Bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Karongi, barasaba kuganirizwa ku mateka y’umuganura kugira ngo bajye bitabira uwo muhango bumva neza impamvu yabyo, bagaragaza ko hari abumva ari ibya bamwe gusa.
Abaganiriye
na Imvaho Nshya, bavuze ko impamvu itera bamwe mu rubyiruko kutitabira ari uko
batazi byinshi ku muganura, impamvu bikorwa n’aho bihuriye n’ahahise cyangwa
icyo babikorera.
Uwitwa
Claude Niyomugabo w’imyaka 23 utuye mu Murenge wa Rubengera , Akagari ka Gisiza
ho muri Karongi yatangaje ko hari urubyiruko rugenzi rwe rutari rwamenya
igisobanuro cy’Umuganura bityo agasaba ko hajya hakorwa ubukangurambaga ,
urubyiruko rugasobanurirwa amateka y’umuganura kugira ngo na rwo rujye
rwisangamo.
Yagize
ati:”Iyo witegereje neza usanga urubyiruko rwinshi rutari rwasobanukirwa
n’amateka y’umuganura ndetse n’akamaro kawo, icyo mbona cyakorwa rero ni
ugukomeza kujya baha urubyiruko amakuru ajyanye n’umuganura buri wese mu gice
aherereyemo kuko hari nk’umusore w’umucuruzi wumva bitamureba agatekereza ko
bireba abahinzi.Uwo na we rero numva na we yahabwa amakuru ajyanye n’umuganura
ndetse akabwirwa ko kuri uwo munsi w’umuganura yareka ibyo arimo agasanga
abanda”.
Uwitwa
Nyiranzabandora Marie Rose, utuye mu Mudugudu wa Gatwaro , Akagari ka Kabuga
yagize ati:”Hari urubyiruko rubayeho mu buzima bwo gushakisha ku buryo nta
mwanya babona wo kumva Radiyo cyangwa kureba Televiziyo, aba nabo bakwiriye
kwegerwa bitewe n’aho birirwa bagasobanurirwa, bakerekwako umuganura ari
ubuzima ku Banyarwanda kandi bizatuma tumenya ko dukwiriye gusangira ibyo
twagezeho, tuba abavandimwe nk’uko mbere ku babyeyi bacu byari bimeze. Ubu
imbogamizi ku bakiri bato zaracyari amakuru make”.
Claudine
Nirere w’imyaka 20 y’amavuko, usanzwe ari umuhanzi akaba n’umwanditsi
w’indirimbo utuye mu Karere ka Karongi yagaragaje ko mu gihe cy’umuganura
usanga mu birori byateguwe harimo urubyiruko rw’abakorerabushake gusa ariko
abanda ugasanga bisa n’aho bitabareba cyangwa se bakaza nk’abaje kurya ibigori
gusa , ibintu afata nk’imbogamizi.
Yagize
ati:”Nkanjye iyo bavuze umuganura numva ubusabane gusa kandi ntekereza ko hari
abanda duhuje iyo myumvire. Ikindi nureba uzasanga urubyiruko rwitabira ibyo
birori ari urufitemo imirimo cyane ariko ukabona ibindi bikorwa n’abakuze gusa.
Njye numva rero icyakorwa ari ugukomeza gusobanurira urubyiruko amateka
y’umuganura n’akamaro kawo”.
Umuyobozi
w’Akarere ka Karongi Muzungu Gerald , yabwiye Imvaho Nshya ko muri ako Karere
hari ikiri gukorwa kugira ngo urubyiruko rwose rusobanurirwe amateka hibandwa
k’Umuganura ndetse n’izindi gahunda ziganisha ku mateka y’u Rwanda.
Yagize ati:”Ubu
dufite gahunda y’Itorero ryo mu Mudugudu dukora, Itorero ku mashuri ndetse hari
n’Itorero ry’abana barangije umwaka wa 6 w’amashuri yisumbuye. Mu byo twigisha
cyane muri iryo torero harimo umuco n’amateka n’indangagaciro cyane cyane
umuganura”.
Yakomeje
agira ati:”Dufite gahunda y’uko mu cyumweru gitaha , tuzatangira guhiga imihigo
ku rwego rw’umuryango tugahiga ibyo tuzakora , tuzajya ku Kagari , Umurenge no
ku Karere aho rero niho dushaka ko ababyeyi badufasha no gusobanurira abana
babo urugendo rw’umuganura kugira ngo tuzasoze umwaka utaha buri muryango ufite
ibyo umurika wagezeho tukaba twizeye ko bizafasha n’abo bato batari bazi
amateka y’umuganura”.
Mu Karere ka
Karongi, hizihijwe umuganura kimwe na handi mu Gihugu , aho Ibirori byabereye
mu Murenge wa Rugabano ho mu Karere ka Karongi ahari hateraniye abaturage ,
abayobozi mu nzego zitandukanye , ingabo na Polisi bishimira ibyagezweho ndetse
banasangira umuganura.
