Rutsiro: Uwubakiwe inzu arishimira ko atakirara mu mazi
Iyobokamana

Rutsiro: Uwubakiwe inzu arishimira ko atakirara mu mazi

Umuturage witwa Nyiraminani Pelusi utuye mu Murenge wa Mukura , Akagari aka Kabuga , Umudugudu wa Miraramo, arashimira Leta yamwubakiye inzu akaba a...

Admin User2026 Mata 50 byayeho4 min gusoma
Rutsiro: Uwubakiwe inzu arishimira ko atakirara mu mazi

Umuturage witwa Nyiraminani Pelusi utuye mu Murenge wa Mukura , Akagari aka Kabuga , Umudugudu wa Miraramo, arashimira Leta yamwubakiye inzu akaba atakirara mu mazi nk’uko byahoze. Uwo mubyeyi avuga ko aha mbere inzu ye imaze gusenywa n’ibiza, yabagaho nabi ku buryo atabonaga aho arambika umusaya mu gihe cy’invura.

 

Aganira na Imvaho Nshya, Nyiraminani yavuze ko Leta y’u Rwanda yamubereye inshungu ku buryo kuri ubu afite icyizere cy’iterambere ry’ejo hazaza.

 

Yagize ati:”Mbere nko muri 2023 nyuma y’ibiza nabaga mu nzu yari yaraguye, ibiza byari byarayisataguye , imvura yagwa nkarara mpagaze , ubwo naba naryamye nkashiduka naraye mu mazi, bwacya nkabyanika, imvura yarara k’umuryango nkabaho nzengurukana two mu nzu.Narindiho ntariho”.

 

Yakomeje agira ati:”Ibyo byose byangiragaho ingaruka z’uko nahora ndwaye Malariya kuko nta cyumweru cyashiraga ntari kwa muganga, nagerayo rimwe na rimwe bakampa ibitaro nkamarayo ibyumweru bibiri cyangwa bitatu nkongera ngataha nkaryama hano”.

 

Avuga ko nyuma y’aho yaje gufashwa na Leta ikamwubakira inzu arimo kugeza ari naho hakomoka amashimwe amuri kumutima.

 

Yagize ati:”Muri 2024 bubakiraga abanda bahuye n’ibiza , nanjye baraje bareba inzu ntuyemo babona ni mbi , barankodeshereza ubundi batangira kunyubakira, muri uyu mwaka ndayitaha. Nyirimo si nkivurwa , mbere sinabashaga kubona uko nakira umushyitsi , cyangwa ngo ntandukane n’abana ku buriri ariko ubu ifite ibyumba 3 n’uruganiriro mfite icyanjye n’umwuzukuru tubana akagira icye n’icyabashyitsi”.

 

Kuri we ngo afite icyizere cyo gukomeza gukora akiteza imbere kuko ubu afite aho ataha na cyane ko bamwubakiye inzu, igikoni ndetse n’ubwiherero.

 

Yagize ati:”

 

Umuturanyi wa Nyiraminani Pelusi avuga ko ubuzima uwo mubyeyi yari abanyemo bwari bubi cyane kuko ngo yararaga yicaye mu gihe cy’imvura ndetse no gushaka imibereho bikaba ingorane , icyakora agaragaza ko hari ubwo bamugobokaga.

 

Yagize ati:”Uyu mukecuru yari abayeho mu buzima bugoranye cyane ariko Imana yaramufashije Leta yacu y’Ubumwe iramwubakira none dore ameze neza, atuye mu nzu ye nziza ntakibazo cyo kunyagirwa cyangwa kuvirwa agira. Mbere iyo byabaga biri ngombwa abaturanyi nit we twamugobokaga mu mirire ariko noneho aragenda na we akabona uko yishakishiriza bigakunda”.

 

Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mukura Ndayambaje Emmanuel, yabwiye Imvaho Nshya ko uwo mukecuru bubakiye amuzi kandi ko uretse we hari n’abandi bakiri gufashwa kugira ngo babone amacumbi yo kubamo.

Ati:”Nibyo, uwo mukecuru twaramwubakiye kandi ubu inzu ayirimo. Kimwe n’abandi bari barahuye n’ibiza rero, dukomeje urugendo rwo kububakira nk’uko

 

Inkuru zerekeye