‎Yashutswe urukundo n'uwo yise sekibi ! ‎Ishimwe Vestine yavugiye mu migani asobanura urugendo rwe rwo kubabazwa kugeza ku mwana we
Iyobokamana

‎Yashutswe urukundo n'uwo yise sekibi ! ‎Ishimwe Vestine yavugiye mu migani asobanura urugendo rwe rwo kubabazwa kugeza ku mwana we

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nzeri 206 min gusoma
‎Yashutswe urukundo n'uwo yise sekibi ! ‎Ishimwe Vestine yavugiye mu migani asobanura urugendo rwe rwo kubabazwa kugeza ku mwana we

‎Ni mu butumwa burebure yanyujije ku mbuga nkoranyambaga ze by'umwihariko Instagram konti ye aho natwe twakuye , ubwo butumwa tugiye kubagezaho muri iyi nkuru.

‎Vestine yanditse ati:"Nariguceceka nk'uko bisanzwe si nkuganirire Ibi ariko mpisemo kuvuga kugira ngo abo tungana cyangwa abarigukura batazanyura mubyo nanyuzemo batabizi nubyumva uzabibambwire cyangwa ujye Ubanyereka ubaganirira iyi Nkuru Ya Ishimwe!!

UKO BYATANGIYE ,...... : Yari Umukobwa wakuriye mu muryango ukijijwe akurira mu rusengero nk'abandi ariga asoza amashuri yisumbuye.Umunsi ayasoza nibwo yinjiye mu butayu bwe. Ubwo yinjiyemo nta mazi cyane ko ibyitwa ubuzima nyuma y'intebe y'ishuri atagize amahirwe yo kububamo mu gisa n'ubufindo bwa Amarangamutima Yakunze Umuntu wamwize cyera we atamuzi cyane yafashe akanya akitegereza inyenyeri yari imaze imyaka ine yaka. Nuko agambirira kuyizimiza nkitarigeze inyenyeza na Gake. Yitwaje akarimi, n'uduhendabana bikarishye.

Umukobwa wa Maman ntiyigeze arabukwa ayo mayeri matindi, ngo ahweze atahure umugambi wa sekibi ahubwo yagize ngo arakunzwe ibi ariko bidasanzwe. Amatwi araziba ahunga inama, ntiyongera kumva inama kuko zabamukuriye, amarangamutima yariyamuyoboye ataziko uwo muntu yariyubatse afite undi muryango ndetse n'abandi bana uwo mukobwa yagendeye kubyo yamubwiye n'uburyo yitwaraga nk'umuntu utagira icyaha na kimwe uwo mukobwa agira ngo uwo muntu koko nikoameze".

‎Muri uru rwandiko Ishimwe Vestine ubarizwa mu itsinda rya Vestine na Dorcas yanditse ati:"Tega, amatwi nkukomereze inkuru wowe Dusangiye Umusaraba. Nguwo nyiramamirwa wange nkwibutse ko atazi indi Si itarimo abasenga n'abiyiriza ngo bamese ibishura. Hutihuti no mu rugo Pooo!! Akihagera ahasanga amahano ahitamo kunuma no kwihangana yasoma Bibiliya iti urukundo rwihanganira byose kandi ibihe byose.

Yabonye ibisaze ubwenge bwe, ku buryo yatekereje ko ubuzima bwe burangiye bitewe nibyo yabonaga buri munsi atabashaga no kubwira undi muntu baba ababyeyi be abavandimwe be ndetse n'inshuti ku buryo yageze aho atakereza ko inzira yo guhunga ibyo yabonaga ari ukwiyahura akava ku Isi yabitekereje kenshi cyane gusa Imana ikajya ikoresha izindi nzira kugira ngo imubuze ( glory to God) Gusa aho kuguhomba yaguhombya koko !!".

‎Yakomeje avuga ko byageze n'aho yabujijwe kujya ajya muri Studio harimo no gushaka gutandukanywa n'umuvandimwe we ndetse n'ibitaramo akabibuzwa.

Ishimwe ati:"Icyatumye Imana irinda uwo mukobwa nuko hari umuhamagaro uri kubuzima bwe kandi ukomeye wahinduye ubuzima bwa benshi kandi ugomba gukomeza kubuhindura ni kenshi uwo mugabo yashatse kwica umuhamagaro w'uwo mukobwa ariko Imana ntiyabyemera yashatse kumubuza kujya mu bitaramo kumubuza kujya muri studio ashaka no kumutandukanya n'uwo baririmbanaga gusa byo ntago byashobotse.

