Umunsi.com
Rutsiro: Uwubakiwe inzu arishimira ko atakirara mu mazi
Iyobokamana

Rutsiro: Uwubakiwe inzu arishimira ko atakirara mu mazi

Admin User2026 Mata 54 min gusoma
Rutsiro: Uwubakiwe inzu arishimira ko atakirara mu mazi

Umuturage witwa Nyiraminani Pelusi utuye mu Murenge wa Mukura , Akagari aka Kabuga , Umudugudu wa Miraramo, arashimira Leta yamwubakiye inzu akaba a...

Umuturage witwa Nyiraminani Pelusi utuye mu Murenge wa Mukura , Akagari aka Kabuga , Umudugudu wa Miraramo, arashimira Leta yamwubakiye inzu akaba atakirara mu mazi nk’uko byahoze. Uwo mubyeyi avuga ko aha mbere inzu ye imaze gusenywa n’ibiza, yabagaho nabi ku buryo atabonaga aho arambika umusaya mu gihe cy’invura.

 

Aganira na Imvaho Nshya, Nyiraminani yavuze ko Leta y’u Rwanda yamubereye inshungu ku buryo kuri ubu afite icyizere cy’iterambere ry’ejo hazaza.

 

Yagize ati:”Mbere nko muri 2023 nyuma y’ibiza nabaga mu nzu yari yaraguye, ibiza byari byarayisataguye , imvura yagwa nkarara mpagaze , ubwo naba naryamye nkashiduka naraye mu mazi, bwacya nkabyanika, imvura yarara k’umuryango nkabaho nzengurukana two mu nzu.Narindiho ntariho”.

 

Yakomeje agira ati:”Ibyo byose byangiragaho ingaruka z’uko nahora ndwaye Malariya kuko nta cyumweru cyashiraga ntari kwa muganga, nagerayo rimwe na rimwe bakampa ibitaro nkamarayo ibyumweru bibiri cyangwa bitatu nkongera ngataha nkaryama hano”.

 

Avuga ko nyuma y’aho yaje gufashwa na Leta ikamwubakira inzu arimo kugeza ari naho hakomoka amashimwe amuri kumutima.

 

Yagize ati:”Muri 2024 bubakiraga abanda bahuye n’ibiza , nanjye baraje bareba inzu ntuyemo babona ni mbi , barankodeshereza ubundi batangira kunyubakira, muri uyu mwaka ndayitaha. Nyirimo si nkivurwa , mbere sinabashaga kubona uko nakira umushyitsi , cyangwa ngo ntandukane n’abana ku buriri ariko ubu ifite ibyumba 3 n’uruganiriro mfite icyanjye n’umwuzukuru tubana akagira icye n’icyabashyitsi”.

 

Kuri we ngo afite icyizere cyo gukomeza gukora akiteza imbere kuko ubu afite aho ataha na cyane ko bamwubakiye inzu, igikoni ndetse n’ubwiherero.

 

Yagize ati:”

 

Umuturanyi wa Nyiraminani Pelusi avuga ko ubuzima uwo mubyeyi yari abanyemo bwari bubi cyane kuko ngo yararaga yicaye mu gihe cy’imvura ndetse no gushaka imibereho bikaba ingorane , icyakora agaragaza ko hari ubwo bamugobokaga.

 

Yagize ati:”Uyu mukecuru yari abayeho mu buzima bugoranye cyane ariko Imana yaramufashije Leta yacu y’Ubumwe iramwubakira none dore ameze neza, atuye mu nzu ye nziza ntakibazo cyo kunyagirwa cyangwa kuvirwa agira. Mbere iyo byabaga biri ngombwa abaturanyi nit we twamugobokaga mu mirire ariko noneho aragenda na we akabona uko yishakishiriza bigakunda”.

 

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukura Ndayambaje Emmanuel, yabwiye Imvaho Nshya ko uwo mukecuru bubakiye amuzi kandi ko uretse we hari n’abandi bakiri gufashwa kugira ngo babone amacumbi yo kubamo.

Ati:”Nibyo, uwo mukecuru twaramwubakiye kandi ubu inzu ayirimo. Kimwe n’abandi bari barahuye n’ibiza rero, dukomeje urugendo rwo kububakira nk’uko

 

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko Leta y’u Rwanda itazongera kurebera abenga cyangwa bakwirakwiza inzoga zitujuje ubuziranenge, zirimo izwi nka “ibyuma”, kuko zikomeje guteza urupfu n’ibibazo by’ubuzima ku Banyarwanda.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 6 yashize
Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo
INKURU NYAMUKURU

Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo

Element umaze igihe atari mu Rwanda ari mu myiteguro yo gushyira hanze album ye ya mbere, yamaze gukorana indirimbo n’umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya R&B wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ne-Yo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 11 yashize
‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa
Imyidagaduro

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa

‎Umuhanzi Tom Close yateguje umuzingo (Album) yise 'Sunshine' irimo indirimbo zitandukanye zahotse ndetse n'indirimbo zitari zasohoka yaherukaga guteguza.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League
Imikino

Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League

Rayon Sports Women FC yatangiye nabi irushanwa rya CAF Women's Champions League CECAFA QUALFIERS nyuma yo kunganya na Mafunzo Women FC yo muri Zanzibar

ADAM Yannickiminsi 2 yashize
Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza
Imyidagaduro

Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza

‎Chui [Rayvanny ] umuhanzi w’Umunyatanzaniya yatunguranye asohora indirimbo nshya yise “Rwanda”, agarukamo ubwiza bw’Abanyarwandakazi ndetse anavuga amazina y’abakobwa n’abagore bazwi mu Rwanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo
Izindi nkuru

‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo

‎N'ubwo bitemewe mu muco Nyarwanda kwambara impenure, ntibikuyeho ko benshi mu bagore n'abakobwa basomye , bakagira imyimvire yabo, bazambara (Mini) kandi bakumva ko baberewe ari na yo mpamvu muri iyi nkuru twateguye, utwambaro twambarwa n'abo bibwira ko bafite amaguru meza bakaberwa kurushaho abikwije.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize