agarukamo ubwiza bw’Abanyarwandakazi ndetse anavuga amazina y’abakobwa n’abagore bazwi mu Rwanda.
Uwo muhanzi Rayvanny muri iyi ndirimbo, aririmba mu Kinyarwanda no mu Cyongereza, aho avuga ko yishimira uburanga bw’Abanyarwandakazi. Mu bo yavuze harimo Kate Bashabe, Jolly Mutesi, Shaddy Boo, Nishimwe Naomie, Ange Kagame, Pamella, Butera Knowless na Uwase Muyango.
Yanagarutse kuri Yolo The Queen na Kirabo Kisitu, avuga ko ari bamwe mu bamukurura cyane kubera uko bateye.
Mu magambo aririmba mu Kinyarwanda, yagize ati: “Honey wanjye wowe uri mwiza, ufite amaso meza, I like the way useka neza, baby uri mwiza.”
Raymond Shaban Mwakyusa, uzwi nka Rayvanny, ni umwe mu bahanzi bakomeye muri Tanzania no muri Afurika y’Iburasirazuba.
Yavukiye i Mbeya muri Tanzania ku wa 22 Kanama 1993. Mu 2011 yitabiriye amarushanwa ya freestyle rap, nyuma aza kwinjira mu itsinda rya Tip Top Connection.
Mu 2015, Rayvanny yinjiye muri WCB Wasafi Records ya Diamond Platnumz. Umwaka wakurikiyeho yasohoye indirimbo “Kwetu”, yamufashije kumenyekana cyane muri Tanzania no hanze yayo.
Mu 2017, Rayvanny yanditse amateka aba Umunyatanzaniya wa mbere wegukanye BET Award, mu cyiciro cya Best New International Act.
Yanakunzwe mu ndirimbo zitandukanye zirimo “Tetema” yakoranye na Diamond Platnumz, ndetse akorana n’abahanzi mpuzamahanga barimo Maluma.
Mu 2021 yatangije label ye ya Next Level Music, mbere yo kuva muri WCB Wasafi mu 2022, akomeza kwagura ibikorwa bye bwite.
Indirimbo “Rwanda” ni indi ntambwe Rayvanny ateye mu kwegera abakunzi b’umuziki nyarwanda no kugaragaza ko umuco n’ubwiza bw’u Rwanda bikomeje gukurura abahanzi bo mu karere.