Yamutandukanije na 'management' ye abigeraho aziko umuhamagaro uhagarara gusa nibwo wari utangiye!! Abonye ko atahagarika umuhamagaro w'uwo mukobwa kuko ari Imana yamuhamagaye atangira gutekereza ikintu yakora kugira ngo yice izina ry'uwo mukobwa atangira kuvuga ko uwo afata nk'umubyeyi we bamaranye imyaka igera muri itanu ariwe se w'umwana kandi azi ukuri kuri mumutima we ko ari ibinyoma".

Yishyura umuhisi n'umugenzi ati nimuharabike rwose mubagire abasambane ku ngufu, nibinarimba mubite abatekamitwe nahinduriye ubuzima ariko Mana we!! Ese Nakubwiye ibyu Uko babyaranye!! Mu buzima bugoye uri bugere ku isi ntikimubuza Araza, Umubyeyi n'uwo atwite Uwiteka yabanyujije mu myanya y'intoki yawa mugabo!!!".

‎Vestine yavuze ko yanze kwereka umwana umugabo we kuko yari ategereje igihe cy'umutuzo. Ati:"Ahunga atwite aza kubyarira ibwotamasimbi yirinda kumwereka umwana we, mu bushyamirane ategereje igihe cy'umutuzo ngo amumurikire imbuto ye !! Akomeza kurindira uburyo bwiza papa w'umwana yabona umwana we !! Atitaye ku nzika iyariyo yose. Umugabo yivuye inyuma akora agato n'akanini kugira yice izina ry'uwo mukobwa ndetse yishyura abahemu bashoboka babeshya ko yabubakiye iwabo inzu kandi azi ukuri ko ntabyo yakoze".

‎Ati:" Buretse mbanze ngire Inama aba batangaza inkuru n'ubwo ntabarusha rwose aya manyazi y'amafaranga mwariye aranduye rwose!! Yego uyu munsi yagira ibyo agufasha peh gusa ntibizaramba ejo nejo bundi uzabyara umwana wawe yaca mubyo uwo urigusebya arikunyuramo amafaranga nibwo nemeye ko ari umuzi w'ikibi cyose koko!! Bibiliye yera iti "Kuko gukunda impiya ari umuzi w'ibibi byose, hariho abantu bamwe bazirarikiye barayoba, bava mu byo kwizera bihandisha imibabaro myinshi".

1 Timoteyo 6:10
‎Reka mpinire aha hafi, Nkwandikiye iyi Baruwa ngo nkomeze abagore n'abakobwa, barikunyura mubihe bimeze nkibyo uyu mwana yanyuzemo mukomere Imana irabakunda ibitayeho kandi ubuzima bwanyu burimubiganza byiMana. Mwitinya ntiyabibagiwe Kandi izabacira inzira.

‎Abatarashaka bo mwirinde abantu baza biyambitse uruhu rw'intama kandi imbere ari amasega aryana musenge cyane ubudasiba kandi muzagira ingo nziza ibyo mubona ntibikabace intege ahubwo mubyigireho bizabafasha Imana irabakunda Kandi ntizabatererana
‎Iyabanye na Ishimwe mu majoro y'Amarira Inda yenda kwikuramo iriho kandi irashoboye.

‎Nibimukundira azatanga ubuhamya kandi ni isomo ryiza ryo kwigisha urubyiruko cyane uru rwo munsengero. mugore urira humura kandi uhobere ubuzima. Mukunzi wa Ishimwe na Mwenenyina Kamikazi wowe ubasengera ngo amavuta adakama muribo Imana ikwagure. Senga Cyane ubu Urugamba rurakomeye kurusha Mbere gusa Byibuze abarwana barahumutse kandi ntibazandavurira ibiryo byo Muri Egiputa na rimwe".

Inkuru zerekeye

‎“Turirimbira Imana kuko twabonye ibitangaza yakoze mu buzima bwacu” Hyguette na Cynthia
Iyobokamana

‎“Turirimbira Imana kuko twabonye ibitangaza yakoze mu buzima bwacu” Hyguette na Cynthia

‎Mu gihe umuzika wo kuramya no guhimbaza Imana ukomeje kubona amaraso mashya mu Rwanda, Hyguette na Cynthia ni rimwe mu matsinda akizamuka afite intego yo gukoresha impano yabo mu kugeza ubutumwa bw’icyizere n’ihumure ku bantu b'Imana.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 27
‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga
Iyobokamana

‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga

‎Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yifatanyije n'umukobwa we Patience Rwabwogo wagizwe Bishop mu itorero yari amazemo imyaka igera kuri 20.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 24
Zari Hassan yibagishije isura bimutwara arenga 14,000,000 Rwf
Iyobokamana

Zari Hassan yibagishije isura bimutwara arenga 14,000,000 Rwf

Zari Hassan yibagishije isura bimutwara arenga 14,000,000 Rwf

KWIZERA Jean de Dieu2026 Nyakanga 15
#Kwibuka32: Apôtre Gitwaza yahumurije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994
Iyobokamana

#Kwibuka32: Apôtre Gitwaza yahumurije abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994

Umushumba Mukuru wa Authentic Word Ministries na Zion Temple Celebration Center, Apôtre Dr. Paul Gitwaza, yagaragaje ko mu myaka 32 ishize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, u Rwanda rumaze kugerwaho n’ibikorwa byinshi byiza by’Imana, anahumuriza abarokotse abasaba gukomeza gutwaza gitwari.

