Umunsi.com
Yaretse akazi ka Microsoft kamuhembaga 280,000,000 RWF nyuma yisanga mu bukene bukakaye
Ikoranabuhanga

Yaretse akazi ka Microsoft kamuhembaga 280,000,000 RWF nyuma yisanga mu bukene bukakaye

KUBWIMANA Samson2026 Gashyantare 233 min gusoma
Yaretse akazi ka Microsoft kamuhembaga 280,000,000 RWF nyuma yisanga mu bukene bukakaye
Umunya Canada David Chong w’imyaka 38 utuye i Toronto, yavuze uko yaretse akazi ke kamuhembaga Yaretse akazi ka Microsoft kamuhembaga agera 280,000,000 RWF nyuma yisanga mu bukene bukakaye ku mwaka muri Microsoft, akimukira muri Canada, nyuma ibintu bye hafi ya byose bikibwa mu buryo butunguranye. Mu nkuru dukesha Business Insider, Chong wari ufite umwanya wa senior software engineer muri Microsoft, yasezeye akazi muri Nzeri 2025 agamije gutangira umushinga we w’ikoranabuhanga rishingiye kuri AI. Icyakora, ibyumweru bike nyuma yo kwegura, imodoka yari itwaye ibikoresho bye ubwo yimukaga mu ijoro ivuye i New York ijya Toronto, yaribwe ndetse ibye byose byari birimo biburirwa irengero. Nubwo yahuye n’izo mbogamizi, Chong yavuze ko aticuza icyemezo cyo kuva muri Microsoft, ashimangira ko yari amaze imyaka myinshi atabona uko azamuka mu ntera, kandi akumva atacyunguka ubumenyi bushya buhagije. Yavuze ko mu kigo kinini nka Microsoft, kuzamurwa mu ntera ari ibintu bigoye cyane bidapfa gushoborwa na buri wese. Kuri ubu, Chong arimo guteza imbere umushinga we wa AI witwa Falco, nubwo utaratangira gukorera abakiriya. Avuga ko yiyemeje guha uyu mushinga imyaka itatu, kandi naramuka ananiwe azasubira gushaka akazi. Atanga inama ku bandi batekereza gufata ibyemezo bikomeye mu mwuga, Chong yagize ati: “Tekereza uko uzaba umeze mu myaka itanu cyangwa icumi iri imbere, wibaze niba uzicuza utaragerageje. Akenshi abantu bakuze bicuzaho amahirwe batigeze bafata kurusha ayo bafashe ntibitsinde.” Yasoje avuga ko n’iyo umushinga we utageraho, atazicuza kuba yararetse Microsoft agashyira imbaraga ze zose mu kwikorera, kuko abona ko ari icyemezo “we w’ejo hazaza atazigera yicuza”.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

“Gushyingiranwa ni Contract mbi ibaho mu buzima” ! 50 Cent agaruka ku gushaka no gutandukana kw’abashakanye bisiga impaka zidashira
Imyidagaduro

“Gushyingiranwa ni Contract mbi ibaho mu buzima” ! 50 Cent agaruka ku gushaka no gutandukana kw’abashakanye bisiga impaka zidashira

Umuhanzi mu njyana ya Hip Hop muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika , 50 Cent, yatangaje byinshi ku gushyingiranwa , gutandukana no gutangira bundi bushya mu gihe ababanaga batandukanye.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 9 yashize
APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona 2026
Imikino

APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona 2026

APR BBC yegukanye igikombe cya Shampiyona nyuma yo Gutsinda Patriots BBC imikino ine kubusa (4-0). Bikaba bibaye inshuro ya kabiri yegukana igikombe yikurikiranya kuko numwaka ushyize niyo yari3yagitwaye.

ADAM Yannickamasaha 10 yashize
Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko Leta y’u Rwanda itazongera kurebera abenga cyangwa bakwirakwiza inzoga zitujuje ubuziranenge, zirimo izwi nka “ibyuma”, kuko zikomeje guteza urupfu n’ibibazo by’ubuzima ku Banyarwanda.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 23 yashize
Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo
INKURU NYAMUKURU

Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo

Element umaze igihe atari mu Rwanda ari mu myiteguro yo gushyira hanze album ye ya mbere, yamaze gukorana indirimbo n’umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya R&B wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ne-Yo.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga
Iyobokamana

‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga

‎Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yifatanyije n'umukobwa we Patience Rwabwogo wagizwe Bishop mu itorero yari amazemo imyaka igera kuri 20.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 1 yashize
‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa
Imyidagaduro

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa

‎Umuhanzi Tom Close yateguje umuzingo (Album) yise 'Sunshine' irimo indirimbo zitandukanye zahotse ndetse n'indirimbo zitari zasohoka yaherukaga guteguza.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize