Umuturage witwa Nyiraminani Pelusi utuye mu
Murenge wa Mukura , Akagari aka Kabuga , Umudugudu wa Miraramo, arashimira Leta
yamwubakiye inzu akaba atakirara mu mazi nk’uko byahoze. Uwo mubyeyi avuga
ko aha mbere inzu ye imaze gusenywa n’ibiza, yabagaho nabi ku buryo atabonaga
aho arambika umusaya mu gihe cy’invura.
Aganira na Imvaho Nshya, Nyiraminani yavuze ko
Leta y’u Rwanda yamubereye inshungu ku buryo kuri ubu afite icyizere
cy’iterambere ry’ejo hazaza.
Yagize ati:”Mbere nko muri 2023 nyuma y’ibiza
nabaga mu nzu yari yaraguye, ibiza byari byarayisataguye , imvura yagwa nkarara
mpagaze , ubwo naba naryamye nkashiduka naraye mu mazi, bwacya nkabyanika,
imvura yarara k’umuryango nkabaho nzengurukana two mu nzu.Narindiho ntariho”.
Yakomeje agira ati:”Ibyo byose byangiragaho
ingaruka z’uko nahora ndwaye Malariya kuko nta cyumweru cyashiraga ntari kwa
muganga, nagerayo rimwe na rimwe bakampa ibitaro nkamarayo ibyumweru bibiri
cyangwa bitatu nkongera ngataha nkaryama hano”.
Avuga ko nyuma y’aho yaje gufashwa na Leta
ikamwubakira inzu arimo kugeza ari naho hakomoka amashimwe amuri kumutima.
Yagize ati:”Muri 2024 bubakiraga abanda bahuye
n’ibiza , nanjye baraje bareba inzu ntuyemo babona ni mbi , barankodeshereza
ubundi batangira kunyubakira, muri uyu mwaka ndayitaha. Nyirimo si nkivurwa ,
mbere sinabashaga kubona uko nakira umushyitsi , cyangwa ngo ntandukane n’abana
ku buriri ariko ubu ifite ibyumba 3 n’uruganiriro mfite icyanjye n’umwuzukuru
tubana akagira icye n’icyabashyitsi”.
Kuri we ngo afite icyizere cyo gukomeza gukora
akiteza imbere kuko ubu afite aho ataha na cyane ko bamwubakiye inzu, igikoni
ndetse n’ubwiherero.
Yagize ati:”
Umuturanyi wa Nyiraminani Pelusi avuga ko
ubuzima uwo mubyeyi yari abanyemo bwari bubi cyane kuko ngo yararaga yicaye mu
gihe cy’imvura ndetse no gushaka imibereho bikaba ingorane , icyakora agaragaza
ko hari ubwo bamugobokaga.
Yagize ati:”Uyu mukecuru yari abayeho mu
buzima bugoranye cyane ariko Imana yaramufashije Leta yacu y’Ubumwe
iramwubakira none dore ameze neza, atuye mu nzu ye nziza ntakibazo cyo
kunyagirwa cyangwa kuvirwa agira. Mbere iyo byabaga biri ngombwa abaturanyi nit
we twamugobokaga mu mirire ariko noneho aragenda na we akabona uko
yishakishiriza bigakunda”.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa
Mukura Ndayambaje Emmanuel, yabwiye Imvaho Nshya ko uwo mukecuru bubakiye amuzi
kandi ko uretse we hari n’abandi bakiri gufashwa kugira ngo babone amacumbi yo
kubamo.
Ati:”Nibyo, uwo mukecuru twaramwubakiye kandi
ubu inzu ayirimo. Kimwe n’abandi bari barahuye n’ibiza rero, dukomeje urugendo
rwo kububakira nk’uko