KWIZERA Jean de Dieu2026 Mata 7
Rutsiro: Batewe ishema no kuba barikuye mu bafashwa na Leta
Iyobokamana

Rutsiro: Batewe ishema no kuba barikuye mu bafashwa na Leta

Umuturage witwa Ntawimenya Costasie wo mu Murenge wa Mushonyi, yagaragaje akanyamuneza aterwa no kuba we n’umuryango we baravuye mu cyiciro cya Mber...

Admin User2026 Mata 5
Rutsiro: Uwubakiwe inzu arishimira ko atakirara mu mazi
Iyobokamana

Rutsiro: Uwubakiwe inzu arishimira ko atakirara mu mazi

Umuturage witwa Nyiraminani Pelusi utuye mu Murenge wa Mukura , Akagari aka Kabuga , Umudugudu wa Miraramo, arashimira Leta yamwubakiye inzu akaba a...

Admin User2026 Mata 5

Inkuru zishyashya

Impamvu 6 zituma abantu batandukanye basubirana
Inkuru z'urukundo

Impamvu 6 zituma abantu batandukanye basubirana

Kuki ukomeza gusubirana na we? Ni ikibazo abantu benshi babazwa iyo bakomeje gusubira mu rukundo n’umuntu batandukanye, cyane cyane iyo urwo rukundo rwigeze kubagiraho ingaruka mbi.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 16 yashize
Sadio Mané yashoye miliyari zirenga 28 Frw mu mushinga ukomeye w’ubuhinzi iwabo
Imikino

Sadio Mané yashoye miliyari zirenga 28 Frw mu mushinga ukomeye w’ubuhinzi iwabo

Rutahizamu w’Ikipe y’Igihugu ya Sénégal, Sadio Mané, yongeye kugaragaza uruhare agira mu iterambere ry’iwabo, aho agiye gushora miliyoni 19,5 z’Amadolari ya Amerika, asaga miliyari 28 Frw, mu mushinga mugari w’ubuhinzi n’inganda zitunganya umusaruro uzashyirwa mu gace ka Bambali avukamo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 16 yashize
Karongi: Umusaza wari ufitanye amakimbirane n’umugore we yitwikiye mu nzu arapfa
Inkuru ku Rwanda

Karongi: Umusaza wari ufitanye amakimbirane n’umugore we yitwikiye mu nzu arapfa

Umusaza wari ufite imyaka 62 yasanzwe amanitse mu mugozi yapfuye, hakekwa ko ariwe wiyahuye anitwikiraho inzu kugira ngo asige ahimye umugore we bari babanye mu makimbirane asigare ntaho kuba afite.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 22 yashize
RD Congo: Constant Mutamba wabaye Minisitiri w'ubutabera yakatiwe imyaka 10 y'imirimo y'agahato kubera kunyereza imari ya leta
Hanze

RD Congo: Constant Mutamba wabaye Minisitiri w'ubutabera yakatiwe imyaka 10 y'imirimo y'agahato kubera kunyereza imari ya leta

RD Congo: Constant Mutamba wabaye Minisitiri w'ubutabera yakatiwe imyaka 10 y'imirimo y'agahato kubera kunyereza imari ya leta

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Umuhanzi Nyarwanda Ish Kevin yashyize hanze umuzingo mushya
Imyidagaduro

Umuhanzi Nyarwanda Ish Kevin yashyize hanze umuzingo mushya

Semana Kevin wamamaye nka Ish Kevin muri muzika Nyarwanda no mu mukino wo gutwara imodoka, yashyize hanze Album nshya yise “Trapish III: Win Some, Lose Some” iriho indirimbo 10.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
Yababereye urugero ! Minisitiri wa siporo yasabye urubyiru kureka kunywa icyuma bagaterura  icyuma
Imyidagaduro

Yababereye urugero ! Minisitiri wa siporo yasabye urubyiru kureka kunywa icyuma bagaterura icyuma

Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, yasabye urubyiruko rw’u Rwanda guhitamo ibikorwa bibafitiye akamaro birimo siporo, aho gukoresha ibinyobwa bitemewe bizwi nka ‘ibyuma’ bishobora kugira ingaruka ku buzima.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize