Umuturage witwa Ntawimenya Costasie wo mu Murenge wa
Mushonyi, yagaragaje akanyamuneza aterwa no kuba we n’umuryango we baravuye mu
cyiciro cya Mbere cy’Ubudehe cy’abafashwa na Leta bagaherekezwa ubu bakaba bari
mu bafite aho bamaze kugera.
Uwo mubyeyi yavuze ko we n’umugabo we bakimara kubana mu
1997 hashize imyaka 3 Leta igahita itangira kubafasha kubera ko bari babayeho
mu buzima bugoye, kugeza ubwo bahawe intama mu batishoboye.
Avuga ko nyuma y’aho baje guhabwa iyo intama
n’umushinga wafashaga abatishoboye, batangira kuyorora neza, bagashaka ubwatsi
bwo kuyiha, irakura, irabyara ibageza ku murima.
Yagize ati:”Njye n’umugabo wanjye tumaze kubana,
twamaze nk’imyaka 3 ubundi Leta ihita itangira kudufasha kubera ubuzima bubi
twari tubayemo. Nta sambu twagiraga, kubona akazi mu kw’abandi byari bigoye
kanaboneka ntibibe kabiri, gatatu. Nashoboraga no kumara icyumweru ntakoze
n’umugabo bikaba uko, ugasanga kurya kuri twe no gutekereza ahazaza bitugoye”.
Yakomeje agira ati:”Twarayiragiye, irakura, iduha
ifumbire, dushaka abo dufatanya uruterane, tukajya dutangira gusarura
ibishyimbo n’ibigori mu kw’abandi, tubikesha ifumbire twahabwaga n’iyo ntama
kuko yari yarabyaye 5. Ubwo rero nyuma nibwo twaje kwigira inama yo kuzigurisha
muri 2007 tuguramo umurima wadutwaye 300,000 Rwf gusa ubu ukaba ufite agaciro
k’arenga 2,000,000 Rwf”.
Ntawimenya Costasie avuga ko bafashe umwanzuro wo
kwivana mu bazajya bafashwa bakimara kugurisha izo ntama baguze umurima, kuko
ari nabwo batangiye guhinga mu kwabo.
Ati:”Nyuma yo kugura uwo murima twahise dufata
umwanzuro wo gusaba ko twava mubafashwa, dutangira guhinga umurima twari
twaguze. Twarahingaga twasaruramo 50,000 Rwf tukajya kuzigamo 20,000 Rwf andi
tukayakoresha mu rugo kandi twanasigaranye ibyo turya. Ntabwo twari tugikeneye
gufashwa na Leta kuko twabashaga gufasha umuryango wacu ibyo wari ukeneye”.
Yakomeje agira ati:”Nyuma y’aho ubuyobozi bwaravuze
ngo abadafite amatungo makuru, bafite ubushobozi bwo kuyorora kandi batishoboye
nibajye kwiyandikisha ku Kagari, nagiyeyo baranyandika muri 2010 baduha inka.
Byabaye nko kudutera ingabo mu bitugo kuko twasubiye kuri ya fumbire, inka
irabyara turitura ibyara indi tugura umurima twateyemo igitari ndetse dukomeza
guhinga”.
Yagaragaje ko kugeza ubu bitunze n’umuryango wabo
ndetse bakaba bafite icyerekezo cyiza bahawe n’iyo nka n’ubwo ngo yaje gupfa
izize uburwayi imyaka ibiri ikaba ishize gusa bakaba boroye ingurube baragijwe
nazo zibaha ifumbire bakoresha mu mirima yabo.
Yagize ati:”Kugeza ubu dusarura amateke bakaduhamo
100,000 Rwf, duhinga ibigori nabyo bivamo agera ku 140,000 Rwf, tugasarura
ibishyimbo ntitujya munsi y’amabakure 50 imwe yaba iri kugura 1,200 Rwf ubwo
akaba nka 60,000 Rwf hasigaye ibyo dukoresha mu rugo, ndetse n’aho twateye
ishyamba turizera ko mu gihe cya vuba haratangira kuduha amafaranga”.
Ntawimenya Costasie, usarura agera kuri 300,000 Rwf mu
gihe cy’amezi 3 nyuma y’igihe bafashe uwamwanzuro wo kwikura mu bafashwa asaba
n’abandi bakiri muri icyo cyiciro ku kivamo kuko kidindiza.
Yagize ati:”Icyiciro cya Mbere twakibayemo twibitsemo ubwoba, tuvuga ngo uwarekeraho gufashwa yapfa, ariko nyuma dufata ingamba zo gukora cyane no kuzigama duhereye kubyo twahawe na Leta. Ubu nasaba abandi bakirimo ni ugutinyuka, bafata bike bahabwa bakabibyazamo amahirwe atuma bifasha kandi bizakunda kuko natwe byarakunze”.
Yakomeje agira ati:”Tugeze mu cyiciro cya Kabiri
ntabwo twari tuziko tuzabasha kwiyishyurira ubwishingizi ariko ubu nafashe icyo
Leta yampaye ndagikomeza, niyishyurira ubwishingizi , nkarihira abana 8 ishuri
n’ubwishingizi ndetse najye n’umugabo kandi nta muntu udutanga kwishyura kuri
uyu musozi cyangwa ngo tubure ibyo kurya”.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Mushonyi
Ntihinyuka Janvier, yabwiye Imvaho Nshya bashimira abaturage bahabwa inka
bakazifata neza nk’uko Ntawimenya Costasie yabigenje n’umuryango we.
Yagize ati:”Nk’ubuyobozi dushimira abaturage bafata
neza inka bahawe muri gahunda ya Girinka kugeza tubaherekeje bakava mu cyiciro
cya Mbere cy’abafashwa nk’uko Ntawimenya Costasie n’umuryango we babigenje”.
Yakomeje agira ati:”Abari muri icyo cyiciro tubafasha kubahuza n’amahirwe yose atugeraho ashobora kubafasha kugira ngo bagire aho bagera n’imiryango yabo kandi hari abo twabonye bafashe umurongo”. Gitifu avuga ko mu mwaka washize wa 2024 na 2025 hatanzwe inka 143 zose zavuye mu zituwe n’abari bazihawe.

