Umunsi.com
‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga
Iyobokamana

‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga

KWIZERA Jean de Dieu2026 Kanama 247 min gusoma
‎Perezida wa Uganda yifatanyije n'umukobwa we wagizwe Bishop amusabira umugisha n'imbaraga

‎Perezida wa Uganda Yoweri Kaguta Museveni yifatanyije n'umukobwa we Patience Rwabwogo wagizwe Bishop mu itorero yari amazemo imyaka igera kuri 20.

‎Yoweri Kaguta Museveni Perezida wa Uganda, yashimiye Imana kubwa Patience Rwabwogo wabaye  Bishop w'Itorero rya Covenant Nations Churches muri Uganda dore ko uyu mukobwa yari arimazemo imyaka 20.

‎Museveni yakoresheje ayo mahirwe , ashimira Imana n'abantu basengeye umugore we wari umaze igihe arwaye atagaragara mu ruhame rw'abantu benshi.

‎Museveni yagize ati:"Ndashimira Imana ku bwa mama wakize, ndashimira itsinda ry'abaganga bamwitayeho, abana bacu Muhoozi, Natasha , Patience, na Diana bagumanye na we".

‎Umugore wa Museveni yari amaze igihe atagera mu ruhame dore ko yaherukaga kugaragara mu ruhame muri Werurwe uyu mwaka gusa kuba yongeye kugaragara mu ruhame byashimishije benshi muri Uganda bemeza ko yagarutse.

‎Museveni yavuze ko kuba umukobwa we yahawe ubushumba ari umugisha kuko ngo 'Ubukirisitu' bwageze mu nzu ye mu myaka myinshi ishize kuko ngo na Se Amos Kaguta yari yarinjiye mu gakiza mu 1947.

‎Yashimiye kandi Pasiteri Enoch Adeboye na Bishop LaDonna Osborn kubwo kuyobora uwo muhango wo kwimika umukobwa we asaba abantu kuzamura ubu-Kirisitu bufasha mu guteza imbere imibereho y'abaturage avuga ko Kwizera gukwiriye gukiza abarwayi, ku kagaburira abashonje ndetse kukabohora abakomeretse mu muyoboro wa Yesu.

‎Perezida Museveni, yashimiye umukobwa we amwifuriza kugira imbaraga n'ubwenge mu nshingano nshya.

‎Ati:"Ndashimira Bishop Patience mwifuriza imbaraga n'ubwenge mu nshingano ze".

‎Perezida wa Uganda ni umwe mu bayobozi bake muri Afurika barwanyije ubutinganyi bufatwa nk'umuvumo waziye Isi na Afurika muri rusange ndetse ashyiraho ibihano bikomeye ku wo byagaragaraho.

Inkuru zerekeye

Inkuru zishyashya

Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yaburiye abantu bagicuruza ibyuma avuga ko bitazihanganirwa

Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda Paul Kagame yavuze ko Leta y’u Rwanda itazongera kurebera abenga cyangwa bakwirakwiza inzoga zitujuje ubuziranenge, zirimo izwi nka “ibyuma”, kuko zikomeje guteza urupfu n’ibibazo by’ubuzima ku Banyarwanda.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 5 yashize
Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo
INKURU NYAMUKURU

Umuhanzi Nyarwanda Element na Ne-Yo bakoranye indirimbo

Element umaze igihe atari mu Rwanda ari mu myiteguro yo gushyira hanze album ye ya mbere, yamaze gukorana indirimbo n’umuhanzi w’icyamamare mu njyana ya R&B wo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Ne-Yo.

KWIZERA Jean de Dieuamasaha 10 yashize
‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa
Imyidagaduro

‎Tom Close yateguje Album y'indirimbo 16 iriho izo yakuranye n'abaraperi gusa

‎Umuhanzi Tom Close yateguje umuzingo (Album) yise 'Sunshine' irimo indirimbo zitandukanye zahotse ndetse n'indirimbo zitari zasohoka yaherukaga guteguza.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 2 yashize
Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League
Imikino

Rayon Sports Women FC yatengushye abakunzi bayo mu mikino ya CAF Women's Champions League

Rayon Sports Women FC yatangiye nabi irushanwa rya CAF Women's Champions League CECAFA QUALFIERS nyuma yo kunganya na Mafunzo Women FC yo muri Zanzibar

ADAM Yannickiminsi 2 yashize
Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza
Imyidagaduro

Rayvanny yaririmbye uburanga bw'abakobwa n'abagore b'u Rwanda abavuga ubwiza

‎Chui [Rayvanny ] umuhanzi w’Umunyatanzaniya yatunguranye asohora indirimbo nshya yise “Rwanda”, agarukamo ubwiza bw’Abanyarwandakazi ndetse anavuga amazina y’abakobwa n’abagore bazwi mu Rwanda.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize
‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo
Izindi nkuru

‎Igitsina gore : Imyambaro wakwambara uramutse ufite amaguru meza ugakebura ibikanu by'abagabo

‎N'ubwo bitemewe mu muco Nyarwanda kwambara impenure, ntibikuyeho ko benshi mu bagore n'abakobwa basomye , bakagira imyimvire yabo, bazambara (Mini) kandi bakumva ko baberewe ari na yo mpamvu muri iyi nkuru twateguye, utwambaro twambarwa n'abo bibwira ko bafite amaguru meza bakaberwa kurushaho abikwije.

KWIZERA Jean de Dieuiminsi 3 yashize