
Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yifatanyije n'umukobwa we Patience Rwabwogo wagizwe Bishop mu itorero yari amazemo imyaka igera kuri 20.
Yoweri Kaguta Museveni Perezida wa Uganda, yashimiye Imana kubwa Patience Rwabwogo wabaye Bishop w'Itorero rya Covenant Nations Churches muri Uganda dore ko uyu mukobwa yari arimazemo imyaka 20.
Museveni yakoresheje ayo mahirwe , ashimira Imana n'abantu basengeye umugore we wari umaze igihe arwaye atagaragara mu ruhame rw'abantu benshi.
Museveni yagize ati:"Ndashimira Imana ku bwa mama wakize, ndashimira itsinda ry'abaganga bamwitayeho, abana bacu Muhoozi, Natasha , Patience, na Diana bagumanye na we".
Umugore wa Museveni yari amaze igihe atagera mu ruhame dore ko yaherukaga kugaragara mu ruhame muri Werurwe uyu mwaka gusa kuba yongeye kugaragara mu ruhame byashimishije benshi muri Uganda bemeza ko yagarutse.
Museveni yavuze ko kuba umukobwa we yahawe ubushumba ari umugisha kuko ngo 'Ubukirisitu' bwageze mu nzu ye mu myaka myinshi ishize kuko ngo na Se Amos Kaguta yari yarinjiye mu gakiza mu 1947.
Yashimiye kandi Pasiteri Enoch Adeboye na Bishop LaDonna Osborn kubwo kuyobora uwo muhango wo kwimika umukobwa we asaba abantu kuzamura ubu-Kirisitu bufasha mu guteza imbere imibereho y'abaturage avuga ko Kwizera gukwiriye gukiza abarwayi, ku kagaburira abashonje ndetse kukabohora abakomeretse mu muyoboro wa Yesu.
Perezida Museveni, yashimiye umukobwa we amwifuriza kugira imbaraga n'ubwenge mu nshingano nshya.
Ati:"Ndashimira Bishop Patience mwifuriza imbaraga n'ubwenge mu nshingano ze".
Perezida wa Uganda ni umwe mu bayobozi bake muri Afurika barwanyije ubutinganyi bufatwa nk'umuvumo waziye Isi na Afurika muri rusange ndetse ashyiraho ibihano bikomeye ku wo byagaragaraho.








